
Kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Nyakanga 2026, mu Karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru y’u Rwanda, hafashwe umwarimu ukekwaho ubufatanyacyaha mu bujura bw’amatungo magufi arimo ihene n’intama. Uyu mugabo yemera ko yaguraga ayo matungo, mu gihe Polisi y’u Rwanda yasabye abaturage kwirinda ibyaha no gutanga amakuru ku gihe.
Uwafashwe ari mu kigero cy’imyaka 35 y’amavuko, akaba atuye mu Mudugudu wa Karambi, Akagari ka Buheta, Umurenge wa Gakenke. Asanzwe ari umwarimu mu Rwunge rw’Amashuri rwa GS Kamubuga.
Yatawe muri yombi ku bufatanye bw’ubuyobozi bw’Umurenge, Akagari, DASSO n’irondo, nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage avuga ko akorana n’abajura biba amatungo magufi, akabagirwa iwe hanyuma bagatwara inyama. Banavugaga kandi ko iwe hari amatungo yari ategereje kubagwa.
Ubuyobozi bwihutiye kugera iwe busangayo ihene eshatu n’intama eshatu zikingiranye mu gikoni.
Abajijwe uko ayo matungo yahageze, Uwazigira yemeye ko yayaguraga ku bajura babimuzaniraga.
Aya makuru yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Ignace Ngirabakunzi, wavuze ko iki gikorwa cyagezweho ku bufatanye n’abaturage.
Yagize ati: “Ni byo koko, yafatanwe ihene eshatu n’intama eshatu zafatiwe mu gikoni kidafite ikimenyetso na kimwe cyerekana ko ari ikiraro.
Ku bufatanye n’abaturage yafashwe, ndetse ayo matungo ashyikirizwa ba nyirayo bari barayibwe. ”
CIP Ngirabakunzi yakomeje asaba abaturage kwirinda ibyaha no kwirinda kurya inyama batazi aho zakomotse, kuko zishobora kubanduza indwara.
Yagize ati: “Abantu birinde ibyaha kandi batange amakuru kugira ngo abakora ibikorwa by’ubujura bafatwe.
Ikindi, muri ibi bihe hari indwara y’amatungo yugarije, abaturage baributswa kwirinda kurya inyama zitazwi inkomoko kugira ngo batandura ubwo burwayi. ”
Yanibukije abaturage ko kuzerereza no gushorera amatungo batabifitiye uburenganzira bitemewe, abasaba kujya bagira amakenga igihe babonye bikorwa kuko hari ubwo ayo matungo aba yibwe.
Uwafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gakenke, aho akurikiranwe ku cyaha akekwaho, mu gihe iperereza rikomeje no kugira ngo hamenyekane abo bafatanyaga muri ubu bujura bw’amatungo.
