Trump agiye gushyiraho ‘AI Force’ ishinzwe kugenzura ikoranabuhanga rya AI
INKURU NYAMUKURU

Trump agiye gushyiraho ‘AI Force’ ishinzwe kugenzura ikoranabuhanga rya AI

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 203 min gusoma
Trump agiye gushyiraho ‘AI Force’ ishinzwe kugenzura ikoranabuhanga rya AI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ateganya gushyiraho itsinda ryihariye ryiswe “AI Force” ndetse akanashyiraho umuyobozi mukuru ushinzwe ibijyanye n’ubwenge buhangano (AI Czar).

Yabitangaje ku wa Gatandatu mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje gushyirwaho igitutu cyo gushyiraho amabwiriza agenga iterambere ryihuse rya AI.

Trump abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social, yongeye kuvuga ko impungenge zishingiye kuri AI ari ibihuha, ariko agaragaza ko hari zimwe mu ngaruka z’iri koranabuhanga zigomba kwitabwaho.

Yagize ati “Tuzanareba ibikorwa bibi kandi dushobora kubikora mu buryo bworoshye, dukoresheje uburyo dusanganywe bw’ubutabera mpanabyaha n’ubutabera mbonezamubano.”

Yakomeje agira ati “Kubera iyo mpamvu, ndimo gushyiraho AI Force nk’uko nabigenje nshyiraho Space Force, kandi yageze ku ntego ikomeye muri manda yanjye ya mbere. Kubera iyo mpamvu mu minsi iri imbere nzatangaza ‘AI Czar’, abemerewe gusaba uyu mwanya ni abafite ubwenge bwo ku rwego rwo hejuru gusa!”

Ishyirwaho rya Space Force na Trump mu 2019 ryabaye ubwa mbere Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishyizeho ishami rishya rya gisirikare kuva mu 1947.

Itangazo rya Trump rije mu gihe Amerika ikomeje gusabwa gushyiraho uburyo bwo kurinda abaturage ingaruka za AI.

Perezida Trump yakomeje kugaragaza ko izo mpungenge zishingiye ku busa ko ahubwo ari umugambi mubi wo kubangamira iterambere rya AI.

Mu butumwa bwe bwo ku wa Gatandatu yagize ati “Ntabwo tuzigera na rimwe tubangamira cyangwa ngo duhagarike iterambere ry’uru rwego ridasanzwe. Turi imbere y’u Bushinwa ndetse n’isi yose, kandi ndashaka gukomeza muri uwo mujyo.”

Trump yagaragaje ko kurusha u Bushinwa mu bijyanye na AI no gukomeza inyungu z’ubukungu zituruka kuri iri koranabuhanga ari byo ashyize imbere kurusha kwita ku mpungenge z’abahangayikishijwe na ryo.

Ikibazo cya AI kimaze kuba kimwe mu bigize impaka za politiki muri Amerika, nyuma y’uko abayobozi b’inganda basabye ko habaho kugabanya umuvuduko w’iterambere ry’iri koranabuhanga ku rwego mpuzamahanga.

Biteganyijwe ko ubuyobozi bwa Trump buzategura inama yo ku rwego rwo hejuru ku bijyanye na AI izaba mu gihe Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye izaba iba ku wa Gatatu.

Ku munsi uzakurikiraho, abayobozi b’ibigo bikomeye by’ikoranabuhanga barimo Sam Altman wa OpenAI, Jensen Huang wa Nvidia na Sundar Pichai wa Google, bazakirwa na Perezida Trump.

Bizakorwa mu rwego rwo kwakira Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping uzaba wagiriye uruzinduko muri Amerika nk’uko umwe mu bayobozi ba White House yabivuze.

Umwe mu bayobozi ba White House yavuze kandi ko umutekano mu bijyanye na AI izaba ingingo y’ingenzi mu biganiro bizahuza Trump na Xi Jinping.

Ibyifuzo by’abasomyi

Andika igitekerezo cyawe

0/2000

Igitekerezo cyawe kizemezwa n’abaditsi mbere y’uko cyagaragara. Ibyanditsse n’ababotsi cyangwa spam ntibyemewe.

Inkuru zerekeye

Perezida Kagame na Wadagni basabye impande zombi kongera inzego ibihugu bifatanyamo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Wadagni basabye impande zombi kongera inzego ibihugu bifatanyamo

Perezida Kagame na mugenzi we wa Benin Romuald Wadagni bagiranye ibiganiro nyuma basaba abayobozi ku mpande zombi gushyira imbaraga mu bufatanye bw’ibihugu byombi no gushyira imbaraga mu nzego z’ubufatanye nshya, habyazwa inyungu gahunda zihuriweho.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize
Ikipe ya Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10
INKURU NYAMUKURU

Ikipe ya Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10

Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10 mu mukino wo ku munsi wa 4 wa Shampiyona y’u Bwongereza wakinwe kuri iki Cyumweru saa Kumi n'Imwe n’iminota 30 kuri Old Trafford.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize
Abanyeshuri 94,33% batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye
INKURU NYAMUKURU

Abanyeshuri 94,33% batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko abanyeshuri 94,33% batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 11
NESA igiye gutangaza amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye
INKURU NYAMUKURU

NESA igiye gutangaza amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026 azatangazwa kuri uyu wa 11 Nzeri 2026, saa munani z’amanywa (2:00 PM).

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 11
Kagarara ‘Ashton Small’ agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bwe
INKURU NYAMUKURU

Kagarara ‘Ashton Small’ agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bwe

Enock Uwizeye uzwi nka ‘Kagarara’, ariko ku rundi ruhande wamamaye nka Ashton Small, agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bushaririye yakuriyemo, nk’umuntu ufite ubumuga.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 9
Igihugu cya Tanzania kigiye kwakira irushanwa rya Nyampinga w’Isi
INKURU NYAMUKURU

Igihugu cya Tanzania kigiye kwakira irushanwa rya Nyampinga w’Isi

Igihugu cya Tanzania , kigiye kwakira irushanwa rikomeye mu bwiza rya ‘Miss World’ kibe cyanditse amateka by’umwihariko muri Afurika y’Iburasirazuba dore ko ari nabwo bwa mbere rizaba rihabereye.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 7

Inkuru zishyashya

Imigambi y’Imana irahambaye, birenze kure ibyo muntu ashobora gutekereza - Papa Leo XVI
Iyobokamana

Imigambi y’Imana irahambaye, birenze kure ibyo muntu ashobora gutekereza - Papa Leo XVI

Papa Leo XIV yasabye abakirisitu kuzirikana ko imigambi y’Imana irenze kure ibyo umuntu ashobora gutekereza, ashingiye ku mugani wa Yezu w’abakozi bakoraga mu ruzabibu, yibutsa ko inzira z’Imana zitandukanye n’iza muntu.

KWIZERA Jean de Dieuiminota 59 zashize
Muhanga: Umuyobozi w’Uburezi yafunzwe hakekwa icyo yaba yazize
Inkuru ku Rwanda

Muhanga: Umuyobozi w’Uburezi yafunzwe hakekwa icyo yaba yazize

Umuyobozi w’Uburezi mu Karere ka Muhanga, Habyarimana Daniel ari mu maboko ya RIB, birakekwa ari ibanga ry’akazi yamennye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Umukinnyi yakoze impanuka agongana n’imashini ikora ikibuga
Imikino

Umukinnyi yakoze impanuka agongana n’imashini ikora ikibuga

Uwahoze ari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Andros Townsend, yahuye n’impanuka idasanzwe ubwo yagongana n’ mashini ikora ikibuga mbere y’umukino wa Thai Pro League, ariko ku bw’amahirwe ntiyagira imvune ikomeye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 3 yashize
Umugore n’umuhungu we bakurikiranyweho icyaha cy’ubusamba nyuma yo gusambana inshuro zirenga 100
Hanze

Umugore n’umuhungu we bakurikiranyweho icyaha cy’ubusamba nyuma yo gusambana inshuro zirenga 100

Umugore w’imyaka 46 wo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Christina Clemens, n’umuhungu we Shane Clemens w’imyaka 22, bakurikiranyweho icyaha cy’ubusambanyi hagati y’abagize umuryango (incest), nyuma y’uko bombi bemeye ko bamaze igihe bakorana imibonano mpuzabitsina.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
USA: Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’imbwa
Hanze

USA: Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’imbwa

Umugore w’imyaka 38 wo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatawe muri yombi, nyuma y’uko umugabo we asanze amashusho amugaragaza ari gukorana ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina n’imbwa y’umuryango, nk’uko polisi ibivuga.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Umunyonzi wo muri RD Congo yapfiriye mu rugendo rwo kwimakaza amahoro
Izindi nkuru

Umunyonzi wo muri RD Congo yapfiriye mu rugendo rwo kwimakaza amahoro

Abategetsi bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC/RDC) batangaje urupfu rw'umunyonzi wari ukiri muto watangije gahunda yo kwimakaza amahoro muri icyo gihugu kirangwamo intambara, mu kunyonga igare kuva i Goma mu burasirazuba bw'icyo gihugu yerekeza mu murwa mukuru Rabat wa Maroc.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize