Muri RDC havumbuwe ubwoko bushya bw’inkende zidasanzwe zifite iminwa ya orange
Hanze

Muri RDC havumbuwe ubwoko bushya bw’inkende zidasanzwe zifite iminwa ya orange

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 160 byayeho3 min gusoma
Muri RDC havumbuwe ubwoko bushya bw’inkende zidasanzwe zifite iminwa ya orange

Inkende zifite umwihariko w’iminwa ifite ibara ryihariye risa n’iroza rivanzemo orange, zemejwe ko ari ubwoko bushya bw’inkende butari busanzwe buzwi mu ruhando rw’abahanga mu binyabuzima.

Iyi nyamaswa ifite ubwoya bw’umukara n’isura y’umukara yabonetse mu biti birebire byo mu mashyamba ya Pariki y’Igihugu ya Lomami, iherereye mu gice cyo hagati gishyira uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Abashinzwe kubungabunga ibidukikije bayibonye bwa mbere mu 2008, ariko icyo gihe babashije gufata ifoto imwe gusa itagaragara neza.

Nyuma y’imyaka icumi, yongeye kugaragara, maze itsinda mpuzamahanga ry’abashakashatsi ritangira kuyikoraho ubushakashatsi bwimbitse. Bakoresheje amajwi yayo, amashusho ndetse n’isesengura ry’uturemangingo fatizo (DNA), basanga ari ubwoko bushya bw’inkende butari bwarigeze bumenyekana mbere.

Abaturage bo muri ako gace bari basanzwe bazi iyi nkende bayita “Likweli”, ariko ubushakashatsi bwemeje ko ari ubwoko bwihariye butandukanye n’ubundi bwari busanzwe buzwi. Abashakashatsi bayise izina rya siyansi *Colobus congoensis*.

Junior Amboko, umushakashatsi akaba n’umunyeshuri mu cyiciro cya PhD muri Florida Atlantic University, wayoboye igice gikomeye cy’ubu bushakashatsi, yavuze ko byari ibyishimo bidasanzwe kubona mu maso h’inyamaswa abantu bake cyane bari bazi ko ibaho.

Iyi nkende iri mu muryango w’inkende zo mu bwoko bwa colobus, zizwiho kutagira igikumwe kandi zikagira uruhare rukomeye mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima byo mu mashyamba. Abahanga bavuga ko zigira uruhare mu gukwirakwiza imbuto no gufasha ibimera kongera kumera.

Abashakashatsi bavuga ko ibara ryihariye riri ku maso yayo, cyane cyane iminwa ifite ibara rya orange, rishobora kuba rifasha izi nkende kumenyana hagati yazo. Zinatandukanye n’izindi nkende kubera ijwi ryazo rikomeye risa no gutontoma, aho akenshi ushobora kuzumva ariko ntubashe kuzibona kuko zihisha mu biti birebire.

Nubwo ubu bwoko bushya bwamenyekanye, abahanga bavuga ko bukiri mu kaga kubera ko izi nkende zihigwa n’abantu bazishakira inyama, ndetse n’uko aho ziba hashobora kwangirika. Kuba zaramenyekanye nk’ubwoko bwihariye bishobora gufasha mu gushyiraho ingamba zo kuzirinda no kubungabunga aho ziba.

Itsinda ry’abashakashatsi rigizwe n’inzobere zo muri RDC, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Budage riteganya gukomeza ubushakashatsi kugira ngo rimenye neza umubare w’izi nkende, imyitwarire yazo ndetse n’uburyo bwo kuzirinda kugira ngo zitazimira.

Inkuru zerekeye