Umunsi.com
‎“Turirimbira Imana kuko twabonye ibitangaza yakoze mu buzima bwacu” Hyguette na Cynthia
Iyobokamana

‎“Turirimbira Imana kuko twabonye ibitangaza yakoze mu buzima bwacu” Hyguette na Cynthia

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 278 min gusoma
‎“Turirimbira Imana kuko twabonye ibitangaza yakoze mu buzima bwacu” Hyguette na Cynthia

‎Mu gihe umuzika wo kuramya no guhimbaza Imana ukomeje kubona amaraso mashya mu Rwanda, Hyguette na Cynthia ni rimwe mu matsinda akizamuka afite intego yo gukoresha impano yabo mu kugeza ubutumwa bw’icyizere n’ihumure ku bantu b'Imana.

‎Aba bakobwa b’impanga bo mu karere ka Rubavu bavuga ko batinjiye mu muzika wo kuramya no guhimbaza Imana bashaka gusa kuba abahanzi, ahubwo ko ari inzira bakomerejeho nyuma yo kubona ibyo Imana yakoze mu buzima bwabo.“Imirimo ibitangaza twabonye ni yo yadusunitse”.

Mu rugendo rwabo rwa muzika, bavuga ko batangiye kumenya ko bafite impano yo kuririmba hashize igihe, ariko umuntu wagize uruhare rukomeye mu kubatera imbaraga akaba ari nyina. Aba bahanzi kandi ntibahishe ko urugendo rwo gutangira umuziki rutoroshye kuko ngo bagowe narwo cyane bahamya ko hari abantu babaciye intege ndetse bakababwira ibibazo bashobora guhura na byo muri uyu mwuga ariko aho kubireka ngo, bahisemo gukomeza urugendo.

Kuri bo, ibyabababaje ariko byanababereye isomo ryabafashije gukomera n’ukumenya dore ko ngo byemera ko nta rugendo rutagira inzitizi. nk'uko bo babyivugira aho bagize bati:‎“Kuri twe kuririmbira Imana ni umuhamagaro”.

‎Iyo bavuga ko baririmbira Imana, Hyguette na Cynthia bavuga ko atari umwuga usanzwe bahisemo, ahubwo ko ari umuhamagaro. Ibi ni na byo bituma iyo batangiye gukora indirimbo, ikintu cya mbere batekerezaho ari ubutumwa bashaka kugeza ku bantu n'aho injyana ikaza nyuma, ubundi bakareba n’uburyo indirimbo izakirwa n’abakunzi b’umuziki.

Ni umurongo bagenderaho cyane, kuko ngo bifuza ko umuziki wabo utarangirira ku kuba umuntu yumvise injyana nziza, ahubwo ko hari ubutumwa asigarana.

‎INDIRIMBO NSHYA BASHYIZE HAMWE:

‎Indirimbo yabo nshya yitwa “NYUZURA”, ikaba ari igihangano bavuga ko kigenewe buri muntu ukiri ku Isi. “NYUZURA” ni ubutumwa ku muntu uri mu bihe bikomeye. Aba bahanzikazi bavuga ko ubuzima bushobora kubamo ibintu bigoye, ariko ko umuntu ashobora gukomeza gusenga no kwizera ko ibintu bishobora guhinduka.

‎Igitekerezo cy’iyi ndirimbo kandi gifitanye isano n’ibyo babonye mu buzima. Bavuga ko hari ahantu babonye imyitwarire n’umutima batigeze batekereza ko bahura nabyo maze ngo bituma batekereza ku butumwa bwagutse, babihuza n’ibindi bibazo abantu banyuramo, havamo “NYUZURA”.

‎Bati: “twigeze kujya ahantu mu bintu runaka batwereka umutima utari mwiza bityo tubihuza n’ibindi, dukora iyi ndirimbo”.

‎IGISOBANURO CYA VIEWS KURI BO:

‎Mu gihe hari abavuga ko umuhanzi uririmbira Imana adakwiye kwita ku mibare ya views cyangwa ku bwamamare, Hyguette na Cynthia bo babibona mu buryo butandukanye.

‎Kuri bo, iyo abantu benshi bumvise indirimbo kandi ikabagirira akamaro, bibaha imbaraga zo gukora izindi.

‎Bavuga ko views atari zo ntego nyamukuru, ariko ko zishobora kubereka ko ubutumwa bwabo buri kugera kure.

‎INZOZI ZABO NI UKUZUZA BK ARENA N'UBWO BAKIRI BATO:

‎Nubwo bakiri bato, Hyguette na Cynthia bafite inzozi nini. Bifuza kuzagera ku rwego rwo gukora igitaramo bakuzuza BK Arena. Bemera ko bishobora gutwara igihe, ariko ntibabifata nk’inzozi zidashoboka.

‎Mu bahanzi babatera imbaraga cyane harimo Israel Mbonyi, Vestine na Dorcas, Papi Clever na Dorcas, ndetse bavuga ko babigiraho byinshi mu rugendo rwabo.

‎Ku muntu wababwira ko umuziki wabo utaramenyekana cyane, aba bahanzi bavuga ko atari impamvu yo gucika intege.

Igisubizo cyabo ni uko: “Imana izi byose.”

‎Bazi ko mu rugendo rw’umuhanzi hari igihe indirimbo nziza idahita igera kure cyangwa ngo ibone views nyinshi nk’uko yari abyiteze. Gusa Iyo bibaye, bavuga ko icyo bakora ari ukwihangana no gusenga Imana.

‎Iyi niyo mpamvu banasaba urubyiruko rufite impano ariko rutinya gutangira cyangwa urwatangiye rugahura n’imbogamizi, kurinda ubuhamya bwabo.

‎Bati: “Igihe kizagera Imana ibibuke.”

‎Kuri Hyguette na Cynthia, urugendo rwabo rwa muzika ni igitabo kitararangira kwandikwa. Nubwo hari amapaji y’ibigeragezo, hari n’izindi paji ziri imbere bifuza kuzuzaho indirimbo n’ubuhamya butandukanye.

‎Bavuga ko bagize amahirwe yo guhura n’Imana ikababaza impamvu bahisemo kuyiririmbira, ngo igisubizo cyabo cyaba ishimwe. Bati: “Mana, warakoze ku byo wadukoreye.” Ubu basaba abakunzi b’umuziki, cyane cyane abakunda Gospel, gushyigikira indirimbo yabo nshya “NYUZURA”, iboneka kuri YouTube, Spotify n’izindi mbuga zicururizwaho ibihangano by’umuzika.

‎Kuri aba bahanzi bakizamuka, “NYUZURA” si indirimbo nshya gusa; ni ubutumwa bwabo bwo kwibutsa umuntu ko n’iyo ubuzima bumugoye, hari igihe cyo gusenga, kwihangana no kwizera ko ejo hashobora kuba heza kurusha uyu munsi.

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'NYUZURA'

Inkuru zerekeye

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf
Iyobokamana

Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf

Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 15
#Kwibuka32: Apôtre Gitwaza yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Iyobokamana

#Kwibuka32: Apôtre Gitwaza yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Umushumba Mukuru wa Authentic Word Ministries na Zion Temple Celebration Center, Apôtre Dr. Paul Gitwaza, yagaragaje ko mu myaka 32 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, u Rwanda rumaze kugerwaho n’ibikorwa byinshi byiza by’Imana, anahumuriza abarokotse abasaba gukomeza gutwaza gitwari.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 7
Rutsiro: Batewe ishema no kuba barikuye mu bafashwa na Leta
Iyobokamana

Rutsiro: Batewe ishema no kuba barikuye mu bafashwa na Leta

Umuturage witwa Ntawimenya Costasie wo mu Murenge wa Mushonyi, yagaragaje akanyamuneza aterwa no kuba we n’umuryango we baravuye mu cyiciro cya Mber...

Admin User2026 Mata 5
Rutsiro: Uwubakiwe inzu arishimira ko atakirara mu mazi
Iyobokamana

Rutsiro: Uwubakiwe inzu arishimira ko atakirara mu mazi

Umuturage witwa Nyiraminani Pelusi utuye mu Murenge wa Mukura , Akagari aka Kabuga , Umudugudu wa Miraramo, arashimira Leta yamwubakiye inzu akaba a...

Admin User2026 Mata 5
Alex Dusabe n’umugore we berekeje mu Bubiligi
Iyobokamana

Alex Dusabe n’umugore we berekeje mu Bubiligi

Alex Dusabe n’umugore we berekeje mu Bubiligi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 2

Inkuru zishyashya

‎Barifuza gusimbura Urban Boyz ! Byinshi ku itsinda rya URBAN Star ryashyize hanze indirimbo nshya - VIDEO
INKURU NYAMUKURU

‎Barifuza gusimbura Urban Boyz ! Byinshi ku itsinda rya URBAN Star ryashyize hanze indirimbo nshya - VIDEO

‎Mu gihe umuziki w'u Rwanda ugenda utera imbere umunsi ku munsi, bamwe mu bahanzi baririmba ku giti cyabo , bagenda bafata ingamba nshya ndetse n'amatsinda agafata ingamba nshya. Ni muri ubwo buryo, Uran Star nabo bakomeje indoto zo kwibagize abantu Urban Boyz no gukora ibidasanzwe muri muzika Nyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminota 23 zashize
Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026
Imikino

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma zimaze gusezerera Mukura VS na Rayon Sports FC.

ADAM Yannickiminota 20 zashize
‎Umuhanzi Lil G yagaragaje inkumi bari mu rukundo nyuma yo gutandukana n'abazungu
Imyidagaduro

‎Umuhanzi Lil G yagaragaje inkumi bari mu rukundo nyuma yo gutandukana n'abazungu

‎Nyuma yo gutandukana n’umugore bari barakundaniye muri Pologne, Lil G yemeje ko ari mu rukundo n’inkumi y’i Kigali yitwa Isimbi Kevine, ashimangira ko ari we yihebeye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎"Dolly Parton yaranshyigikiye ubwo nari maze kuba umutinganyi" ! Cheryl Wright  ‎
INKURU NYAMUKURU

‎"Dolly Parton yaranshyigikiye ubwo nari maze kuba umutinganyi" ! Cheryl Wright ‎

‎Cheryl Wright yabaye umuntu wa Mbere wemeye ko ari umutinganyi mu ruhame muri 2010 nyuma y'imyaka 4 (Ine) bimuvugwaho. Tariki tariki 25 Kanama 2026 nibwo Dolly Parton yapfuye, nyuma y'aho Cheryl usanzwe akinira ikipe ya Kansas City yahise atangaza ko hari ubufasha Dolly Parton yamuhaye nk'umuntu uryamana n'abo bahuje igitsina.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Yavugiraga abaryamana bahuje ibitsina akabana nabo ! Ibigaragaza umubano wihariye  Dolly Parton yagiranaga n'abo mu muryango wa LGBTQ
Imyidagaduro

‎Yavugiraga abaryamana bahuje ibitsina akabana nabo ! Ibigaragaza umubano wihariye Dolly Parton yagiranaga n'abo mu muryango wa LGBTQ

Nyakwigendera Dolly Parton wamamaye mu ndirimbo zitandukanye zirimo niyo yise 'Coat of Many colors ' , yamenyekanye cyane nanone kubwo kuvugira abaryamana bahuje ibitsina ibintu bivumirwa kugahera n'abantu benshi ndetse bikamaganwa cyane n'ubwo hari ababiha umuryango bakabicumbikira nk'uko Dolly Parton yabikoze.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Kenya : Umugabo yakangutse asohoka muri 'Moroge' nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye
Hanze

‎Kenya : Umugabo yakangutse asohoka muri 'Moroge' nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye

‎Mu Karere ka Naivasha mu Gihugu cya Kenya hakomeje kuvugwa inkuru idasanzwe y'umusore yavuye muri Moroge mu masaha y'Ijoro nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye ndetse n'umuryango we wiyakiriye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize