Umunsi.com
‎Barifuza gusimbura Urban Boyz ! Byinshi ku itsinda rya URBAN Star ryashyize hanze indirimbo nshya - VIDEO
INKURU NYAMUKURU

‎Barifuza gusimbura Urban Boyz ! Byinshi ku itsinda rya URBAN Star ryashyize hanze indirimbo nshya - VIDEO

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 286 min gusoma
‎Barifuza gusimbura Urban Boyz ! Byinshi ku itsinda rya URBAN Star ryashyize hanze indirimbo nshya - VIDEO

‎Mu gihe umuziki w'u Rwanda ugenda utera imbere umunsi ku munsi, bamwe mu bahanzi baririmba ku giti cyabo , bagenda bafata ingamba nshya ndetse n'amatsinda agafata ingamba nshya. Ni muri ubwo buryo, Uran Star nabo bakomeje indoto zo kwibagize abantu Urban Boyz no gukora ibidasanzwe muri muzika Nyarwanda.

‎Urban Star itsinda rikorera umuziki mu Rwanda rivuga ko kubera uburyo bawukora bawukunze bifuza ko indirimbo zabo n'ubutumwa baririmba byagera ku Banyarwanda bose muri rusange ngo na cyane ko mu myandikire yabo , bashyira imbere ubutumwa bwiza bukenewe na buri wese ndetse n'umwimerere ukaza imbere.

‎Ubwo baganiraga na UMUNSI.COM , aba basore bahamije ko urukundo bafitiye umuziki uzabageza kure kugeza bibukije Abanyarwanda ibihe bya Urban Boyz yagezweho mu Rwanda ariko ikaza gucika intege bagatandukana.

‎Ati:"Umuziki wacu ugomba gutumbagira, dufite urukundo rw'umuziki kuko iyo twandika dushyiramo umwimerere wacu kandi tukagira urukundo kuri wo. Twe turifuza ko Abanyarwanda bose aho bava bakagera by'umwihariko abakunzi b'umuziki ko badushyigikira bakadufasha gukundisha abandi ibyo dukora".

‎INDIRIMBO NSHYA YA URBAN STAR 'TEAMO' ISABA ABANTU GUKORERA HAMWE:

‎Itsinda rya Urban Star, ryagarukanye indirimbo nshya bise 'Teamo' akaba ari indirimbo ishishikariza abantu gukunda umurimo ndetse ikanerekana imbaraga zo gukorera hamwe, gushyigikirana no kugira intego imwe ku bahuje umugambi.

‎Urban Star ati:"Indirimbo yacu Teamo, igamije kwerekana imbaraga zo gukorera hamwe,  gushyigikirana no kugira intego imwe. Kubera ubutumwa burimo ni imwe mu ndirimbo dushyize imbere kuko twifuza ko buri wese yabwumva".

‎Bagaruka ku mpamvu bakoze 'Teamo' URABN Star babwiye UMUNSI.COM ati:"Twakoze Teamo kugira ngo dutange umuziki ujyanye n'igihe turimo , ariko nanone kugira ngo dutange ubutumwa bushobora bushobora kugera kuri benshi. Twifuje gukora indirimbo abantu bashobora kwishimira ariko banakuramo ubutumwa bwo gukorera hamwe no kutadohoka ku ntego zabo".

‎Urban Star ifatira urugero ku matsinda nka ; Urban Boyz , Good Life , Tuff Gang , Dream Boyz, B2C  na Fela Music. Bavuga ko bafite izindi ndirimbo basohoye zirimo ; Agapome , Pineapple,... kandi ko bateganya gukora ibindi bihangano bishya mu gihe kiri imbere.

Ni Itsinda rigizwe n'abasore batatu aribo; Lucky Mostin (Me Version), Vancoa Son (Mr Champion) na Pk Boyv (The One Love).

Reba hano TEAM ya Uran Star

Inkuru zerekeye

‎"Dolly Parton yaranshyigikiye ubwo nari maze kuba umutinganyi" ! Cheryl Wright  ‎
INKURU NYAMUKURU

‎"Dolly Parton yaranshyigikiye ubwo nari maze kuba umutinganyi" ! Cheryl Wright ‎

‎Cheryl Wright yabaye umuntu wa Mbere wemeye ko ari umutinganyi mu ruhame muri 2010 nyuma y'imyaka 4 (Ine) bimuvugwaho. Tariki tariki 25 Kanama 2026 nibwo Dolly Parton yapfuye, nyuma y'aho Cheryl usanzwe akinira ikipe ya Kansas City yahise atangaza ko hari ubufasha Dolly Parton yamuhaye nk'umuntu uryamana n'abo bahuje igitsina.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 19
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannick2026 Kanama 18
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 18

Inkuru zishyashya

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026
Imikino

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma zimaze gusezerera Mukura VS na Rayon Sports FC.

ADAM Yannickiminota 59 zashize
‎“Turirimbira Imana kuko twabonye ibitangaza yakoze mu buzima bwacu” Hyguette na Cynthia
Iyobokamana

‎“Turirimbira Imana kuko twabonye ibitangaza yakoze mu buzima bwacu” Hyguette na Cynthia

‎Mu gihe umuzika wo kuramya no guhimbaza Imana ukomeje kubona amaraso mashya mu Rwanda, Hyguette na Cynthia ni rimwe mu matsinda akizamuka afite intego yo gukoresha impano yabo mu kugeza ubutumwa bw’icyizere n’ihumure ku bantu b'Imana.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 22 yashize
‎Umuhanzi Lil G yagaragaje inkumi bari mu rukundo nyuma yo gutandukana n'abazungu
Imyidagaduro

‎Umuhanzi Lil G yagaragaje inkumi bari mu rukundo nyuma yo gutandukana n'abazungu

‎Nyuma yo gutandukana n’umugore bari barakundaniye muri Pologne, Lil G yemeje ko ari mu rukundo n’inkumi y’i Kigali yitwa Isimbi Kevine, ashimangira ko ari we yihebeye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Yavugiraga abaryamana bahuje ibitsina akabana nabo ! Ibigaragaza umubano wihariye  Dolly Parton yagiranaga n'abo mu muryango wa LGBTQ
Imyidagaduro

‎Yavugiraga abaryamana bahuje ibitsina akabana nabo ! Ibigaragaza umubano wihariye Dolly Parton yagiranaga n'abo mu muryango wa LGBTQ

Nyakwigendera Dolly Parton wamamaye mu ndirimbo zitandukanye zirimo niyo yise 'Coat of Many colors ' , yamenyekanye cyane nanone kubwo kuvugira abaryamana bahuje ibitsina ibintu bivumirwa kugahera n'abantu benshi ndetse bikamaganwa cyane n'ubwo hari ababiha umuryango bakabicumbikira nk'uko Dolly Parton yabikoze.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Kenya : Umugabo yakangutse asohoka muri 'Moroge' nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye
Hanze

‎Kenya : Umugabo yakangutse asohoka muri 'Moroge' nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye

‎Mu Karere ka Naivasha mu Gihugu cya Kenya hakomeje kuvugwa inkuru idasanzwe y'umusore yavuye muri Moroge mu masaha y'Ijoro nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye ndetse n'umuryango we wiyakiriye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Rusizi: Umugabo yafunzwe akekwaho gusambanya umwana we, avuga ko yamwigishaga uko azitwara mu rugo
Rwanda

Rusizi: Umugabo yafunzwe akekwaho gusambanya umwana we, avuga ko yamwigishaga uko azitwara mu rugo

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Nyakabuye, mu Karere ka Rusizi, ari gukorwaho iperereza nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 15 inshuro ebyiri.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize