Umunsi.com
Pakistan: Abantu 20 bishwe n’igitero cy’abiyahuzi
Hanze

Pakistan: Abantu 20 bishwe n’igitero cy’abiyahuzi

Admin User2026 Gicurasi 245 min gusoma
Pakistan: Abantu 20 bishwe n’igitero cy’abiyahuzi

Abantu 20 bapfuye abandi 70 barakomereka nyuma y’igisasu cyaturikiye muri gari ya moshi yari igeze kuri sitasiyo ya Chaman Phatak i Quetta, mu mujyi w’akarere ka Balochistan mu Burengerazuba bwa Pakistan. Iyo Bisi yari itwaye abasirikare n’imiryango yabo bari bagiye mu biruhuko byo kwishimira Umunsi Mukuru wa Eid al-Fitr nkuko byemejwe n’inzego z’umutekano z’icyo Gihugu.

Icyo gitero cyagabwe mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi, kigabwe n’umutwe witwaje intwaro wa Balochistan Liberation Army (BLA) wavuze ko ari igitero cy’ubwiyahuzi.

Umwe mu baturage wagizweho ingaruka n’icyo gitero yabwiye BBC ko igihe igisasu cyaturikaga we n’umuryango bari bakiryamye ndetse amadirishya y’inzu ye biri mu byasenywe n’icyo gisasu.

Polisi yo muri Balochistan yemeje ko abantu 20 ari bo bitabye Imana ariko imibare ishobora kuza kwiyongera.

Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif yamaganye icyo gitero, avuga ko ibikorwa by’ubugizi bwa nabi by’intagondwa bidashobora guca intege icyemezo cy’abaturage ba Pakistan, avuga ko Igihugu cyifatanyije n’abagize ibyago mu bihe by’akababaro.

Si ubwa mbere Balochistan Liberation Army (BLA) igabye ibitero kuri za gari ya moshi kuko no mu myaka ishize gari ya moshi ya Jaffar Express yagabweho ibitero inshuro nyinshi n’uwo mutwe, mu gihe muri Werurwe 2025 izo ntagondwa zafashe bugwate abagenzi bari muri gari ya moshi yaganaga i Peshawar.

Umutwe wa BLA ushinja Leta ya Pakistan gukoresha umutungo kamere mwinshi w’iyo ntara nini mu gihugu, ariko abaturage baho ntibabyungukiremo. Iyo ntara ikaba yihariye hafi 44% by’ubuso bwa Pakistan ariko ituwe na 5% by’abaturage ba Pakistan mu barenga miliyoni 240.

4b88cae6-cb8d-4347-9de6-b929342c61de.jpeg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize