Umuturage wo mu Karere ka Karongi, yashimiye
Leta y'u Rwanda yamufashije ikamukura mu bwigunge, ikamuha inka na VUP
bimufasha kubaho neza no kugira icyizere cy'ubuzima.
Mukankundiye Jeannette, ni umuturage utuye mu
Murenge wa Rubengera, Akagari ka Kibirizi , Umudugudu wa Kamusanganya. Avuga ko
ubufasha yahawe na Leta bwamukuye mu bwigunge akongera kugira icyizere
cy'ubuzima kuri ubu akaba afite amashimwe.
Yagaragaje ko yamaze imyaka myinshi arara
hanze nta nzu agira ndetse atabona n'umuba hafi ngo amuhe ibyo kurya aho yari
ameze nk'usabiriza ariko akaza kugobokwa akubakirwa inzu ndetse agahabwa
n'inka.
Yagize ati:"Mbere y'uko nubakirwa iyi nzu
nari ngiye gupfa. Nagobotswe n'Imana n'Igihugu kuko hari n'ubwo naburaraga,
nkarara aho mbonye ku muhanda.Nageze aha mbere yo mu 1994 inzu yari ihari ni
nayo nabagamo, yari imeze nk'ikiraro narabuze ubushobozi buyubaka".
Yakomeje agira ati:"Imvura yaragwaga
nkanyagirwa, nkafata ibintu byose nkabishyira mu inguni imwe ubundi
ikanyagirira aho mpaka ihise. Nta kintu nari nshoboye gukora , nta murongo
mfite unyitaho. Muri make nari mbayeho mu buzima bubi".
Avuga ko hari gushyira hafi umwaka n'igice
inzu ye yubatswe ku bufasha bw'umuganda w'abaturage n'inkunga ya Leta.
Ati:"Hari gushira igihe kingana n'umwaka
n'igice yubatswe kuko n'akari gasigaye kari karasenywe n'ibiza byo muri
2023. Ubu mbayeho neza, ntabwo imvura igwa ngo inyagirane n'ibyanjye. Kugeza
aho iyi nzu igeze ubu ndashima. Leta yacu yarakoze cyane".
Mukankundiye Jeannette avuga ko uretse
kubakirwa inzu aherutse no guhabwa inka muri Gahunda ya Leta ya Girinka
Munyarwanda aho ayitezeho kumuha amata azajya agurisha andi akayanywa ndetse
akaba azakora n'ubuhinzi bwo giteranya (uruterane) kugeza aguze ahe.
Ati:"Muri uyu mwaka bampaye inka nziza
muri gahunda ya Girinka nayo nyitezeho amata n'ifumbire ndetse ndatekereza ko
izamfasha kugura umurima wanjye binyuze no mu ifumbire. Nzabihuza inteze
imbere
