Umunyonzi wo muri RD Congo yapfiriye mu rugendo rwo kwimakaza amahoro
Izindi nkuru

Umunyonzi wo muri RD Congo yapfiriye mu rugendo rwo kwimakaza amahoro

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 203 min gusoma
Umunyonzi wo muri RD Congo yapfiriye mu rugendo rwo kwimakaza amahoro

Abategetsi bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC/RDC) batangaje urupfu rw'umunyonzi wari ukiri muto watangije gahunda yo kwimakaza amahoro muri icyo gihugu kirangwamo intambara, mu kunyonga igare kuva i Goma mu burasirazuba bw'icyo gihugu yerekeza mu murwa mukuru Rabat wa Maroc.

Mu itangazo yasohoye ku wa gatandatu, minisiteri y'imikino yavuze ko yamenyanye "agahinda kenshi" urupfu rwa Miguel Masaisai rwabaye ku wa gatanu ariko nta makuru arambuye yatangaje ku cyateje urupfu rwe.

Ibitangazamakuru byo muri DRC bitangaza ko uwo munyegare wari ufite imyaka 23 yakoreye impanuka yo mu muhanda i Ouesso mu gihugu baturanye cya Repubulika ya Congo (Brazzaville), hafi y'umupaka na Cameroun. Amakuru avuga ko Masaisai yari ari mu modoka ya taxi agiye gusanisha igare rye ubwo ikamyo yagongaga iyo modoka.

Minisitiri w'imikino Didier Budimbu yasobanuye ko gahunda ya Masaisai yise "Kunyonga igare ku bw'Amahoro" (cyangwa "Pedals for Peace" mu Cyongereza) yari igikorwa "cyiza" kandi cyo "gukunda igihugu", anihanganisha umuryango we.

Yagize ati: "Yanyonganye igare ubutwari mu rwego rwo kuzana amahoro n'icyizere ku bavandimwe na bashiki bacu bo mu burasirazuba bwa RDC." Yongeyeho ko ukwiyemeza kw'uwo munyonzi "kutwibutsa ukuntu tugomba gukomeza gukora tugamije kugera ku mahoro".

Urugendo ku igare rwa Masaisai rwarakurikiranywe cyane ku mbuga nkoranyambaga ndetse abantu bamutera ingabo mu bitugu. Urugendo rwe rw'amahoro rwo kwerekeza i Rabat anyuze mu bihugu 17 rurangiranye n'urupfu rwe nyuma y'iminsi 75 ari mu muhanda.

Mu gihe imirwano ikomeje mu burasirazuba bwa DRC, nubwo bwose hari ibikorwa by'amahanga bikomeje bigamije kugarura amahoro, gahunda ya Masaisai yatumye abantu benshi bagira ibyiringiro.

Perezida wa DRC Félix Tshisekedi yatumije ibiganiro byo ku rwego rw'igihugu biteganyijwe kuba mu gihe kiri imbere byo kwiga ku bikorwa byo kugarura amahoro no ku bindi bibazo bihangayikishije igihugu. Abamunenga bavuga ko kuba yaraheje inyeshyamba muri ibyo biganiro bishobora gutuma nta ntambwe nini iterwa.

Ibyifuzo by’abasomyi

Andika igitekerezo cyawe

0/2000

Igitekerezo cyawe kizemezwa n’abaditsi mbere y’uko cyagaragara. Ibyanditsse n’ababotsi cyangwa spam ntibyemewe.

Inkuru zerekeye

‎Impanga z'abagore babiri ku myaka 49 basanze badahuje ba Se
Izindi nkuru

‎Impanga z'abagore babiri ku myaka 49 basanze badahuje ba Se

‎Lavinia na Michelle Obsbourne ntabwo bahuje ba Se nyamara baravutse ari impanga. Aba bagore kuri ubu bafite imyaka 49 y'amavuko.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 30
‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60
Izindi nkuru

‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60

‎Abagabo hari igihe kigera bagasubiza amaso inyuma bagashaka kugarura ibyahise nyamara bitarashoboka. Muri iyi nkuru turibanda ku byo abagabo bageze mu myaka 60 bicuza cyane.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 29
‎Kenya : Umugabo yakangutse asohoka muri 'Moroge' nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye
Hanze

‎Kenya : Umugabo yakangutse asohoka muri 'Moroge' nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye

‎Mu Karere ka Naivasha mu Gihugu cya Kenya hakomeje kuvugwa inkuru idasanzwe y'umusore yavuye muri Moroge mu masaha y'Ijoro nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye ndetse n'umuryango we wiyakiriye.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 26
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 21
Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta
Izindi nkuru

Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta

Kuri uyu wa 20 Kanama 2026 nibwo hatangazwa amanota y’ibizamini bya Leta by’amashuri abanza nk’uko byatangajwe na NESA. Amanota arebwa mu buryo bwa Interineti na SMS nk’uo tugiye kubirebera hamwe.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 20
RDC: Abasirikare bahunze urugamba rwo muri Kivu y’Amajyepfo bafatiwe mu mabandi
Izindi nkuru

RDC: Abasirikare bahunze urugamba rwo muri Kivu y’Amajyepfo bafatiwe mu mabandi

RDC: Abasirikare bahunze urugamba rwo muri Kivu y’Amajyepfo bafatiwe mu mabandi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 15

Inkuru zishyashya

Imigambi y’Imana irahambaye, birenze kure ibyo muntu ashobora gutekereza - Papa Leo XVI
Iyobokamana

Imigambi y’Imana irahambaye, birenze kure ibyo muntu ashobora gutekereza - Papa Leo XVI

Papa Leo XIV yasabye abakirisitu kuzirikana ko imigambi y’Imana irenze kure ibyo umuntu ashobora gutekereza, ashingiye ku mugani wa Yezu w’abakozi bakoraga mu ruzabibu, yibutsa ko inzira z’Imana zitandukanye n’iza muntu.

KWIZERA Jean de Dieuiminota 59 zashize
Muhanga: Umuyobozi w’Uburezi yafunzwe hakekwa icyo yaba yazize
Inkuru ku Rwanda

Muhanga: Umuyobozi w’Uburezi yafunzwe hakekwa icyo yaba yazize

Umuyobozi w’Uburezi mu Karere ka Muhanga, Habyarimana Daniel ari mu maboko ya RIB, birakekwa ari ibanga ry’akazi yamennye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Umukinnyi yakoze impanuka agongana n’imashini ikora ikibuga
Imikino

Umukinnyi yakoze impanuka agongana n’imashini ikora ikibuga

Uwahoze ari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Andros Townsend, yahuye n’impanuka idasanzwe ubwo yagongana n’ mashini ikora ikibuga mbere y’umukino wa Thai Pro League, ariko ku bw’amahirwe ntiyagira imvune ikomeye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 3 yashize
Umugore n’umuhungu we bakurikiranyweho icyaha cy’ubusamba nyuma yo gusambana inshuro zirenga 100
Hanze

Umugore n’umuhungu we bakurikiranyweho icyaha cy’ubusamba nyuma yo gusambana inshuro zirenga 100

Umugore w’imyaka 46 wo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Christina Clemens, n’umuhungu we Shane Clemens w’imyaka 22, bakurikiranyweho icyaha cy’ubusambanyi hagati y’abagize umuryango (incest), nyuma y’uko bombi bemeye ko bamaze igihe bakorana imibonano mpuzabitsina.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
USA: Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’imbwa
Hanze

USA: Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’imbwa

Umugore w’imyaka 38 wo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatawe muri yombi, nyuma y’uko umugabo we asanze amashusho amugaragaza ari gukorana ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina n’imbwa y’umuryango, nk’uko polisi ibivuga.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Trump agiye gushyiraho ‘AI Force’ ishinzwe kugenzura ikoranabuhanga rya AI
INKURU NYAMUKURU

Trump agiye gushyiraho ‘AI Force’ ishinzwe kugenzura ikoranabuhanga rya AI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ateganya gushyiraho itsinda ryihariye ryiswe “AI Force” ndetse akanashyiraho umuyobozi mukuru ushinzwe ibijyanye n’ubwenge buhangano (AI Czar).

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize