
Rutahizamu wa Argentine nyuma yo gukina imikino y'igikombe cy'Isi cya 2026 yakinaga nk'icyanyuma mu mboni y'abakunzi b'umupira w'amaguru ariko bikarangira nta gikombe atwaye nyamara yarafashijwe n'ingeri zose kugitwara.
Mu magambo yuzuye amarangamutima menshi n'urukundo yakundaga umupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe y'Igihugu cye cya Argentine, Lionel Messi yashimiye buri umwe wese wamubaye hafi ndetse anashimira Imana.
Yagize ati:"Nyuma y'igihe gishize, kuva imikino ya nyuma irangiye , nyuma yo kubitekerezaho cyane, ndashaka kubwira buri umwe ko nasezeye mu ikipe y'Igihugu.
"Ni umwanzuro uryana, kandi uracyaryana muri njye gusa nanone ndiyumvisha ko igihe kigeze. Ndarahira kuri mwe , nukuri natanze byose narimfite. Si gusa mu gihe twarimo gutwara ibikombe ariko na mbere y'aho. Iteka nararwanye ngo mpeshe ishema uyu mwambaro mu kibuga , ntange ibyishimo kandi numve mukunze Argentine binyuze mu mupira".
Yakomeje agira ati:"Igihe kiri kuba gito, ndetse urugendo rugeze ku iherezo kandi ibi nibyo bibabaza. Narakunze , ndakundwa kandi iteka nzahora nifuza kuba umwe mu bagize ikipe y'Igihugu. Natanze byose narimfite ; Ntanakimwe gisigaye cyo gutanga kandi hari abana bato beza bari gukura bakwiriye kuba hano".
Lionel Messi yashimiye abana bamwitayeho mu myaka 20 ishize avuga ko azabakumbura. Ati:"Mwarakoze cyane kubwo kunyitaho, muri iyi myaka 20 yose. Nzakumbura kubumvira mu kibuga , ubu nanjye nzaba ndi umwe muri mwe, mugufanira hanze y'ikibuga. Ndashimira umuryango wanjye wahambereye ukamfasha muri byose, mu bihe byiza , ndetse n'ibibi. Ndashimira abatoza , abakinnyi bagenzi banjye ndetse n'abandi.
Ngiye mfite amahoro yo mu mutima n'icyubahiro mwese mwampaye".
Lionel Messi yasoje ashimira Imana yatumye aba uwo muri Argentine avuga ko amagambo yose yavuze yayanditse tariki 21 Nyakanga nyuma y'iminsi ibiri igikombe cy'Isi kirangiye.













