
Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Nyakabuye, mu Karere ka Rusizi, ari gukorwaho iperereza nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 15 inshuro ebyiri.
Uyu mwana wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza ku Ishuri rya GS Kiyovu, yabwiye umwarimu we ko se yamusambanyije ndetse akamushukisha amafaranga.
Uyu mwana kandi yavuze ko se yamubwiraga ko ibyo yamukoreraga byari uburyo bwo kumwigisha uko azitwara igihe azaba afite umugabo.
Amakuru avuga ko umwana amaze kumenya ko ihohoterwa rikomeje, yahise abimenyesha umwarimu we ndetse n’abandi bantu bakuru, bituma ikibazo kigera ku nzego zibishinzwe.
Polisi na RIB zahise zitangira gukurikirana iki kibazo, maze uyu mugabo ashyikirizwa Sitasiyo ya RIB ya Nyakabuye kugira ngo akorweho iperereza.
Umwana we yajyanywe ku Bitaro bya Mibilizi, mu Ishami rya Isange One Stop Center, kugira ngo ahabwe ubufasha n’ubuvuzi bukenewe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakabuye, Kimonyo Kamari, yemeje ko uyu mugabo yashyikirijwe ubugenzacyaha, mu gihe umwana yajyanywe kwa muganga.
Yavuze kandi ko uru rugo rutari rusanzwe ruzwiho kugira amakimbirane, asaba abaturage gukomeza gutanga amakuru igihe bakeka ko umwana cyangwa undi muntu ari gukorerwa ihohoterwa.
Gusambanya umwana ni icyaha gihanwa n’amategeko y’u Rwanda. Umuntu ugihamijwe n’urukiko ashobora guhanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 20 na 25, bitewe n’ibiteganywa n’amategeko.
Isoko: Igihe








