Ikipe ya DR Congo igiye kongera gushaka itike y’imikino y’igkombe cya Afurika 2027 nyuma yo kuva mu gikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Mexico, Canada na Amerika. Iyi kipe igiye gutangira ihura na Guinea Equatorial nk’uko byatangajwe na CAF.
Ni mu
mukino uzaba tariki 24 Nzeri 2026 kuri Stade des Martyrs iherereye mu Mugi wa
Kinshasa, mu makuru yashyizwe hanze na FECOFA , Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru
muri DR Congo kuri uyu wa 07 Nzeri 2026 ari nabwo bashyize hanze abazagira
uruhare muri uwo mukino harimo Judex Nganga Mampa.
Umusifuzi mukuru muri uwo mukino ni Joseph Odey Ogabor wo muri Nigeria , azungirizwa na Tejiri Besmart Digbori na Emmanuel Omada mu gihe umusifuzi wa Kane azaba ari Grema Mohamed..Le Leopards , izakinira imbere y'abafana bayo.
Ni ikipe kandi yahagarariye umugabane wa Afurika mu mikino y'ishyiraniro mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026 ndetse ikaza no kuyibona , ikanagerageza kwitwara neza mu mikino imwe n'imwe n'ubwo yasezerewe itageze kure.














