Umunsi.comstudent.umunsi.com
‎Njyanye amahoro yo mu mutima ! Lionel Messi yasezeye ruhago avuga ko atazongera gukinira ikipe y'Igihugu ya Argentine
Imikino

‎Njyanye amahoro yo mu mutima ! Lionel Messi yasezeye ruhago avuga ko atazongera gukinira ikipe y'Igihugu ya Argentine

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 313 min gusoma
‎Njyanye amahoro yo mu mutima ! Lionel Messi yasezeye ruhago avuga ko atazongera gukinira ikipe y'Igihugu ya Argentine

‎Rutahizamu wa Argentine nyuma yo gukina imikino y'igikombe cy'Isi cya 2026 yakinaga nk'icyanyuma mu mboni y'abakunzi b'umupira w'amaguru ariko bikarangira nta gikombe atwaye nyamara yarafashijwe n'ingeri zose kugitwara.

‎Mu magambo yuzuye amarangamutima menshi n'urukundo yakundaga umupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe y'Igihugu cye cya Argentine, Lionel Messi yashimiye buri umwe wese wamubaye hafi ndetse anashimira Imana.

‎Yagize ati:"Nyuma y'igihe gishize, kuva imikino ya nyuma irangiye , nyuma yo kubitekerezaho cyane, ndashaka kubwira buri umwe ko nasezeye mu ikipe y'Igihugu.

‎"Ni umwanzuro uryana, kandi uracyaryana muri njye gusa nanone ndiyumvisha ko igihe kigeze. Ndarahira kuri mwe , nukuri natanze byose narimfite. Si gusa mu gihe twarimo gutwara ibikombe ariko na mbere y'aho. Iteka nararwanye ngo mpeshe ishema uyu mwambaro mu kibuga , ntange ibyishimo kandi numve mukunze Argentine binyuze mu mupira".

‎Yakomeje agira ati:"Igihe kiri kuba gito, ndetse urugendo rugeze ku iherezo kandi ibi nibyo bibabaza. Narakunze , ndakundwa kandi iteka nzahora nifuza kuba umwe mu bagize ikipe y'Igihugu. Natanze byose narimfite ; Ntanakimwe gisigaye cyo gutanga kandi hari abana bato beza bari gukura bakwiriye kuba hano".

‎Lionel Messi yashimiye abana bamwitayeho mu myaka 20 ishize avuga ko azabakumbura. Ati:"Mwarakoze cyane kubwo kunyitaho, muri iyi myaka 20 yose. Nzakumbura kubumvira mu kibuga , ubu nanjye nzaba ndi umwe muri mwe, mugufanira hanze y'ikibuga. Ndashimira umuryango wanjye wahambereye ukamfasha muri byose, mu bihe byiza , ndetse n'ibibi. Ndashimira abatoza , abakinnyi bagenzi banjye ndetse n'abandi.

‎Ngiye mfite amahoro yo mu mutima n'icyubahiro mwese mwampaye".

‎Lionel Messi yasoje ashimira Imana yatumye aba uwo muri Argentine avuga ko amagambo yose yavuze yayanditse tariki 21 Nyakanga nyuma y'iminsi ibiri igikombe cy'Isi kirangiye.

Inkuru zerekeye

Hakim Hamissi afashije Kiyovu Sports Club gutwara igikombe nyuma y'imyaka 33.
Imikino

Hakim Hamissi afashije Kiyovu Sports Club gutwara igikombe nyuma y'imyaka 33.

Igitego cya Hakim Hamissi cyo ku munota wa 84 nicyo gihesheje Kiyovu Sports Club gutwara igikombe nyuma y'imyaka 33.

ADAM Yannickamasaha 23 yashize
Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi
Imikino

Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi

KNC nyuma yo kutemera ibyavuye muri komisiyo y'amategeko. Akajurira. Akanama kigenga k'ubujurire katesheje agaciro ubujurire bwe.

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation
Imikino

Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation

Kugeza ubu amakuru avuga ko bamwe mu bakinnyi bashya b’ikipe ya Rayon Sports, Mohamed Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere wa CAF Confederation Cup bitewe n’uko urwego rwabo rukiri hasi.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
KNC yaguririye icyemezo cyo kurekura Hamiss Hakim nyuma yo kumutsinda muri Ferwafa
Imikino

KNC yaguririye icyemezo cyo kurekura Hamiss Hakim nyuma yo kumutsinda muri Ferwafa

KNC nyuma yo gutsindwa na Hakim Hamiss avuga ko yasuzuguwe ngo Kiyovu niba imushaka nize baganire

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026
Imikino

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma zimaze gusezerera Mukura VS na Rayon Sports FC.

ADAM Yannickiminsi 3 yashize
APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026
Imikino

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona nyuma yo Gutsinda Patriots BBC imikino ine kubusa (4-0). Bikaba bibaye inshuro ya kabiri yegukana igikombe yikurikiranya kuko numwaka ushyize niyo yari3yagitwaye.

ADAM Yannick2026 Kanama 25

Inkuru zishyashya

‎Keliiy yashimagije Burna Boy amwita umugiraneza
Imyidagaduro

‎Keliiy yashimagije Burna Boy amwita umugiraneza

‎Umunyamideri Keliiy Morgan yasobanuye ko gukorana na Burna boy wo muri Nigeria byari byiza kuri we ngo na cyane ko byahinduye ubuzima bwe mu buryo butandukanye agereranyije n'abandi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 22 yashize
FC Barcelona igiye gusinyisha Jesus ku kayabo k’agera kuri 17,114,122,350 RWF
Imyidagaduro

FC Barcelona igiye gusinyisha Jesus ku kayabo k’agera kuri 17,114,122,350 RWF

Ikipe ya Arsenal igiye gusinyisha umukinnyi ukomeye Gabriel Jesus wa Arsenal ku kayabo k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri 17,114,122,350 nk’uko amasoko atandukanye dukesha iyi nkuru abitangaza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Abakopeye ibizamini bya Leta bagiye kongera gukora bwa Kabiri
INKURU NYAMUKURU

‎Abakopeye ibizamini bya Leta bagiye kongera gukora bwa Kabiri

‎Nk'uko bigaragara mu itangazo ryasohowe abanyeshuri bakopeye bagiye kongera gukora mu rwego rwo kubarengera.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Impanga z'abagore babiri ku myaka 49 basanze badahuje ba Se
Izindi nkuru

‎Impanga z'abagore babiri ku myaka 49 basanze badahuje ba Se

‎Lavinia na Michelle Obsbourne ntabwo bahuje ba Se nyamara baravutse ari impanga. Aba bagore kuri ubu bafite imyaka 49 y'amavuko.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko
INKURU NYAMUKURU

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko

‎Nyuma y'imyaka itatu, Diamond Platnumz yongeye guha ibyishimo Abanyarwanda mu gitaramo cyabereye mu Mugi wa Kigali.Ni igitaramo Simba yahuriyemo na Bruce Melodie , Nel Ngabo na Ish Kevin.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira
Hanze

‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira

‎Gen Muhoozi Kainarugaba , Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko kubera amashusho y'aba-general bashyizwe mu kiruhuko cy'izabukuru yabagaragaye bari kubyina cyane , agomba kubafunga bose.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize