
Mu Karere ka Naivasha mu Gihugu cya Kenya hakomeje kuvugwa inkuru idasanzwe y'umusore yavuye muri Moroge mu masaha y'Ijoro nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye ndetse n'umuryango we wiyakiriye.
Icyatangaje benshi ni uhuryo uwo bari banditse ko yapfuye ndetse n'umurambo we uri muyindi, yaje kugera mu bitaro asaba ko yasezererwa agataha. Ayo makuru yatunguranye by'umwihariko mu Bitaro aho yari yashyizwe mu nzu ishyirwamo abashizemo umwuka (Abapfuye).
Amakuru atangazwa na Se, Karanja avuga ko uwo mugabo yari amaze igihe arwaye cyane ndetse bigatangazwa ko yapfuye ku wa Gatatu mu masaha ya Saa Tanu. Nyuma yo gutangaza ko yapfuye, inshuti n'abavandimwe batangiye gutangaza inkuru hose babuze umuntu ndetse umurambo we ugezwa ahashyirwa abapfuye.
Nyuma yo kumenya ko yapfuye Karanja n'abavandimwe ba nyakwigendera, basubiye mu rugo gutegura ikiruyo n'indi mihango yo kumushyingura gusa mu masaha make bakiriye amakuru y'uko uwo musore ari muzima ndetse ko yitegura gutaha bose bagwa mu kantu.
Ati:"Twamaza kwemeza ko ari muzima". Uwo musore witwa Mutora yatangaje benshi ndetse inkuru ye iragorana kuyakira gusa ngo muri Kenya si ubwa mbere bibaye dore ko muri 2014 nabwo umuntu yazutse ubwo abantu bo mu muryango we bari batangiye ikiriyo.












