Bamwe mu baturage
bavuga ko umuganura wakorwaga mbere abaturanyi basangiraga ibyo bejeje byabaga
byiganjemo umusaruro w’ibikomoka ku masaka n’uburo bikabahuza kandi bakajya
bahora babikora.
Abaganiriye na Imvaho
Nshya bavuye imuzi amwe mu metaka y'umuganura mu mateka n’uburyo babonaga uko
byakorwaga aha mbere, bagaragaza ko Umuganura wari umuco w’Abanyarwanda
watumaga basabana bakamenyana ndetse bagasangira ibyo bejeje inzu ku yindi.
Uwitwa Mukandanga
Venancie w’imyaka 70 , umutuye mu Kagari ka Gisiza, Umudugudu wa Gitwa ,
Umurenge wa Rugano yagize ati:”Njye natangiye kumva umuganura mfite imyaka 8.
Muri icyo gihe umuganura kwari ukuvuga ngo ‘wahinze amasaka none yareze neza’
yamara kwera ukagaragariza abandi ko wejeje, ubatumira mugasangira. Ugategura
icyo kunywa , ugateka ibishyimbo , ukagerekeho imyumbati cyangwa amateke ,
bitewe n’ibindi kintu wahinze, ugasuka ku nkoko n’abana bakarya”.
Yakomeje agira
ati:”Byari byiza kuko kwari ugusabana, abaturanyi bakizihirwa maze ubibonye
akavuga ngo kwa runaka barahinze bareza niyo mpamvu yaganuje abantu”.
Mukandanga kandi yavuze ko uwaganuzaga yaheraga ku muryango yashatsemo no ku
babyeyi be akabanza kubaganuza ubundi akabona guha abandi umuganura.
Uwitwa Nyiranshuti
Daphrose w’imyaka 74 utuye mu Mudugudu wa Muciro , Akagari ka Gisiza, Umurenge
wa Rugabano we yavuze ko yabyirutse batanga umuganura. Ati:”Ku munsi
w’umuganura, barashigishaga bagasangira yafata ijambo akababwira ko yahinze
akeza. Mbere y’aho rero umuntu agahamagaraga abaturanyi be, bakajya mu murima
we w’amasaka bakajya kuyatunda ku musozi , ubwo bamara kuyasarura hanyuma,
agahura akinika”.
Yakomeje agira ati:” Wari umuco mwiza cyane
kuko nk’iyo ba baga banyoye kwa runaka none, undi na we yarababwira ati ‘
nanjye ejo muzaze’. Nk’ubu mu mpeshyi nta kintu bakoraga , kwabaga ari
ukuganura gusa, uwahinze akeza agasangiza abaturanyi be, bakarya amateka
n’ibijumba n’ibindi , bagasuka ku nkoko bagasangirira hamwe”.
Uwitwa Kanyabubu Francois w’imyaka 78, utuye mu Murenge wa Rugabano, Akagari ka
Rugabano , Umudugudu wa Kamina aganira na Imvaho Nshya yagize ati:”Nkiri muto
iwacu twarezaga tugatumira abaturanyi tugasangira Data yafata ijambo akavuga ko
yahinze akeza akaba ari yo mpamvu yifatanyije na bo”.
Aba baturage basanga umuganura ari umuco mwiza
wanze gucika ukiriho kugeza ubu ibintu bavuga ko bishimishije. Amasaka nka
kimwe mu byifashishwa mu muganura kuva
kera kugeza ubu ni igihingwa kimaze imyaka irenga 1,000.
Inzira y’umuganura ni imwe muri 18 zari zigize
inzira z’ubwiru mu Rwanda mu gihe cy’ingoma ya cyami. umunsi w’Umuganura wari umunsi mukuru
ngarukamwaka wubahwaga kandi ugahabwa agaciro ibwami no mu muryango
w’Abanyarwanda.[2] Umuganura watangiye kwizihizwa mu Rwanda ku ngoma ya Gihanga
Ngomijana mu kinyejana cya kenda, hanyuma uza kongera guhabwa imbaraga na
Ruganzu II Ndoli hagati y’imyaka ya 1510-1543 ubwo yabohoraga u Rwanda nyuma
y’imyaka irenga cumi n’itanu ruri mu maboko.
Ubusanzwe umuganura ni umuhango wizihizwa buri
Kwezi kwa Kanama, aho Abanyarwanda baba bizihiza ibyo bagezeho mu buhinzi ,
ubworozi n’ibindi. Kuri uyu wa 01 uwo muhango ku rwego rw’Igihugu uwo muhango
wabereye mu Karere ka Musanze.
