
Mu gihe umuzika wo kuramya no guhimbaza Imana ukomeje kubona amaraso mashya mu Rwanda, Hyguette na Cynthia ni rimwe mu matsinda akizamuka afite intego yo gukoresha impano yabo mu kugeza ubutumwa bw’icyizere n’ihumure ku bantu b'Imana.
Aba bakobwa b’impanga bo mu karere ka Rubavu bavuga ko batinjiye mu muzika wo kuramya no guhimbaza Imana bashaka gusa kuba abahanzi, ahubwo ko ari inzira bakomerejeho nyuma yo kubona ibyo Imana yakoze mu buzima bwabo.“Imirimo ibitangaza twabonye ni yo yadusunitse”.
Mu rugendo rwabo rwa muzika, bavuga ko batangiye kumenya ko bafite impano yo kuririmba hashize igihe, ariko umuntu wagize uruhare rukomeye mu kubatera imbaraga akaba ari nyina. Aba bahanzi kandi ntibahishe ko urugendo rwo gutangira umuziki rutoroshye kuko ngo bagowe narwo cyane bahamya ko hari abantu babaciye intege ndetse bakababwira ibibazo bashobora guhura na byo muri uyu mwuga ariko aho kubireka ngo, bahisemo gukomeza urugendo.
Kuri bo, ibyabababaje ariko byanababereye isomo ryabafashije gukomera n’ukumenya dore ko ngo byemera ko nta rugendo rutagira inzitizi. nk'uko bo babyivugira aho bagize bati:“Kuri twe kuririmbira Imana ni umuhamagaro”.
Iyo bavuga ko baririmbira Imana, Hyguette na Cynthia bavuga ko atari umwuga usanzwe bahisemo, ahubwo ko ari umuhamagaro. Ibi ni na byo bituma iyo batangiye gukora indirimbo, ikintu cya mbere batekerezaho ari ubutumwa bashaka kugeza ku bantu n'aho injyana ikaza nyuma, ubundi bakareba n’uburyo indirimbo izakirwa n’abakunzi b’umuziki.
Ni umurongo bagenderaho cyane, kuko ngo bifuza ko umuziki wabo utarangirira ku kuba umuntu yumvise injyana nziza, ahubwo ko hari ubutumwa asigarana.
INDIRIMBO NSHYA BASHYIZE HAMWE:
Indirimbo yabo nshya yitwa “NYUZURA”, ikaba ari igihangano bavuga ko kigenewe buri muntu ukiri ku Isi. “NYUZURA” ni ubutumwa ku muntu uri mu bihe bikomeye. Aba bahanzikazi bavuga ko ubuzima bushobora kubamo ibintu bigoye, ariko ko umuntu ashobora gukomeza gusenga no kwizera ko ibintu bishobora guhinduka.
Igitekerezo cy’iyi ndirimbo kandi gifitanye isano n’ibyo babonye mu buzima. Bavuga ko hari ahantu babonye imyitwarire n’umutima batigeze batekereza ko bahura nabyo maze ngo bituma batekereza ku butumwa bwagutse, babihuza n’ibindi bibazo abantu banyuramo, havamo “NYUZURA”.
Bati: “twigeze kujya ahantu mu bintu runaka batwereka umutima utari mwiza bityo tubihuza n’ibindi, dukora iyi ndirimbo”.
IGISOBANURO CYA VIEWS KURI BO:
Mu gihe hari abavuga ko umuhanzi uririmbira Imana adakwiye kwita ku mibare ya views cyangwa ku bwamamare, Hyguette na Cynthia bo babibona mu buryo butandukanye.
Kuri bo, iyo abantu benshi bumvise indirimbo kandi ikabagirira akamaro, bibaha imbaraga zo gukora izindi.
Bavuga ko views atari zo ntego nyamukuru, ariko ko zishobora kubereka ko ubutumwa bwabo buri kugera kure.
INZOZI ZABO NI UKUZUZA BK ARENA N'UBWO BAKIRI BATO:
Nubwo bakiri bato, Hyguette na Cynthia bafite inzozi nini. Bifuza kuzagera ku rwego rwo gukora igitaramo bakuzuza BK Arena. Bemera ko bishobora gutwara igihe, ariko ntibabifata nk’inzozi zidashoboka.
Mu bahanzi babatera imbaraga cyane harimo Israel Mbonyi, Vestine na Dorcas, Papi Clever na Dorcas, ndetse bavuga ko babigiraho byinshi mu rugendo rwabo.
Ku muntu wababwira ko umuziki wabo utaramenyekana cyane, aba bahanzi bavuga ko atari impamvu yo gucika intege.
Igisubizo cyabo ni uko: “Imana izi byose.”
Bazi ko mu rugendo rw’umuhanzi hari igihe indirimbo nziza idahita igera kure cyangwa ngo ibone views nyinshi nk’uko yari abyiteze. Gusa Iyo bibaye, bavuga ko icyo bakora ari ukwihangana no gusenga Imana.
Iyi niyo mpamvu banasaba urubyiruko rufite impano ariko rutinya gutangira cyangwa urwatangiye rugahura n’imbogamizi, kurinda ubuhamya bwabo.
Bati: “Igihe kizagera Imana ibibuke.”
Kuri Hyguette na Cynthia, urugendo rwabo rwa muzika ni igitabo kitararangira kwandikwa. Nubwo hari amapaji y’ibigeragezo, hari n’izindi paji ziri imbere bifuza kuzuzaho indirimbo n’ubuhamya butandukanye.
Bavuga ko bagize amahirwe yo guhura n’Imana ikababaza impamvu bahisemo kuyiririmbira, ngo igisubizo cyabo cyaba ishimwe. Bati: “Mana, warakoze ku byo wadukoreye.” Ubu basaba abakunzi b’umuziki, cyane cyane abakunda Gospel, gushyigikira indirimbo yabo nshya “NYUZURA”, iboneka kuri YouTube, Spotify n’izindi mbuga zicururizwaho ibihangano by’umuzika.
Kuri aba bahanzi bakizamuka, “NYUZURA” si indirimbo nshya gusa; ni ubutumwa bwabo bwo kwibutsa umuntu ko n’iyo ubuzima bumugoye, hari igihe cyo gusenga, kwihangana no kwizera ko ejo hashobora kuba heza kurusha uyu munsi.









