Umunsi.com
Mfite ibitsina gore bibiri: Uko umukobwa wo muri Kenya ari guca mu buzima budasanzwe
Hanze

Mfite ibitsina gore bibiri: Uko umukobwa wo muri Kenya ari guca mu buzima budasanzwe

Admin User2026 Gicurasi 2116 min gusoma
Mfite ibitsina gore bibiri: Uko umukobwa wo muri Kenya ari guca mu buzima budasanzwe

Umukobwa witwa Abigael Kendi wo muri Kenya yavuze uko amaze imyaka abayeho mu buzima budasanzwe nyuma yo kuvuka afite imyanya ndangagitsina ibiri, nyababyeyi ebyiri, inkondo z’umura ebyiri ndetse n’impyiko imwe gusa.

Uyu mukobwa w’imyaka 19 yabwiye BBCdukesha iyi nkuru ko ikibazo cye cyatangiye kumenyekana mu 2020 ubwo yatangiraga kugira ububabare bukomeye cyane mu gihe cy’imihango, ariko ababyeyi be bakabifata nk’ibisanzwe bibaho ku bakobwa bari mu bwangavu.

Abigael yavuze ko yajyaga aribwa cyane mu nda, akaruka ndetse no kwituma bikamugora. Nyuma yaho yajyanywe kwa muganga kugira ngo asuzumwe kuko inda ye yari yarabyimbye ku buryo bamwe bakekaga ko atwite.

Mu bipimo yakorewe harimo CT scan, abaganga basanze afite inkondo ebyiri z’umura, nyababyeyi ebyiri, imyanya ndangagitsina ibiri ndetse n’impyiko imwe gusa.

Yagize ati: “Nari nzi ko kugira impyiko imwe atari ikibazo gikomeye ariko nyuma bambwiye ko ifite amazi menshi kandi ko ngomba guhora mfata imiti kugira ngo nirinde amabuye yo mu mpyiko.”

Abigael yavuze ko atigeze ajya mu mihango nk’abandi bakobwa ndetse ko buri kwezi agira ububabare bukomeye cyane ariko amaraso ntasohoke. Avuga kandi ko ikibazo cye cyatumye atabasha kunyara cyangwa kwituma neza ku buryo akoresha ibikoresho byo kwa muganga bimufasha gukuramo inkari.

Uyu mukobwa yavuze ko ubuzima bwo ku ishuri bwamugoye cyane kuko abanyeshuri benshi batasobanukirwaga impamvu yari yarahawe ubwiherero bwe bwihariye.

Ati: “Hari abanyeshuri n’abarimu batanyumvaga. Hari abatekerezaga ko ndi umuntu udasanzwe cyangwa wanduye indwara itazwi.”

Abigael yavuze ko amaze kubagwa inshuro zirindwi mu rwego rwo gushaka uko yakira no kugira imihango nk’abandi bakobwa ariko kugeza ubu nta gihinduka gikomeye kiraboneka.

Yagize ati: “Hari igihe numva narabuze icyizere kuko ababyeyi banjye bamaze kugurisha ibintu byinshi kugira ngo bampeshe ubuvuzi ariko nkiri muri ubu buzima.”

Yakomeje avuga ko hari abantu benshi batekerezaga ko ikibazo cye gituruka ku bupfumu cyangwa ku myizerere imwe n’imwe, ibintu yavuze ko byamubabazaga cyane.

Abigael yavuze ko yahisemo kuvuga amateka ye kugira ngo ashobore kubona abantu bashobora kumufasha ndetse anafashe abandi bafite ibibazo by’ubuzima bisa n’ibye kutigunga.

Ati: “Nizeye ko nzahura n’Umusamariya mwiza ushobora kumva ikibazo cyanjye akamfasha. Ndashaka ko n’abandi bafite ibibazo nk’ibi badatinya kubivuga.”

Kugeza ubu aracyavurirwa mu bitaro bya Kenyatta National Hospital kandi avuga ko agifite inzozi zo kuzaba umuganga umunsi umwe.

7111a6e0-5521-11f1-8b8c-6d33e1d5abb6.jpg.webp

01a75780-551e-11f1-b682-cf91850925ea.jpg.webp

e0f8d2f0-551a-11f1-b682-cf91850925ea.jpg.webp

ea12fe60-551a-11f1-89a3-d1f559421220.jpg.webp

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize