Umunsi.com
Karongi: Arashimira Leta yamwubakiye ikamuha inka na VUP byamuhaye mukuye mu bwigunge
Rwanda

Karongi: Arashimira Leta yamwubakiye ikamuha inka na VUP byamuhaye mukuye mu bwigunge

Admin User2026 Mata 53 min gusoma
Karongi: Arashimira Leta yamwubakiye ikamuha inka na VUP byamuhaye mukuye mu bwigunge

Umuturage wo mu Karere ka Karongi, yashimiye Leta y'u Rwanda yamufashije ikamukura mu bwigunge, ikamuha inka na VUP bimufasha kubaho neza no kugira icyizere cy'ubuzima.

Umuturage wo mu Karere ka Karongi, yashimiye Leta y'u Rwanda yamufashije ikamukura mu bwigunge, ikamuha inka na VUP bimufasha kubaho neza no kugira icyizere cy'ubuzima.

 

Mukankundiye Jeannette, ni umuturage utuye mu Murenge wa Rubengera, Akagari ka Kibirizi , Umudugudu wa Kamusanganya. Avuga ko ubufasha yahawe na Leta bwamukuye mu bwigunge akongera kugira icyizere cy'ubuzima kuri ubu akaba afite amashimwe.

 

Yagaragaje ko yamaze imyaka myinshi arara hanze nta nzu agira ndetse atabona n'umuba hafi ngo amuhe ibyo kurya aho yari ameze nk'usabiriza ariko akaza kugobokwa akubakirwa inzu ndetse agahabwa n'inka.

 

Yagize ati:"Mbere y'uko nubakirwa iyi nzu nari ngiye gupfa. Nagobotswe n'Imana n'Igihugu kuko hari n'ubwo naburaraga, nkarara aho mbonye ku muhanda.Nageze aha mbere yo mu 1994 inzu yari ihari ni nayo nabagamo, yari imeze nk'ikiraro narabuze ubushobozi buyubaka".

 

Yakomeje agira ati:"Imvura yaragwaga nkanyagirwa, nkafata ibintu byose nkabishyira mu inguni imwe ubundi ikanyagirira aho mpaka ihise. Nta kintu nari nshoboye gukora , nta murongo mfite unyitaho. Muri make nari mbayeho mu buzima bubi".

 

Avuga ko hari gushyira hafi umwaka n'igice inzu ye yubatswe ku bufasha bw'umuganda w'abaturage n'inkunga ya Leta.

 

Ati:"Hari gushira igihe kingana n'umwaka n'igice yubatswe  kuko n'akari gasigaye kari karasenywe n'ibiza byo muri 2023. Ubu mbayeho neza, ntabwo imvura igwa ngo inyagirane n'ibyanjye. Kugeza aho iyi nzu igeze ubu ndashima. Leta yacu yarakoze cyane".

 

Mukankundiye Jeannette avuga ko uretse kubakirwa inzu aherutse no guhabwa inka muri Gahunda ya Leta ya Girinka Munyarwanda aho ayitezeho kumuha amata azajya agurisha andi akayanywa ndetse akaba azakora n'ubuhinzi bwo giteranya (uruterane) kugeza aguze ahe.

 

Ati:"Muri uyu mwaka bampaye inka nziza muri gahunda ya Girinka nayo nyitezeho amata n'ifumbire ndetse ndatekereza ko izamfasha kugura umurima wanjye binyuze no mu ifumbire. Nzabihuza inteze imbere 

 

 

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira
Imyidagaduro

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira

Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , 50 Cent, yatangaje byinshi ku gushyingiranwa , gutandukana no gutangira bundi bushya mu gihe ababanaga batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 20 yashize
APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026
Imikino

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona nyuma yo Gutsinda Patriots BBC imikino ine kubusa (4-0). Bikaba bibaye inshuro ya kabiri yegukana igikombe yikurikiranya kuko numwaka ushyize niyo yari3yagitwaye.

ADAM Yannickamasaha 21 yashize
Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize