Umukinnyi yakoze impanuka agongana n’imashini ikora ikibuga
Imikino

Umukinnyi yakoze impanuka agongana n’imashini ikora ikibuga

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 203 min gusoma
Umukinnyi yakoze impanuka agongana n’imashini ikora ikibuga

Uwahoze ari umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Andros Townsend, yahuye n’impanuka idasanzwe ubwo yagongana n’ mashini ikora ikibuga mbere y’umukino wa Thai Pro League, ariko ku bw’amahirwe ntiyagira imvune ikomeye.

Ibi byabereye kuri Pattani Province Stadium ku wa Gatandatu, ubwo Townsend w’imyaka 35 yari ari mu myiteguro yishyushya mbere y’umukino ikipe ye ya PT Prachuap yari igiye gukina.Mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, Townsend agaragara agerageza kugenzura umupira, maze aza kugwa imbere y’imashini ikora ikibuga yari iri mu kazi.

Iyo mashini yari itwawe n’umushoferi yaje kumukandagira ku maguru, bituma bagenzi be mu kibuga bagira ubwoba bwinshi, bamwe baza kureba uko ameze.Townsend na we yagerageje gusunika iyo mashini kugira ngo imuveho, mbere y’uko umushoferi ayihagarika maze akamanuka akajya kumufasha.

Amafoto yafashwe n’ibitangazamakuru byo muri ako gace yagaragaje ko Townsend yagize igisebe n’ibikomere ku itako, ariko nyuma y’umukino yemeje ko nta kibazo gikomeye yagize.Uyu mukinnyi na we ubwe yafashe ibyabaye nk’ibisekeje, asangiza amashusho y’iyo mpanuka ku rubuga rwa Instagram. Yayashyizeho amagambo agira ati: “Undi munsi usanzwe muri ruhago ya Thailand.

Nubwo yari yagize ako kantu mbere y’umukino, Townsend ntiyagize ikibazo cyamubuza gukina. Ikipe ye ya PT Prachuap yatsinze umukino ibitego 3-0, ndetse Townsend aza mu kibuga asimbuye mu minota ya nyuma.

Townsend yageze muri PT Prachuap mu mpeshyi avuye muri Kanchanaburi Power, indi kipe yo muri Thailand, ndetse muri uyu mwaka w’imikino amaze kugaragara mu mikino itatu.Yageze muri Thai Pro League muri Kanama 2025, nyuma yo gukinira Antalyaspor muri Türkiye.

Uyu mukinnyi wakuriye mu ishuri ry’umupira rya Tottenham Hotspur afite ubunararibonye bukomeye mu Bwongereza, aho yakinnye imikino 291 muri Premier League, akinira amakipe nka Tottenham Hotspur, Crystal Palace, Everton na Luton Town.

Mu mwuga we umaze kumugeza mu makipe 17 atandukanye, Townsend kandi yakiniye Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza inshuro 13 hagati ya 2013 na 2016.

Ibyifuzo by’abasomyi

Andika igitekerezo cyawe

0/2000

Igitekerezo cyawe kizemezwa n’abaditsi mbere y’uko cyagaragara. Ibyanditsse n’ababotsi cyangwa spam ntibyemewe.

Inkuru zerekeye

Sadio Mané yashoye miliyari zirenga 28 Frw mu mushinga ukomeye w’ubuhinzi iwabo
Imikino

Sadio Mané yashoye miliyari zirenga 28 Frw mu mushinga ukomeye w’ubuhinzi iwabo

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Sénégal, Sadio Mané, yongeye kugaragaza uruhare agira mu iterambere ry’iwabo, aho agiye gushora miliyoni 19,5 z’Amadolari ya Amerika, asaga miliyari 28 Frw, mu mushinga mugari w’ubuhinzi n’inganda zitunganya umusaruro uzashyirwa mu gace ka Bambali avukamo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Iradukunda Pascal yabonye ikipe nshya muri Arabie Saoudite
Imikino

Iradukunda Pascal yabonye ikipe nshya muri Arabie Saoudite

Iradukunda Pascal ukina mu kibuga hagati ariko washeshe amasezerano yari afitanye na Rayon Sports, yabonye ikipe nshya ya Nova Star SC ikina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri muri Arabie Saoudite.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 5 yashize
Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima
Imikino

Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko Leta y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga bwo kurwanya ibisindisha ndetse n’ibiyobyabwenge kubera ko byibasira urubyiruko kandi ari rwo igihugu gitezeho amaboko yo kucyubaka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize
Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026
Imikino

Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026

Abakinnyi b’Abanyafurika umunya Morocco Achraf Hakimi n'umunya Senegal Sadio Mané bari mu bakinnyi 30 bahatanira Ballon d’Or 2026, mu gihe Afurika ifite abandi bakinnyi bahataniye ibihembo bitandukanye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 kuva ibi bihembo byatangira gutangwa.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 10
Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo
Imikino

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo

Ikipe yo muri Turikiya, Turgutluspor, yakoze amateka yo guha akazi Zeynep Mestan nk’umutoza mushya w’ikipe yayo nkuru y’abagabo.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 10
Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027
Imikino

Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027

Bk Pro League 2026-2027 yatangiye ku wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Aho amakipe amwe yatunguwe andi nayo aratungurana.

ADAM Yannick2026 Nzeri 9

Inkuru zishyashya

Imigambi y’Imana irahambaye, birenze kure ibyo muntu ashobora gutekereza - Papa Leo XVI
Iyobokamana

Imigambi y’Imana irahambaye, birenze kure ibyo muntu ashobora gutekereza - Papa Leo XVI

Papa Leo XIV yasabye abakirisitu kuzirikana ko imigambi y’Imana irenze kure ibyo umuntu ashobora gutekereza, ashingiye ku mugani wa Yezu w’abakozi bakoraga mu ruzabibu, yibutsa ko inzira z’Imana zitandukanye n’iza muntu.

KWIZERA Jean de Dieuiminota 59 zashize
Muhanga: Umuyobozi w’Uburezi yafunzwe hakekwa icyo yaba yazize
Inkuru ku Rwanda

Muhanga: Umuyobozi w’Uburezi yafunzwe hakekwa icyo yaba yazize

Umuyobozi w’Uburezi mu Karere ka Muhanga, Habyarimana Daniel ari mu maboko ya RIB, birakekwa ari ibanga ry’akazi yamennye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Umugore n’umuhungu we bakurikiranyweho icyaha cy’ubusamba nyuma yo gusambana inshuro zirenga 100
Hanze

Umugore n’umuhungu we bakurikiranyweho icyaha cy’ubusamba nyuma yo gusambana inshuro zirenga 100

Umugore w’imyaka 46 wo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Christina Clemens, n’umuhungu we Shane Clemens w’imyaka 22, bakurikiranyweho icyaha cy’ubusambanyi hagati y’abagize umuryango (incest), nyuma y’uko bombi bemeye ko bamaze igihe bakorana imibonano mpuzabitsina.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
USA: Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’imbwa
Hanze

USA: Umugore yatawe muri yombi nyuma yo gufatwa amashusho ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’imbwa

Umugore w’imyaka 38 wo muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatawe muri yombi, nyuma y’uko umugabo we asanze amashusho amugaragaza ari gukorana ibikorwa by’imibonano mpuzabitsina n’imbwa y’umuryango, nk’uko polisi ibivuga.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Trump agiye gushyiraho ‘AI Force’ ishinzwe kugenzura ikoranabuhanga rya AI
INKURU NYAMUKURU

Trump agiye gushyiraho ‘AI Force’ ishinzwe kugenzura ikoranabuhanga rya AI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ateganya gushyiraho itsinda ryihariye ryiswe “AI Force” ndetse akanashyiraho umuyobozi mukuru ushinzwe ibijyanye n’ubwenge buhangano (AI Czar).

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
Umunyonzi wo muri RD Congo yapfiriye mu rugendo rwo kwimakaza amahoro
Izindi nkuru

Umunyonzi wo muri RD Congo yapfiriye mu rugendo rwo kwimakaza amahoro

Abategetsi bo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC/RDC) batangaje urupfu rw'umunyonzi wari ukiri muto watangije gahunda yo kwimakaza amahoro muri icyo gihugu kirangwamo intambara, mu kunyonga igare kuva i Goma mu burasirazuba bw'icyo gihugu yerekeza mu murwa mukuru Rabat wa Maroc.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize