
Mu gihe umuziki w'u Rwanda ugenda utera imbere umunsi ku munsi, bamwe mu bahanzi baririmba ku giti cyabo , bagenda bafata ingamba nshya ndetse n'amatsinda agafata ingamba nshya. Ni muri ubwo buryo, Uran Star nabo bakomeje indoto zo kwibagize abantu Urban Boyz no gukora ibidasanzwe muri muzika Nyarwanda.
Urban Star itsinda rikorera umuziki mu Rwanda rivuga ko kubera uburyo bawukora bawukunze bifuza ko indirimbo zabo n'ubutumwa baririmba byagera ku Banyarwanda bose muri rusange ngo na cyane ko mu myandikire yabo , bashyira imbere ubutumwa bwiza bukenewe na buri wese ndetse n'umwimerere ukaza imbere.
Ubwo baganiraga na UMUNSI.COM , aba basore bahamije ko urukundo bafitiye umuziki uzabageza kure kugeza bibukije Abanyarwanda ibihe bya Urban Boyz yagezweho mu Rwanda ariko ikaza gucika intege bagatandukana.
Ati:"Umuziki wacu ugomba gutumbagira, dufite urukundo rw'umuziki kuko iyo twandika dushyiramo umwimerere wacu kandi tukagira urukundo kuri wo. Twe turifuza ko Abanyarwanda bose aho bava bakagera by'umwihariko abakunzi b'umuziki ko badushyigikira bakadufasha gukundisha abandi ibyo dukora".
INDIRIMBO NSHYA YA URBAN STAR 'TEAMO' ISABA ABANTU GUKORERA HAMWE:
Itsinda rya Urban Star, ryagarukanye indirimbo nshya bise 'Teamo' akaba ari indirimbo ishishikariza abantu gukunda umurimo ndetse ikanerekana imbaraga zo gukorera hamwe, gushyigikirana no kugira intego imwe ku bahuje umugambi.
Urban Star ati:"Indirimbo yacu Teamo, igamije kwerekana imbaraga zo gukorera hamwe, gushyigikirana no kugira intego imwe. Kubera ubutumwa burimo ni imwe mu ndirimbo dushyize imbere kuko twifuza ko buri wese yabwumva".
Bagaruka ku mpamvu bakoze 'Teamo' URABN Star babwiye UMUNSI.COM ati:"Twakoze Teamo kugira ngo dutange umuziki ujyanye n'igihe turimo , ariko nanone kugira ngo dutange ubutumwa bushobora bushobora kugera kuri benshi. Twifuje gukora indirimbo abantu bashobora kwishimira ariko banakuramo ubutumwa bwo gukorera hamwe no kutadohoka ku ntego zabo".
Urban Star ifatira urugero ku matsinda nka ; Urban Boyz , Good Life , Tuff Gang , Dream Boyz, B2C na Fela Music. Bavuga ko bafite izindi ndirimbo basohoye zirimo ; Agapome , Pineapple,... kandi ko bateganya gukora ibindi bihangano bishya mu gihe kiri imbere.
Ni Itsinda rigizwe n'abasore batatu aribo; Lucky Mostin (Me Version), Vancoa Son (Mr Champion) na Pk Boyv (The One Love).












