Umuganura wo ha mbere mu mboni y'abaturage
Siporo

Umuganura wo ha mbere mu mboni y'abaturage

Admin User2026 Mata 54 min gusoma
Umuganura wo ha mbere mu mboni y'abaturage

Bamwe mu baturage bavuga ko umuganura wakorwaga mbere abaturanyi basangiraga ibyo bejeje byabaga byiganjemo umusaruro w’ibikomoka ku masaka n’uburo bikabahuza kandi bakajya bahora babikora.

 

Abaganiriye na Imvaho Nshya bavuye imuzi amwe mu metaka y'umuganura mu mateka n’uburyo babonaga uko byakorwaga aha mbere, bagaragaza ko Umuganura wari umuco w’Abanyarwanda watumaga basabana bakamenyana ndetse bagasangira ibyo bejeje inzu ku yindi.

 

Uwitwa Mukandanga Venancie w’imyaka 70 , umutuye mu Kagari ka Gisiza, Umudugudu wa Gitwa , Umurenge wa Rugano yagize ati:”Njye natangiye kumva umuganura mfite imyaka 8. Muri icyo gihe umuganura kwari ukuvuga ngo ‘wahinze amasaka none yareze neza’ yamara kwera ukagaragariza abandi ko wejeje, ubatumira mugasangira. Ugategura icyo kunywa , ugateka ibishyimbo , ukagerekeho imyumbati cyangwa amateke , bitewe n’ibindi kintu wahinze, ugasuka ku nkoko n’abana bakarya”.

 

Yakomeje agira ati:”Byari byiza kuko kwari ugusabana, abaturanyi bakizihirwa maze ubibonye akavuga ngo kwa runaka barahinze bareza niyo mpamvu yaganuje abantu”. Mukandanga kandi yavuze ko uwaganuzaga yaheraga ku muryango yashatsemo no ku babyeyi be akabanza kubaganuza ubundi akabona guha abandi umuganura.

 

Uwitwa Nyiranshuti Daphrose w’imyaka 74 utuye mu Mudugudu wa Muciro , Akagari ka Gisiza, Umurenge wa Rugabano we yavuze ko yabyirutse batanga umuganura. Ati:”Ku munsi w’umuganura, barashigishaga bagasangira yafata ijambo akababwira ko yahinze akeza. Mbere y’aho rero umuntu agahamagaraga abaturanyi be, bakajya mu murima we w’amasaka bakajya kuyatunda ku musozi , ubwo bamara kuyasarura hanyuma, agahura akinika”.

 

Yakomeje agira ati:” Wari umuco mwiza cyane kuko nk’iyo ba baga banyoye kwa runaka none, undi na we yarababwira ati ‘ nanjye ejo muzaze’. Nk’ubu mu mpeshyi nta kintu bakoraga , kwabaga ari ukuganura gusa, uwahinze akeza agasangiza abaturanyi be, bakarya amateka n’ibijumba n’ibindi , bagasuka ku nkoko bagasangirira hamwe”.


Uwitwa Kanyabubu Francois w’imyaka 78,  utuye mu Murenge wa Rugabano, Akagari ka Rugabano , Umudugudu wa Kamina aganira na Imvaho Nshya yagize ati:”Nkiri muto iwacu twarezaga tugatumira abaturanyi tugasangira Data yafata ijambo akavuga ko yahinze akeza akaba ari yo mpamvu yifatanyije na  bo”.


Aba baturage basanga umuganura ari umuco mwiza wanze gucika ukiriho kugeza ubu ibintu bavuga ko bishimishije. Amasaka nka kimwe mu byifashishwa mu muganura  kuva kera kugeza ubu ni igihingwa kimaze imyaka irenga 1,000.


Inzira y’umuganura ni imwe muri 18 zari zigize inzira z’ubwiru mu Rwanda mu gihe cy’ingoma ya cyami. umunsi w’Umuganura wari umunsi mukuru ngarukamwaka wubahwaga kandi ugahabwa agaciro ibwami no mu muryango w’Abanyarwanda.[2] Umuganura watangiye kwizihizwa mu Rwanda ku ngoma ya Gihanga Ngomijana mu kinyejana cya kenda, hanyuma uza kongera guhabwa imbaraga na Ruganzu II Ndoli hagati y’imyaka ya 1510-1543 ubwo yabohoraga u Rwanda nyuma y’imyaka irenga cumi n’itanu ruri mu maboko.


Ubusanzwe umuganura ni umuhango wizihizwa buri Kwezi kwa Kanama, aho Abanyarwanda baba bizihiza ibyo bagezeho mu buhinzi , ubworozi n’ibindi. Kuri uyu wa 01 uwo muhango ku rwego rw’Igihugu uwo muhango wabereye mu Karere ka Musanze.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize