
Romeo George Bangula wamamaye nka RJ The DJ , Rom Jon(e)s mu Gihugu cya Tanzania ari mu Rwanda aho yazanye na Diamond Platnumz mu gitaramo bahafite. Uyu mugabo w'imyaka 39 y'amavuko watangiye ibijyanye n'umuziki muri 2010 kugeza ubu, mu butumwa yashyize ahagaragara bisa n'aho yabwandikiwe n'undi muntu yatomagije Abanyarwanda cyane.
Romy Jon(e)s , uri mu Rwanda akaba asanzwe ari Visi Perezida wa Wasafi akaba Dj wa Diamond akaba kandi inshuti yo mu bwana bwe,yanditse ubutumwa mu Kinyarwanda gitomoye cyakoze kirimo udukosa, ku buryo bishimangira ko atari we wa bwanditse ariko nanone bugashimangira ko akunda u Rwanda n'Abanyarwanda mu gihe byaba atari ugushaka kwikururiraho abafana mu gitaramo cyabo.
Diamond Platnumz n'abamufasha mu bikorwa bye bye muzika , ni bamwe muri Afurika bazwiho kurema inkuru zituma indirimbo cyangwa ikindi kintu bafite mu nshingano cyamamara ari na yo mpamvu hatabura ababihuza n'amaco y'inda yo gutumira Abanyarwanda mu gitaramo cyabo.
Ku rundi ruhande kandi Diamond Platnumz afite amateka akomeye muri muzika Nyarwanda kuva mu myaka myinshi ishize , dore ko yakoranye n'abanyarwanda batandukanye indirimbo. Muri abo twavuga nka ; The Ben , Bruce Melodie na Mico The Best uri no mu babimburiye abandi gukorana na we.
Romeo George Bangula anyuze kuri konti ye ya Instagram, yavuze ko mu Rwanda ari mu rugo kuri we kandi ko uburyo yakirwa bituma yumva ko Abanyarwanda ari bamwe mu bagize umuryango we.
Ati:"Aha hantu ni nko mu rugo kuri nge. Icya mbere , mfite inshuti nyinshi hano. Icya Kabiri , mwese mumfata nk'umwe mu bagize umuryango wanyu. Murakoze cyane ku rukundo rwinshi mu mpa , ndabona urukundo rwanyu hose".
Uyu mugabo yakomeje agira ati:"Ndabakunda cyane kandi sinabasha kubisobanura".
Amateka avuga ko Romeo George Bangula ari mubyara wa Diamond Platnumz dore ko yanagaragaye mu ndirimbo ye yitwa 'Mbagala' yasohotse muri 2010. Remeo yatangiye umwuga we nk'umushabitsi ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye birangira abaye icyamamare dore ko yanakoranye indirimbo na Meddy yasingiriye Bibiliya , agahagarika umuco wo kwikaraga imbere y'abakobwa ngo bari gufata amashusho y'indirimbo.
Mu mwaka wa 2020, Romeo George Bangula yahuje imbaraga n'abarimo ; Marioo, Sho Madjozi , Lava Lava , Khaligraph Jones, Vanessa Mdee na Morgan Heritage mu muzingo we wa Mbere yise 'Changes'.












