Umunsi.com
Uganda: Iperereza nyuma y'uko umugabo apfuye ari gukora imibonano mpuzabitsina mu gihuru
Hanze

Uganda: Iperereza nyuma y'uko umugabo apfuye ari gukora imibonano mpuzabitsina mu gihuru

Admin User2026 Gicurasi 215 min gusoma
Uganda: Iperereza nyuma y'uko umugabo apfuye ari gukora imibonano mpuzabitsina mu gihuru

Igipolisi muri Uganda cyatangaje ko kirimo gukora iperereza ku rupfu rw’umugabo w’imyaka 50 wapfuye ku wa mbere nijoro arimo gukora imibonano mpuzabitsina n'umugore bari mu gihuru.

Ibinyamakuru muri Uganda byemeje amakuru yatangajwe na amson Lubega ukuriye igipolisi mu gace ka Busoga North yemeza ibyabaye.

Lubega yavuze ko ahagana saa tatu z’ijoro uwo mugabo n’umugore w’imyaka 40 bihinnye mu gihuru mu gace ka Namulanda B kugira ngo bamarane ipfa.

Ikinyamakuru Monitor gisubiramo Lubega agira ati: “Nyuma y’inshuro ya mbere, bivugwa ko umugabo yarabye agahwera ari ku nshuro ya kabiri”.

Umugabo amaze guhwera, umugore abonye ibibaye yahise atabaza abantu maze bahagera ari benshi ariko ntibabasha kurokora uwo mugabo kuko yahise apfa.

Iki kinyamakuru kivuga ko uwo mugore bariho ‘biha akabyizi’ mu gihuru atari uwe, kandi ko amakuru gikesha abantu b’aho ari uko umugore we yari aherutse kubyara.

Iperereza ririmo gukorwa ku murambo w’uwo mugabo ngo hemeze neza icyamwishe.

Inzobere mu buvuzi zivuga ko imfu zibera mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina ari gacye cyane ari yo ubwayo iba ibiteye, ko kenshi ziterwa n’indwara umuntu aba afite (abizi cyangwa atabizi) nk’indwara zigendanye n’imikorere y’umutima, cyangwa ‘stroke’.

Izi ngo zishobora guhita zifata umuntu ari muri kariya karimo kubera gutera kwihuse cyane kw’amaraso cyangwa gufata imiti n’ibinyobwa byongera ingufu zidasanzwe.

dee501af-4f70-4b75-87ad-87497542e0ef.jpg.webp

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize