
Nyuma y'imyaka itatu, Diamond Platnumz yongeye guha ibyishimo Abanyarwanda mu gitaramo cyabereye mu Mugi wa Kigali.Ni igitaramo Simba yahuriyemo na Bruce Melodie , Nel Ngabo na Ish Kevin.
Diamond Platnumz yakoreye iki gitaramo muri Parking ya Bk Arena kuri wa 29 Kanama 2026, mu masaha y'ijoro. Diamond Platnumz Experience, cyitabiriwe cyane n'urubyiruko aho yabataramiye mu gihe kirenga isaha yose gusa akavuga ko afite ubushobozi bwo kuririmba kugeza mu gitondo.
Diamond Platnumz yageze ku rubyiniro Saa 00:45 , arusimbuyeho Bruce Melodie, Nel Ngabo, Ish Kevin, Dj Marnaud na Dj Etania wo muri Uganda. Igitaramo cyarangiye kitarangiye dore ko Diamond Platnumz yazimirijweho ibyuma Saa 2:02 nyamara ngo yagombaga kuva ku rubyiniro Saa 1:45'.
Diamond Platnumz yaririmbye indirimbo 'Why' yafatanyije na The Ben gusa ntibayiririmbana kubera ko amakuru avuga ko The Ben ashobora kuba ari muri Uganda.












