DRC: Umuntu utaramenyekana yatwitse ‘Tente’ zari zirwariyemo abarwayi ba Ebola abarwayi 13 barahunga
Hanze

DRC: Umuntu utaramenyekana yatwitse ‘Tente’ zari zirwariyemo abarwayi ba Ebola abarwayi 13 barahunga

Admin User2026 Gicurasi 240 byayeho5 min gusoma
DRC: Umuntu utaramenyekana yatwitse ‘Tente’ zari zirwariyemo abarwayi ba Ebola abarwayi 13 barahunga

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , Tente zari zarubatswe kugira ngo zituzwemo abantu 13 banduye icyorezo cya Ebola zatwitse abari bazirwariyemo barahunga nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byandikira muri icyo Gihugu.

Ibyo byabaye ku wa 23 Gicurasi 2026 ku Bitari bikuru bya Mongwalu, muri Ituri mu Birometero 85 uvuye mu Majyaruguru ya Bunia muri Teritwari ya Djugu (Ituri).

Nk’uko Umuyobozi ushinzwe Ubuyozima yabitangaje, icyo gikorwa cyatumye abarwayi ba Ebola bagera kuri 13 bahunga baragenda bikaba bikomeje gutuma icyorezo cya Ebola gikwirakwira muri icyo Gihugu.

Radiyo Okapi itangaza ko abatwitse ako kazu, ari urubyiruko bivugwa ko ngo rwari rwarakaye cyane muri ako gace, bigatuma utuzu twubatswe n’abaganga batagira umupaka (MSF),kugira ngo batandukanye abarwayi ba Ebola n’abandi bantu dutwikwa.

‘Tente ‘ zari zubatswe kandi, zari zirimo abantu bagera kuri 28 bakekwaho ubwandu bw’icyorezo cya Ebiola.

Richard Lokudi yatangaje ko kugeza ubu hakomeje iperereza kugira ngo hamenyekana aho abo barwayi bihishe mu ngo z’abaturage  gusa agaragaza ko bigeye gutuma icyorezo cyandura mu buryo bwihuse.

Igikorwa nk’icyo kandi cyabereye ku Bitaro bya Rwampara ,aho urubyiruko rutamenyekanye rwatwitse ‘Tente’ nini yari yashyizwemo abantu bakekwagaho kwandura icyorezo cya Ebola bose bagahita bajya mu baturage.

bitmap_1200_nocrop_1_1_20250910164257866903_G0atPGGWMAYcOWP.jpg

Isoko: Radio Okapi

Inkuru zerekeye