
Akanama k'Umuryango w'Abibumbye gashinzwe umutekano kafatiye ibihano abayobozi babiri bakuru b'umutwe wa FDLR ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kubera uruhare bashinjwa mu bikorwa bihungabanya amahoro n'umutekano.
Abafatiwe ibi bihano ni Brig. Gen. Sebastien Uwimbabazi, uzwi nka Gilbert Kimenyi cyangwa Nyembo Kimenyi, na Col. Gustave Kubwayo, uzwi nka Sirkoof.
Nk'uko Loni ibitangaza, Uwimbabazi ni umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR. Avuka mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, akaba ari muri Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y'Amajyaruguru.
Loni ivuga ko akomeje kugira uruhare mu bikorwa bibangamira amahoro, ituze n'umutekano muri RDC no kubishyigikira.
Ku ruhande rwa Col. Gustave Kubwayo, ni we uyobora ishami ryihariye rya FDLR rizwi nka CRAP, kuva uwari umuyobozi waryo, Protogene Ruvugayimikore (Col. Ruhinda), yicwa mu Ukuboza 2023.
Kubwayo, ukomoka mu Karere ka Nyabihu, ashinjwa gutegura no gushyigikira ibikorwa birimo gushimuta abasivili hagamijwe kubaka amafaranga no gukoresha umutungo kamere wa RDC mu buryo bunyuranyije n'amategeko.
Mbere y'ibi bihano bya Loni, muri Kamena 2026, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na zo zari zamufatiye ibihano zimushinja kuyobora ibikorwa bya FDLR muri Teritwari ya Nyiragongo.
Raporo y'impuguke za Loni yasohotse mu mpera za Kamena 2026 igaragaza ko FDLR igikomeje kuba kimwe mu bibazo bikomeye by'umutekano mu burasirazuba bwa RDC no mu karere, ndetse ko ikomeje kwiyubaka.
Raporo zitandukanye zitanga imibare itandukanye ku ngano y'abarwanyi ba FDLR. Loni n'inzego z'ubutasi zivuga ko ifite abarwanyi bari hagati ya 3.500 na 4.500, mu gihe FDLR yo ivuga ko ifite abarenga 10.000.
Akanama ka Loni kandi kafatiye ibihano abandi bayobozi b'imitwe yitwaje intwaro ikorera muri RDC, barimo Corneille Nangaa, uyobora ihuriro AFC/M23, Col. Nzenze Imani, ushinzwe iperereza n'ibikorwa bya gisirikare muri iri huriro, na Brig. Gen. Charles Sematama, uyobora umutwe wa Twirwaneho ukorera muri Komini Minembwe.
Ibihano byafatiwe Sematama bishingiye ku byo Loni ivuga ko ari uruhare rw'uwo mutwe mu kwica abasivili, kwinjiza abana mu gisirikare no guhungabanya umutekano w'abaturage.
Undi wafatiwe ibihano ni Mohammed Lumisa, umuganga n'umuyobozi ushinzwe ibikoresho muri ADF, umutwe na wo ufatwa nk'uw'iterabwoba.
Ibihano bya Loni birimo gufatira imitungo yaba iri mu bihugu binyamuryango, kubuzwa gukora ingendo mu bihugu bigize Umuryango w'Abibumbye no kuba bashobora gutabwa muri yombi binyuze ku bufatanye bwa Polisi Mpuzamahanga (Interpol).




