
Umunyamideri Keliiy Morgan yasobanuye ko gukorana na Burna boy wo muri Nigeria byari byiza kuri we ngo na cyane ko byahinduye ubuzima bwe mu buryo butandukanye agereranyije n'abandi.
Mu kiganiro yagiranye n'abanyamakuru Keliiy Morgan wakoranye n'ibyamamare bitandukanye birimo ; Shallipopi, Fireboy , Rema, Stoneboy, Shatta Wale, Black Sharif n'abandi yagaragaje ko gukorana na Burna Boy, byamusigiye ibyiza byinshi mu buzima bwe azahora yibuka.
Ati:"Nakoranye na Burna Boy, Shallipopi, Fireboy, Rema, Stoneboy, Shatta , Black Sharif. Gukorana na Burna Boy byampinduriye ubuzima. Ntabwo ari umukire usanzwe nk'uko yigaragaza inyuma, ni umugabo wicisha bugufi ukuvugisha iyo agukeneye".
Kiiliy yasobanuye imbaraga bimutwara kugira ngo abashe kubona ibyo yambika umukiriya we kugira ngo agaragare neza bityo na we agashimira cyane abaha agaciro n'imbaraga aba yakoresheje.
Avuga ko kandi imyambaro myinshi ayishaka mu masaha make mbere y'uko ayambika uwo bagiye gukorana , ibintu avuga ko ari akazi gakomeye kuri we.
Ati:"Kubyuka kare mu gitondo nka Saa 2,3,4 am urimo gushaka ibyo wambika umukiriya wawe kuko ushaka ko agaragara neza biba bigoye cyane. Mbibutse ko turi muri Ghana , ahantu bigoye kubona imyambaro ibereye buri wese mu gihe atari wowe urimo kubyikorera kandi ninabyo byoroshye cyane binahendutse".
Keliiy avuga ko uretse icyo gitutu aba afite, ngo ikintu kimushimisha ni uburyo abona uwo yambitse aberewe. Ati:"Icyo gihe kiba kigoye ariko nyuma yo kuvunika ibyambawe nibwo mbona impamvu y'imvune yange".













