
Umukuru wa Amerika Perezida Donald Trump, yongeye gutangaza ko ashobora kugaba ibitero kuri Oman mu gihe yaba “ibangamiye” gahunda ze zo guhagarika intambara Amerika na Israel barwana na Iran.
Ibyo Donald Trump yabitangaje ku wa 17 Kanama, mu gihe akomeje kugerageza gushaka uko iyo ntambara imaze hafi amezi atandatu yarangira.
Inshuro nyinshi Perezida Donald Trump yakunze kuvuga ko intambara izarangira “vuba”, ndetse mu mezi ashize agashimangira ko hashobora gusinywa amasezerano arambye y’amahoro, kugeza ubu nta gikomeye kiragerwaho.
Umuhora wa Hormuz, ufite uruhare rukomeye mu bucuruzi bw’Isi kandi unyuramo hafi kimwe cya gatanu cy’ibikomoka kuri peteroli binyura mu nyanja, umaze amezi menshi ufunze kubera intambara Amerika na Israel byagabye kuri Iran muri Gashyantare.
Iran iri mu majyaruguru y’uyu muhora, mu gihe Oman iri mu majyepfo. Ibihugu byombi bimaze igihe biri mu biganiro ku bijyanye n’uburyo wagenzurwa.
Trump yabwiye Fox News at “Oman niyitambika mu nzira, tuzayitera ibisasu biremereye.
”
Trump avuze ibi mu gihe no muri Gicurasi, ubwo mu nama y’Abaminisitiri yateraga ubwoba Oman avuga ko Amerika ishobora “kuyituritsa” mu gihe yaba ititwaye uko bikwiye.












