African Union (AU) yifatanyije n’Isi yose mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ishimangira ko igiye gushyira imbaraga mu kurwanya imvugo z’urwango zikomeje kwiyongera, hagamijwe gukumira ko ibyabaye mu Rwanda byazongera kuba ahandi.
Abayobozi batandukanye, abahagarariye ibihugu byabo ndetse n’abarokotse Jenoside bahuriye ku cyicaro gikuru cya AU i Addis Ababa mu Ethiopia, mu muhango wo kunamira Abatutsi barenga miliyoni bishwe muri Jenoside. Ibi bikorwa byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026.
Uyu muhango waranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo urugendo rwo kwibuka, gucana urumuri rw’icyizere ndetse no kumurika urwibutso rukoreshwa ikoranabuhanga rugamije guteza imbere kubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Komiseri wa AU ushinzwe Politiki, Amahoro n’Umutekano, Bankole Adeoye, yavuze ko uyu munsi wibutsa Abanyafurika bose ko bafite inshingano rusange yo kurinda ko amateka nk’aya mabi atazasubira.
Yagize ati: “Uyu munsi twifatanyije na Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda mu guha icyubahiro abarenga miliyoni bishwe. Duhagaze hamwe mu butumwa bumwe bugira buti ‘Ntibizongere ukundi’.”
Intumwa ya AU ishinzwe kurwanya Jenoside, Adama Dieng, yasabye ko hakomeza gushyirwa imbaraga mu kwimakaza ubutabera no gukomeza inshingano zo gukumira Jenoside.
Ati: “Dukwiye gushimangira ubushake bwo guharanira ubutabera no kongera imbaraga mu nshingano dusangiye kugira ngo twirinde ko ubu bwicanyi ndengakamere bwazasubira.”
Intumwa yihariye ya Loni muri AU, Parfait Onanga Anyanga, yashimye ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu gusigasira amateka no kwibuka, agaragaza ko ari uburyo bufasha mu kurwanya Jenoside.
Perezida wa Komisiyo ya AU, Mahmoud Ali Youssouf, yavuze ko kwibuka atari uguheranwa n’agahinda gusa, ahubwo ari umwanya wo gushimangira ukuri, kubazwa inshingano no gukomeza kuba maso.
Yagize ati: “Turibuka abarenga miliyoni bishwe bazize urwango no kutagira icyo abantu bakora. Kwibuka ni no kongera imbaraga mu guharanira ukuri no gukumira ibishobora guteza ibyago nk’ibyabaye.”
Yongeyeho ko Afurika igomba gukaza ingamba zo kurwanya imvugo z’urwango n’amacakubiri bikomeje gufata indi ntera, hagamijwe guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge mu bihugu byayo.



