Umunsi.com
AU yibutse abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yiyemeza kurwanya imvugo z’urwango
Rwanda

AU yibutse abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yiyemeza kurwanya imvugo z’urwango

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 710 min gusoma
AU yibutse abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yiyemeza kurwanya imvugo z’urwango

African Union (AU) yifatanyije n’Isi yose mu kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ishimangira ko igiye gushyira imbaraga mu kurwanya imvugo z’urwango zikomeje kwiyongera, hagamijwe gukumira ko ibyabaye mu Rwanda byazongera kuba ahandi.

Abayobozi batandukanye, abahagarariye ibihugu byabo ndetse n’abarokotse Jenoside bahuriye ku cyicaro gikuru cya AU i Addis Ababa mu Ethiopia, mu muhango wo kunamira Abatutsi barenga miliyoni bishwe muri Jenoside. Ibi bikorwa byabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mata 2026.

Uyu muhango waranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo urugendo rwo kwibuka, gucana urumuri rw’icyizere ndetse no kumurika urwibutso rukoreshwa ikoranabuhanga rugamije guteza imbere kubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Komiseri wa AU ushinzwe Politiki, Amahoro n’Umutekano, Bankole Adeoye, yavuze ko uyu munsi wibutsa Abanyafurika bose ko bafite inshingano rusange yo kurinda ko amateka nk’aya mabi atazasubira.

Yagize ati: “Uyu munsi twifatanyije na Guverinoma n’abaturage b’u Rwanda mu guha icyubahiro abarenga miliyoni bishwe. Duhagaze hamwe mu butumwa bumwe bugira buti ‘Ntibizongere ukundi’.”

Intumwa ya AU ishinzwe kurwanya Jenoside, Adama Dieng, yasabye ko hakomeza gushyirwa imbaraga mu kwimakaza ubutabera no gukomeza inshingano zo gukumira Jenoside.

Ati: “Dukwiye gushimangira ubushake bwo guharanira ubutabera no kongera imbaraga mu nshingano dusangiye kugira ngo twirinde ko ubu bwicanyi ndengakamere bwazasubira.”

Intumwa yihariye ya Loni muri AU, Parfait Onanga Anyanga, yashimye ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu gusigasira amateka no kwibuka, agaragaza ko ari uburyo bufasha mu kurwanya Jenoside.

Perezida wa Komisiyo ya AU, Mahmoud Ali Youssouf, yavuze ko kwibuka atari uguheranwa n’agahinda gusa, ahubwo ari umwanya wo gushimangira ukuri, kubazwa inshingano no gukomeza kuba maso.

Yagize ati: “Turibuka abarenga miliyoni bishwe bazize urwango no kutagira icyo abantu bakora. Kwibuka ni no kongera imbaraga mu guharanira ukuri no gukumira ibishobora guteza ibyago nk’ibyabaye.”

Yongeyeho ko Afurika igomba gukaza ingamba zo kurwanya imvugo z’urwango n’amacakubiri bikomeje gufata indi ntera, hagamijwe guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge mu bihugu byayo.

abitabiriye_urugendo_rwo_kwibuka_jenoside_yakorewe_abatutsi_mu_1994_i_addis_ababa-df206.jpg

au_yibutse_ku_nshuro_ya_32_jenoside_yakorewe_abatutsi_mu_rwanda_muri_mata_1994-b0637.jpg

umuyobozi_wa_au_mahmoud_ali_youssouf_yibutse_abatutsi_bishwe_mu_cyubahiro-d1922.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira
Imyidagaduro

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira

Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , 50 Cent, yatangaje byinshi ku gushyingiranwa , gutandukana no gutangira bundi bushya mu gihe ababanaga batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 20 yashize
APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026
Imikino

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona nyuma yo Gutsinda Patriots BBC imikino ine kubusa (4-0). Bikaba bibaye inshuro ya kabiri yegukana igikombe yikurikiranya kuko numwaka ushyize niyo yari3yagitwaye.

ADAM Yannickamasaha 21 yashize
Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize