Karongi: Arashimira Leta yamwubakiye ikamuha inka na VUP byamuhaye mukuye mu bwigunge
Rwanda

Karongi: Arashimira Leta yamwubakiye ikamuha inka na VUP byamuhaye mukuye mu bwigunge

Admin User2026 Mata 50 byayeho3 min gusoma
Karongi: Arashimira Leta yamwubakiye ikamuha inka na VUP byamuhaye mukuye mu bwigunge

Umuturage wo mu Karere ka Karongi, yashimiye Leta y'u Rwanda yamufashije ikamukura mu bwigunge, ikamuha inka na VUP bimufasha kubaho neza no kugira icyizere cy'ubuzima.

 

Mukankundiye Jeannette, ni umuturage utuye mu Murenge wa Rubengera, Akagari ka Kibirizi , Umudugudu wa Kamusanganya. Avuga ko ubufasha yahawe na Leta bwamukuye mu bwigunge akongera kugira icyizere cy'ubuzima kuri ubu akaba afite amashimwe.

 

Yagaragaje ko yamaze imyaka myinshi arara hanze nta nzu agira ndetse atabona n'umuba hafi ngo amuhe ibyo kurya aho yari ameze nk'usabiriza ariko akaza kugobokwa akubakirwa inzu ndetse agahabwa n'inka.

 

Yagize ati:"Mbere y'uko nubakirwa iyi nzu nari ngiye gupfa. Nagobotswe n'Imana n'Igihugu kuko hari n'ubwo naburaraga, nkarara aho mbonye ku muhanda.Nageze aha mbere yo mu 1994 inzu yari ihari ni nayo nabagamo, yari imeze nk'ikiraro narabuze ubushobozi buyubaka".

 

Yakomeje agira ati:"Imvura yaragwaga nkanyagirwa, nkafata ibintu byose nkabishyira mu inguni imwe ubundi ikanyagirira aho mpaka ihise. Nta kintu nari nshoboye gukora , nta murongo mfite unyitaho. Muri make nari mbayeho mu buzima bubi".

 

Avuga ko hari gushyira hafi umwaka n'igice inzu ye yubatswe ku bufasha bw'umuganda w'abaturage n'inkunga ya Leta.

 

Ati:"Hari gushira igihe kingana n'umwaka n'igice yubatswe  kuko n'akari gasigaye kari karasenywe n'ibiza byo muri 2023. Ubu mbayeho neza, ntabwo imvura igwa ngo inyagirane n'ibyanjye. Kugeza aho iyi nzu igeze ubu ndashima. Leta yacu yarakoze cyane".

 

Mukankundiye Jeannette avuga ko uretse kubakirwa inzu aherutse no guhabwa inka muri Gahunda ya Leta ya Girinka Munyarwanda aho ayitezeho kumuha amata azajya agurisha andi akayanywa ndetse akaba azakora n'ubuhinzi bwo giteranya (uruterane) kugeza aguze ahe.

 

Ati:"Muri uyu mwaka bampaye inka nziza muri gahunda ya Girinka nayo nyitezeho amata n'ifumbire ndetse ndatekereza ko izamfasha kugura umurima wanjye binyuze no mu ifumbire. Nzabihuza inteze imbere 

 

 

Inkuru zerekeye