
Umukobwa witwa Abigael Kendi wo muri Kenya yavuze uko amaze imyaka abayeho mu buzima budasanzwe nyuma yo kuvuka afite imyanya ndangagitsina ibiri, nyababyeyi ebyiri, inkondo z’umura ebyiri ndetse n’impyiko imwe gusa.
Uyu mukobwa w’imyaka 19 yabwiye BBCdukesha iyi nkuru ko ikibazo cye cyatangiye kumenyekana mu 2020 ubwo yatangiraga kugira ububabare bukomeye cyane mu gihe cy’imihango, ariko ababyeyi be bakabifata nk’ibisanzwe bibaho ku bakobwa bari mu bwangavu.
Abigael yavuze ko yajyaga aribwa cyane mu nda, akaruka ndetse no kwituma bikamugora. Nyuma yaho yajyanywe kwa muganga kugira ngo asuzumwe kuko inda ye yari yarabyimbye ku buryo bamwe bakekaga ko atwite.
Mu bipimo yakorewe harimo CT scan, abaganga basanze afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi ebyiri, imyanya ndangagitsina ibiri ndetse n’impyiko imwe gusa.
Yagize ati: “Nari nzi ko kugira impyiko imwe atari ikibazo gikomeye ariko nyuma bambwiye ko ifite amazi menshi kandi ko ngomba guhora mfata imiti kugira ngo nirinde amabuye yo mu mpyiko.”
Abigael yavuze ko atigeze ajya mu mihango nk’abandi bakobwa ndetse ko buri kwezi agira ububabare bukomeye cyane ariko amaraso ntasohoke. Avuga kandi ko ikibazo cye cyatumye atabasha kunyara cyangwa kwituma neza ku buryo akoresha ibikoresho byo kwa muganga bimufasha gukuramo inkari.
Uyu mukobwa yavuze ko ubuzima bwo ku ishuri bwamugoye cyane kuko abanyeshuri benshi batasobanukirwaga impamvu yari yarahawe ubwiherero bwe bwihariye.
Ati: “Hari abanyeshuri n’abarimu batanyumvaga. Hari abatekerezaga ko ndi umuntu udasanzwe cyangwa wanduye indwara itazwi.”
Abigael yavuze ko amaze kubagwa inshuro zirindwi mu rwego rwo gushaka uko yakira no kugira imihango nk’abandi bakobwa ariko kugeza ubu nta gihinduka gikomeye kiraboneka.
Yagize ati: “Hari igihe numva narabuze icyizere kuko ababyeyi banjye bamaze kugurisha ibintu byinshi kugira ngo bampeshe ubuvuzi ariko nkiri muri ubu buzima.”
Yakomeje avuga ko hari abantu benshi batekerezaga ko ikibazo cye gituruka ku bupfumu cyangwa ku myizerere imwe n’imwe, ibintu yavuze ko byamubabazaga cyane.
Abigael yavuze ko yahisemo kuvuga amateka ye kugira ngo ashobore kubona abantu bashobora kumufasha ndetse anafashe abandi bafite ibibazo by’ubuzima bisa n’ibye kutigunga.
Ati: “Nizeye ko nzahura n’Umusamariya mwiza ushobora kumva ikibazo cyanjye akamfasha. Ndashaka ko n’abandi bafite ibibazo nk’ibi badatinya kubivuga.”
Kugeza ubu aracyavurirwa mu bitaro bya Kenyatta National Hospital kandi avuga ko agifite inzozi zo kuzaba umuganga umunsi umwe.







