Umunsi.com
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

ADAM Yannick2026 Kanama 2214 min gusoma
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

Ku wa gatanu tariki 21 Kanama 2026 nibwo mu Rwanda hatangiye irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS ku makipe abarizwa mu gice cya CECAFA ahagomba kuboneka ikipe izahagararira CECAFA mu mikino ya Champions League mu Bagore.
Rayon Sports WFC ihagarariye u Rwanda ikaba ari inshuro ya gatatu yitabiriye iri rushanwa ikaba itaragira amahirwe yo kuryegukana. 
Rayon Sports WFC yabanje mu kibuga
Rayon Sports WFC yabanje mu kibuga 

Mafunzo WFC yabanje mu kibuga
Mafunzo WFC yabanje mu kibuga 

Yakinnye umukino wayo wa mbere ufungura iri rushanwa aho yari yitezwe kwitwara neza imbere y'abakunzi bayo, ariko yaje gutungurwa na Mafunzo WFC yo muri Zanzibar aho banganyije ubusa ku busa.

Abakinnyi b'amakipe yombi Ubwo binjiraga mu kibuga
Abakinnyi b'amakipe yombi Ubwo binjiraga mu kibuga 
Abakinnyi basuhuzanya mbere y'uko Umukino utangira
Abakinnyi basuhuzanya mbere y'uko Umukino utangira Ni Umukino watangiye ku isaha ya Saa Kumi z'umugoroba nyuma y'umukino wa Yei Joint WFC yo muri Afurika y'epfo na Denden WFC yo muri Djibuti..
Ni umukino wari witabiriye n'Umuyobozi wa Ferwafa wungirije Richard, Umuyoboi ushyize komisiyo y'umupira w'abagore muri Ferwafa Gicanda,Umuyobozi wa Rwanda Premier League Hadji Mudaheranwa, Umuyobozi wa Rayon Sports FC Hadji Murenzi Abdallah, Umuvugizi wa Rayon Gakwaya, Rutagambwa, Gacinya.

Ba kapiteni bombi batombora amazamu ndetse n'ikipe ibanza gutangiza umupira
Ba kapiteni bombi batombora amazamu ndetse n'ikipe ibanza gutangiza umupira 
Ni Umukino watangiye  Mafunzo WFC  ubona irimo kwiharira umupira cyane wabonaga irimo gushaka gutsinda igitego hakiri kare cyane.


Ku munota wa 3,  Mafunzo WFC yo muri Tanzania yahushije uburyo bwa mbere bukomeye ku mupira mwiza wabonywe na Jackline Kulusanga wacenze ateye ishoti Rayon Sports iwushyira muri Koroneri itagize ikivamo.


Mu minota iri hagati 10 na 20, amakipe yombi yatangiye gucungana cyane ubona nta yirimo gushaka kugera imbere y'izamu cyane. Amakipe yombi muri iyi minota wabonaga arimo gukinira hagati mu kibuga bitandukanye ni uko umukino watangiye.
Ku munota wa 27, Mafunzo WFC yongeye guhusha uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza wazamukanwe na Cynthia Musungu atanga umupira mwiza ashakisha Mounifatou Helbi umubana muremure, umuzamu wa Rayon Sports aratabara awushyira hanze.
Ku munota wa 31,  Rayon Sports WFC yabonye amahirwe yo gutsinda igitego ariko biranga. 

Ni umupira wavuye muri Koroneri yatewe neza na Umwali Uwase usanga aho Ihirwe Regine ahagaze agiye gutera ishoti akorerwa ikosa ariko kufura Rayon WFC yahawe ntiyayibyaza umusaruro.
Ku munota wa 37, ikipe ya Rayon Sports yahushije uburyo bukomeye kuri koroneri yatewe neza na Umwari Wase ariko abakobwa ba Mufunzo SC baratabara. Aya mahirwe Rayon Sports yayabonye nyuma yo kwiharira umupira cyane ndetse ubona abakobwa bayo bakina mu kibuga hagati barimo guhanahana neza.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya

Igice cya mbere hagati ya Rayon Sports WFC na Mafunzo WFC, cyarangiye ikipe zombi  zinganyaije 0-0. 

Ni igice wabonaga amakipe asimburana iminota yo gukina neza kuko hari iminota wabonaga yihariwe na Mafunzo WFC  ndetse indi udasanga iyobowe na Rayon Sports WFC.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya 0-0
Mu gice cya kabiri 

Igice cya kabiri gitangiranye imbagaraga nyinshi ku ruhande rwa Rayon Sports WFC kuko abakobwa bayo bagarutse batakana imbaraga nyinshi ubona ko umutoza Rwaka Claude hari ibyo ababwiye ubwo bari bagiye mu rwambariro.
Ku munota wa 55,  Mafunzo WFC yahushije ubuyro bwabazwe ku mupira mwiza wahawe Mounifatou watakira iyi kipe ariko biza kwanga kuko umupira ntabwo yabashije kuwugeraho ufatwa n'umuzamu wa Rayon Sports witwa Ndakimana Angelique.
Ku munota wa 58, Rayon Sports WFC yakoze impinduka umutoza akura mu kibuga Umwali Uwase, Ntakobanjila Salama na Uwanyirigira Sifa yinjiza mu kibuga Ukwinkunda Jeannette, Niyonshuti Emerance na Ishimwe Mizero Evelyne. 
Ku munota wa 65, i Mafunzo WFC  yahushije uburyo bukomeye. Ni uburyo bwabonywe na Dulwende Ouoba ariko agiye gutera ishoti rikomeye umupira ukurwamo na ba myugariro ba Rayon Sports WFC.

Ku munota wa 68, Rayon Sports WFC yatatse cyane izamu rya Mafunzo WFC ariko kubyaza umusaruro amahirwe yari ibonye biranga. Ni umupira mwiza waamukanwe na Mukeshimana Dorothee atera Snatire nziza ica imbere y'izamu ariko habura umwataka ukoraho gusa ngo ujye mu izamu.

Ku munota wa 73, Mafunzo WFC yakoze impinduka umutoza akura mu kibuga Mounifatou Helbi yinjizamo Leunina Ngonapipi.



Ku munota wa 80,  Rayon Sports WFC yahushije uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza wazamukanywe na Ukwinkunda Jeannette aha neza Mukeshiman Dorothee atera Santire nziza umupira ugiye gufatwa n'umuzamu arawuruka asubijemo uca hejuru y'izamu.


Ku munota wa 87, ikipe ya Rayon Sports yari itsinzwe igitego ariko ku bw'amahirwe nticyajyamo. Ni umupira wazamukanwe na Cynthia Musunga ariko ateye ishoti umupira ukubita ipoto uvamo.

Umusifuzi wa Kane yongeyeho iminota ine yinyongera.


Ku munota wa 92, Rayon Sports Women FC nayo yabuze uburyo bukomeye. Ni umupira mwiza wazamakunwe na Ishimwe Mizero Evelyne ateye ishoti rikomeye umupira ukubita ipoto uvamo.

Umukino warangiye  Rayon Sports Women FC inganyije na Mafunzo Women FC 0-0. Ni umukino wakomereye cyane ikipe ya Rayon Sports WFC bitandukanye ni uko yari ibyiteze. 


Mbere y'uyu mukino hari habanje undi mukino wahuje  Yei Joint Stars women FC yo muri Sudan y'epfo yatsinze Denden women FC yo muri Djibuti ibitego 3-0. Bituma Yei Joint women FC iyobora itsinda n'amanota atatu n'ibitego bitatu izigamye, ikaba ikurikiwe na Rayon Sports Women FC na Mafunzo Women FC zose zifite inota rimwe mu gihe Denden women FC ariyo ya nyuma ifite ubusa n'umwenda w'ibitego 3.

Imikino ikazakomeza ku munsi w'ejo.

Inkuru zerekeye

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 4 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 5 yashize
Basketball: PATRIOTS BBC yageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka
Imikino

Basketball: PATRIOTS BBC yageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka

Patriots BBC yongeye kugera ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka ku ikipe igomba guhatanira u Rwanda mu mikino ya BAL 2027 ni nyuma yo gutsinda REG BBC umukino wa gatanu nyuma y'uko amakipe yanganyaga imikino 2-2.

ADAM Yannick2026 Kanama 15
Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC
Imikino

Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC

APR BBC igeze k'umukino wa nyuma ku nshuro ya gatatu yikurikiranya aho izahura na PATRIOTS BBC biheruka guhura ku mukino wa nyuma wa 2024 APR igatsinda Patriots imikino 4-2 bakaba bongeyeho guhura. Ninde utwara igikombe uyu mwaka?

ADAM Yannick2026 Kanama 15
Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza
Imikino

Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza

Kiyovu Sports Club yasinyishe umutoza mushya Mark Simon Harrison ukomaka mu gihugu cy'ubwongereza uje asimbura Haringingo wagiye muri Rayon Sports Fc Shampiyona itararangiye.

ADAM Yannick2026 Kanama 13

Inkuru zishyashya

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece
Imyidagaduro

Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece

Rutahizamu Héritier Luvumbu Nzinga ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , wavuye mu Rwanda yihenuye ndetse akoze amabara, yatangaje ko ababajwe n’uburyo yatereranywe n’Ubuyobozi bw’Igihugu cye mu gihe cy’imyaka ibiri amaze avuye mu Rwanda asobanura ko ari gupfa yumva kandi bucece.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta
Izindi nkuru

Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta

Kuri uyu wa 20 Kanama 2026 nibwo hatangazwa amanota y’ibizamini bya Leta by’amashuri abanza nk’uko byatangajwe na NESA. Amanota arebwa mu buryo bwa Interineti na SMS nk’uo tugiye kubirebera hamwe.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize