Rubavu: Icyo abaturage biteze ku modoka z'amashanyarazi
Rwanda

Rubavu: Icyo abaturage biteze ku modoka z'amashanyarazi

Mu gihe mu Karere ka Rubavu hamuritswe imodoka zikoresha amashanyarazi, abaturage bagaragaza ko hari icyo bazitezeho by'umwihariko mu kwihutisha ing...

Admin User2026 Mata 50 byayeho4 min gusoma
Rubavu: Icyo abaturage biteze ku modoka z'amashanyarazi

Mu gihe mu Karere ka Rubavu hamuritswe imodoka zikoresha amashanyarazi, abaturage bagaragaza ko hari icyo bazitezeho by'umwihariko mu kwihutisha ingendo no kurinda ikirere by’umwihariko.

 

Bamwe mu baturage baganiriye na Imvaho Nshya ubwo hamurikwaga izi modoka, bavuga ko ugereranyije n’izisanzwe zikoreshwa hari itandukaniro ndetse ko biteguye kugendana n’izo mpinduka bashimira na Leta yatekereje ku kurinda ikirere hagatangizwa gahunda yo gukoresha imodoka z’amashanyarazi.

 

Rulindangabo Leonidas yagize ati:” Izi modoka zikoresha amashanyarazi dusanzwe tuzumva mu Mujyi wa Kigali ariko ntabwo zari ziragera mu byerekezo by’i Rubavu. Ubu rero twishimiye ko naha zahageze kuko zirinda ikirere ibyuka bigihumanya, ntabwo zigenda zisakuza nk’izisanzwe ndetse mu byo twumvise ni uko zizoroshya ingendo kuri twe abagenzi”.

 

Nyirangarambe Ruth, we asanga izo modoka zizafasha cyane mu bukerarugendo ndetse zigafasha n’abagenzi kugenda batekanye bitewe n’uko ziteye. Ati:”Izi modoka zisa neza , ni imodoka zifite intebe zitandukanye n’izisanzwe ndetse niba mwarebye neza imbere harimo ; aho gushyira imizigo, aho gushariza telefoni mu gihe umuriro washize n’ibindi. Turasimira Leta yacu yatekereje kuri iki kintu kuko burya niyo abakerarugendo baje, bakagenda mu mudoka nziza nk’izi , biba buteye ishema”.

 

Umuyobozi w'Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper, yavuze ko imodoka zikoresha amashanyarazi zatangiye gukoreshwa mu Karere zigiye gutuma abaturage babona imirimo, zigateze imbere ubukerarugendo ndetse n'abagenzi bakoroherwe n’ingendo.

 

Yagize ati:” Izi modoka zigiye kuzana impinduka haba mu bazigendamo ndetse n’abagenda n’amaguru kuko batazakomeza guhumeka imyuka iterwa na Mazutu na Essence. Ikindi zigiye gufasha mu bukerarugendo, kuko Umujyi wacu wakira ba Mukerarugendo benshi kuba rero tubonye imodoka nziza zigezweho bizatuma ubukerarugendo bwacu buzamuka”.

 

Beata Mukangabo Umuyobozi Ushinzwe Ibikorwa by’Ubwikorezi muri RURA na we yashimangiye ko imodoka zikoresha amashanyarazi zagejejwe muri Rubavu ari ingenzi cyane kuko zizafasha mu kubungabunga ikirere ndetse zigateza imbere n’ubukerarugendo.

 

Yagize ati:”Izi modoka zikoresha amashanyarazi ni ingenzi cyane kuko zigiye gukomeza gufasha mu ihindagurika ry’Ikirere kubera ko zigabanya imyotsi yangizaga abantu n’ikirere. Izi modoka kandi zije gufasha mu korohereza abaganzi no koroshya ingendo kuko ni imodoka nziza zifite ibyicaro byiza kubazazigendamo ndetse zizateza n’imbere ubukerarugendo”.

 

Doreen Orishaba Umuyobozi Mukuru wa BasiGo yavuze ko ku ikubitiro bazanye mu Karere ka Rubavu imodoka 5 zizajya zigenda mu byerekezo bitandukanye birimo , Rubavu, Huye, Nyagatare , Rusumo zigasubira i Kigali.

Ni imodoka zifite ibyicaro 42 zikaba zifite ubushobozi bwo kugenda Ibirometero 350 zitari zongera gusharizwa.

Inkuru zerekeye