Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf
Iyobokamana

Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 153 min gusoma
Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf

Umunyamideli akaba n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, Zari The Boss Lady, yatangaje ko aherutse gukoresha $10.000 (asaga miliyoni 14 Frw) mu kwibagisha isura ye kugira ngo isubirane itoto, ahamya ko abifata nk’ishoramari mu mwuga we kuko acuruza uko agaragara.

Mu kiganiro na BigEyeUG, Zari yavuze ati: “Yego ni ishoramari, nakoresheje ‘temporal lift’. Ntabwo ari ukwibagisha bizwi nka ‘face lift’, babishakishe kuri Google. Amafaranga yo agenda ari menshi, birahenda cyane. Si icyaha, ni byiza cyane ko abantu bagaragara neza.”

Mu kubaga ibice byo mu maso hagamijwe kugabanya ibimenyetso byo gusaza, *temporal lift* na *full facelift* biratandukanye bitewe n’agace kabagwa n’uburyo impinduka zigaragara mu maso.

Temporal lift (kubaga igice cyo ku mpande z’amaso hafi y’amatwi no hejuru y’uruhanga) ahanini igamije kuzamura igice cyo hejuru cy’isura, cyane cyane kugabanya ukumanuka k’uruhu rwo ku nkengero z’amaso no gutuma amaso asa n’azamutse neza.

Ni uburyo bwibanda ku gice gito kandi busanzwe bugira igihe gito cyo gukira.

Full facelift yo ni ukubaga igice kinini cy’isura, bikorwa hazamurwa ndetse hagatunganywa uruhu n’imitsi yo ku matama, urwasaya (jawline) no ku ijosi, bigamije kugabanya iminkanyari, uruhu rwamanutse n’ibimenyetso byinshi byo gusaza ku maso hose.

Uyu mubyeyi w’abana batanu yanashishikarije abagore bafite ubushobozi bwo kwibagisha bakongera ubwiza kutazuyaza kubikora niba bibafasha kwigirira icyizere. Ashimangira ko nta soni bikwiye gutera.

Zari azwi cyane nk’umwe mu bategura ibirori by’imyidagaduro. Yamenyekanye cyane ubwo yakundanaga n’umuhanzi w’icyamamare Diamond Platnumz, banashyingiranywe nyuma bakaza kubyarana abana babiri mbere yo gutandukana.

Mu minsi ishize Zari yanavuzweho ko yaba yaribagishije ikibuno, ibizwi nka Brazilian Butt Lift (BBL), gusa ibyo yarabihakanye.



Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'
Imyidagaduro

‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'

Itsinda rya The Same na  Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize