Umunsi.com
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 218 min gusoma
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

‎Miniskirts ni akambaro kagufi kabereye abagore n'abakobwa mu myumvire yabo, kambarwa hamwe n'ishati ngufi cyangwa ingirwashati zambarwa n'ab'igitsina gore gusa bagamije kwemeza abantu babareba cyangwa kwiyumvamo ko basa neza.

‎Miniskirts ushobora kuyambara hamwe n'agashati cyangwa ukayambara yonyine gusa ibi si umuco w'i Rwanda dore ko byambarwa n'abakobwa baba bashaka ko abantu babari iruhande babitegereza , ndetse bakanajujura kubwiza bw'amaguru yabo ibifatwa nk'uburwayi bwa 'Depression' yo gushaka kwemeza abo muri kumwe nyamara ntawe ukwitayeho.

‎Mu gihe waba ushaka kwambara iyo myambaro imeze gutyo ariko ukaba udashaka ko abantu bareba amaguru yawe uburyo bwiza ni ukwambara amasogisi azamuye dore ko byanagufasha mu gihe hanze hakonje nk'uko urabibona mu mafoto y'indobanure twaguhitiyemo aho hasi (Komeza usome).

‎Miniskirts kandi zibera abagore n'abakobwa biteguye kuzamuka imisozi cyangwa se kurira ahantu hazamutse.

‎Iyo ngirwamyenda kuri bamwe , iri mu myambaro igura amafaranga menshi mu maduka yaba ayo kuri murandasi cyangwa asanzwe dore ko ubwo twakoraga iyi nkuru , imwe mu mafoto y'iyo myambaro twifashishije ugura hafi 50,000 RWF ari umwe (Internet).

‎Ubusanzwe ubwiza bw'umugore buba mu gaciro ke no mu buryo yitwara abantu bamuzi bakabona ko yatojwe cyangwa ko yagiriwe inama akazumva. Kwambara nabi sibyo bigira umugore mwiza ahubwo bimushumuriza abasinzi n'abagira umuco akaza nyanya nziza ,zanikwa mu isoko ry'akavuyo bakazikandagira.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 21 yashize
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece
Imyidagaduro

Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece

Rutahizamu Héritier Luvumbu Nzinga ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , wavuye mu Rwanda yihenuye ndetse akoze amabara, yatangaje ko ababajwe n’uburyo yatereranywe n’Ubuyobozi bw’Igihugu cye mu gihe cy’imyaka ibiri amaze avuye mu Rwanda asobanura ko ari gupfa yumva kandi bucece.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Mu mafoto adasanzwe ya Cinema turagukumbuza nyakwigendera Hayden Panettiere wamamaye muri Nashville, Heroes n'izindi
Cinema

‎Mu mafoto adasanzwe ya Cinema turagukumbuza nyakwigendera Hayden Panettiere wamamaye muri Nashville, Heroes n'izindi

‎Umunyabigwi Hayden Panettiere yasize amateka muri Cinema atazigera yibagirana mu mateka y'Isi dore ko yatangiye kuzikina akiri umwana muto kugeza apfuye ku wa 16 Kanama 2026 ku myaka 36 y'amavuko.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Ibintu abagore bakunda cyane babihawe n'abagabo
Inkuru z'urukundo

‎Ibintu abagore bakunda cyane babihawe n'abagabo

‎Ubusanzwe nk'uko amateka abivuga , abagore bakunda kwishingikiriza ku bagabo ndetse burya , ngo hari ibintu abagore bakunda cyane ariko bikaba akarusho bivuye kubo bashakanye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize