Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima
Imikino

Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 143 min gusoma
Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko Leta y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga bwo kurwanya ibisindisha ndetse n’ibiyobyabwenge kubera ko byibasira urubyiruko kandi ari rwo igihugu gitezeho amaboko yo kucyubaka.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa 13 Nzeri 2026 ubwo yari mu gikorwa cya siporo rusange kizwi nka ’Car Free Day’ cyabereye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Niboye, mu kibuga cya IPRC-Kicukiro.

Mukazayire yatanze ubu butumwa mu gihe Car Free Day y’uyu munsi yari yahujwe na gahunda y’igihugu yo kurwanya ibiyobyabwenge, ubusinzi ndetse n’inzoga z’itujuje ubuziranenge.

Muri iki gikorwa cyari gifite inganyamatsiko igira iti “Sober Generation, Sobriety is Dignity’, Mukazayire yagize ati “Duhagurukire gukora siporo kuko ni ubuzima. Ikindi kandi igihugu cyacu gikeneye abantu bafite amagara mazima batabaswe n’ubusinzi cyangwa ibiyobyabwenge".

Minisitiri Mukazayire yakomeje avuga ko “iyo umuntu ari gukora siporo aba ari kwiyubaka yaba mu mubiri ndetse no mu bitekerezo. Umuntu waraye anyoye icyuma ntabwo wamubona mu gitondo ari hano turi gukorana siporo."

Umulisa Esther Williams ukoresha imbuga nkoranyambaga ndetse akaba n’umwe mubashinze ihuriro bise, ’Sober Generation’ yabwiye IGIHE ko bagize igitekerezo cyo guhuza urubyiruko rw’ingeri zitandukanye kugira ngo babashe gutanga umusanzu mu gukangurira abandi kwirinda ingeso z’ubusinzi no kunywa ibiyobyabwenge kugira ngo babashe gusigasira ubuzima bwabo.

Ati “Turi ihuriro ry’urubyiruko rw’ingeri nyinshi aho dufite abakoresha imbuga nkoranyambaga, abaremankuru (content creators), abakora mu iby’ikoranabuhanga n’abandi. Twabonye ko igihugu cyacu cyifuza urubyiruko rufite icyerekezo kizima. Twabihuje na siporo kuko iri muri bimwe bifasha abantu kugira ubuzima buzima ndetse igatuma umuntu atakwishora mu zindi ngeso zimwangiza.”

Iki gikorwa cyitabiriwe n’ibyamamare birimo abahanzi, abanyarwenya, abakinnyi ba filime ndetse n’abakoresha imbuga nkoranyambaga aho bose biyemeje gukangurira urubyiruko kuzibukira ubusinzi n’ibiyobyabwenge ahubwo bakitabira sporo cyane.

Umunyanama w’abahanzi, Muyoboke Alexis yavuze ko umuntu ashobora kwishima kandi atasinze, akangurira urubyiruko gushaka ibindi bintu bashakiramo ibyishimo bitari ubusinzi.

Ati “Jye nabanye n’abahanzi ariko kuva na kera kugeza n’ubu sindasoma ku nzoga kandi ntibimbuza kwishimana n’abandi".

Bruce Melodie na we wari witabiriye iyi Car Free Day yunzemo ko igihugu gikeneye abantu bazima ndetse asezeranya abakunzi be ko azajya ahora yitabira iki gikorwa rusange kugira ngo abe urugero rwiza ku bamukunda kandi abereke ko na bo ubwabo bakwiriye kubanza kwikunda.

Ibyifuzo by’abasomyi

Andika igitekerezo cyawe

0/2000

Igitekerezo cyawe kizemezwa n’abaditsi mbere y’uko cyagaragara. Ibyanditsse n’ababotsi cyangwa spam ntibyemewe.

Inkuru zerekeye

Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026
Imikino

Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026

Abakinnyi b’Abanyafurika umunya Morocco Achraf Hakimi n'umunya Senegal Sadio Mané bari mu bakinnyi 30 bahatanira Ballon d’Or 2026, mu gihe Afurika ifite abandi bakinnyi bahataniye ibihembo bitandukanye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 kuva ibi bihembo byatangira gutangwa.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo
Imikino

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo

Ikipe yo muri Turikiya, Turgutluspor, yakoze amateka yo guha akazi Zeynep Mestan nk’umutoza mushya w’ikipe yayo nkuru y’abagabo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027
Imikino

Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027

Bk Pro League 2026-2027 yatangiye ku wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Aho amakipe amwe yatunguwe andi nayo aratungurana.

ADAM Yannickiminsi 4 yashize
Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial
Imikino

Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial

Ikipe ya DR Congo igiye kongera gushaka itike y’imikino y’igkombe cya Afurika 2027 nyuma yo kuva mu gikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Mexico, Canada na Amerika. Iyi kipe igiye gutangira ihura na Guinea Equatorial nk’uko byatangajwe na CAF.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize
Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026
Akazi

Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026

Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira kuri uyu wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho bimwe byahindutse muri uyu mwaka w'imikino.

ADAM Yannick2026 Nzeri 5
Kiyovu Sports Club yamuritse umwambaro mushya wayo izakoresha mu mwaka w'imikino 2026-2027 ndetse n' Umuterankunga Mukuru
Imikino

Kiyovu Sports Club yamuritse umwambaro mushya wayo izakoresha mu mwaka w'imikino 2026-2027 ndetse n' Umuterankunga Mukuru

Kiyovu Sports Club yamuritse umwenda wayo izakoresha mu mwaka w'imikino mushya wa 2026-2027 ndetse unariho Umuterankunga mushya wasimbuye Gorilla Coffee.

ADAM Yannick2026 Nzeri 4

Inkuru zishyashya

Gicumbi: Umugabo akurikiranweho gusambanya umukobwa we w’imyaka 19 ku gahato
Inkuru ku Rwanda

Gicumbi: Umugabo akurikiranweho gusambanya umukobwa we w’imyaka 19 ku gahato

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kabeza, yasabiwe n’Ubushinjacyaha gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera icyaha cyo gukoresha umukobwa we imibonano mpuzabitsina ku gahato.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
Rutsiro: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya umwana amwizeza kumugira umugore
Inkuru ku Rwanda

Rutsiro: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya umwana amwizeza kumugira umugore

Umusore w’imyaka 21 wo mu Karere ka Rutsiro afunzwe akekwaho gushukisha umwana w’imyaka 16 kumugira umugore akarara amusambanya ijoro ryose.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Weekend yageze  ! Tekereza El Classico Beach Chez West niba ushaka gusohoka ukishimira ibyo wagezeho !
Inkuru zamamaza

Weekend yageze ! Tekereza El Classico Beach Chez West niba ushaka gusohoka ukishimira ibyo wagezeho !

Urashaka gutembera n'umuryango wawe ? Urashaka gusohokana n'abawe ? Tekereza kuri El Classico Beach kuko ariho hafite ibyo wifuza byose. Hari amafunguro meza ayobowe n'Ifi, hari inkoko , ndetse hakaba n'ibyo kunywa bigezweho. Bagufitiye amacumbi meza kandi abari mu kwezi kwa buki bo bahabwa na Poromosiyo yo gutembera mu Kiyaga cya Kivu mu bwato ku buntu iyo barahamara kabiri.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Abanyeshuri 94,33% batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye
INKURU NYAMUKURU

Abanyeshuri 94,33% batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko abanyeshuri 94,33% batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
NESA igiye gutangaza amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye
INKURU NYAMUKURU

NESA igiye gutangaza amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026 azatangazwa kuri uyu wa 11 Nzeri 2026, saa munani z’amanywa (2:00 PM).

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
AFC-M23 yatangaje umubare w’abapfiriye mu nkongi y’umuriro y’i Bukavu
Hanze

AFC-M23 yatangaje umubare w’abapfiriye mu nkongi y’umuriro y’i Bukavu

Ihuriro AFC-M23 ryatangaje ko abana n’abanyeshuri 24, barimo abakobwa 19 n’abahungu batanu, ari bo bapfiriye mu nkongi y’umuriro yibasiye amazu yo mu gace ka Tshimpunda ho muri Komini ya Kadutu, mu Mujyi wa Bukavu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize