Umunsi.com
‎Ni mubyara wa Diamond Platnumz !  RJ the DJ yashimagije Abanyarwanda avuga ko abafata nk'abavandimwe
Imyidagaduro

‎Ni mubyara wa Diamond Platnumz ! RJ the DJ yashimagije Abanyarwanda avuga ko abafata nk'abavandimwe

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 297 min gusoma
‎Ni mubyara wa Diamond Platnumz !  RJ the DJ yashimagije Abanyarwanda avuga ko abafata nk'abavandimwe

‎Romeo George Bangula wamamaye nka RJ The DJ , Rom Jon(e)s mu Gihugu cya Tanzania ari mu Rwanda aho yazanye na Diamond Platnumz mu gitaramo bahafite. Uyu mugabo w'imyaka 39 y'amavuko watangiye ibijyanye n'umuziki muri 2010 kugeza ubu, mu butumwa yashyize ahagaragara bisa n'aho yabwandikiwe n'undi muntu yatomagije Abanyarwanda cyane.

‎Romy Jon(e)s ,  uri mu Rwanda akaba asanzwe ari Visi Perezida wa Wasafi akaba Dj wa Diamond akaba kandi inshuti yo mu bwana bwe,yanditse ubutumwa mu Kinyarwanda gitomoye cyakoze kirimo udukosa, ku buryo bishimangira ko atari we wa bwanditse ariko nanone bugashimangira ko akunda u Rwanda n'Abanyarwanda mu gihe byaba atari ugushaka kwikururiraho abafana mu gitaramo cyabo.

‎Diamond Platnumz n'abamufasha mu bikorwa bye bye muzika , ni bamwe muri Afurika bazwiho kurema inkuru zituma indirimbo cyangwa ikindi kintu bafite mu nshingano cyamamara ari na yo mpamvu hatabura ababihuza n'amaco y'inda yo gutumira Abanyarwanda mu gitaramo cyabo.

‎Ku rundi ruhande kandi Diamond Platnumz afite amateka akomeye muri muzika Nyarwanda kuva mu myaka myinshi ishize , dore ko yakoranye n'abanyarwanda batandukanye indirimbo. Muri abo twavuga nka ; The Ben , Bruce Melodie na Mico The Best uri no mu babimburiye abandi gukorana na we.

‎Romeo George Bangula anyuze kuri konti ye ya Instagram, yavuze ko mu Rwanda ari mu rugo kuri we kandi ko uburyo yakirwa bituma yumva ko Abanyarwanda ari bamwe mu bagize umuryango we.

‎Ati:"Aha hantu ni nko mu rugo kuri nge. Icya mbere , mfite inshuti nyinshi hano. Icya Kabiri , mwese mumfata nk'umwe mu bagize umuryango wanyu. Murakoze cyane ku rukundo rwinshi mu mpa , ndabona urukundo rwanyu hose".

‎Uyu mugabo yakomeje agira ati:"Ndabakunda cyane kandi sinabasha kubisobanura".

‎Amateka avuga ko Romeo George Bangula ari mubyara wa Diamond Platnumz  dore ko yanagaragaye mu ndirimbo ye yitwa 'Mbagala' yasohotse muri 2010. Remeo yatangiye umwuga we nk'umushabitsi ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye birangira abaye icyamamare dore ko yanakoranye indirimbo na Meddy yasingiriye Bibiliya , agahagarika umuco wo kwikaraga imbere y'abakobwa ngo bari gufata amashusho y'indirimbo.

‎Mu mwaka wa 2020, Romeo George Bangula yahuje imbaraga n'abarimo ; Marioo, Sho Madjozi , Lava Lava , Khaligraph Jones, Vanessa Mdee na Morgan Heritage mu muzingo we wa Mbere yise 'Changes'.

Inkuru zerekeye

‎Ni wowe umpoza amarira ndagukunda! Ubutumwa bwa Muyango Claudine ku muhungu we wujuje imyaka Itanu
Imyidagaduro

‎Ni wowe umpoza amarira ndagukunda! Ubutumwa bwa Muyango Claudine ku muhungu we wujuje imyaka Itanu

‎Miss Muyango Claudine waburanye urwo kumutandukanya n'umugabo we , yifurije isabukuru nziza y'amavuko, umwana wabo Miguel Kimenyi. Muri ubwo butumwa, Muyango Claudine yifurije ubuzima bwiza uwo mwana amusabira umugisha no gukurana ubwenge.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 23 yashize
‎Umuhanzi Lil G yagaragaje inkumi bari mu rukundo nyuma yo gutandukana n'abazungu
Imyidagaduro

‎Umuhanzi Lil G yagaragaje inkumi bari mu rukundo nyuma yo gutandukana n'abazungu

‎Nyuma yo gutandukana n’umugore bari barakundaniye muri Pologne, Lil G yemeje ko ari mu rukundo n’inkumi y’i Kigali yitwa Isimbi Kevine, ashimangira ko ari we yihebeye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
‎Yavugiraga abaryamana bahuje ibitsina akabana nabo ! Ibigaragaza umubano wihariye  Dolly Parton yagiranaga n'abo mu muryango wa LGBTQ
Imyidagaduro

‎Yavugiraga abaryamana bahuje ibitsina akabana nabo ! Ibigaragaza umubano wihariye Dolly Parton yagiranaga n'abo mu muryango wa LGBTQ

Nyakwigendera Dolly Parton wamamaye mu ndirimbo zitandukanye zirimo niyo yise 'Coat of Many colors ' , yamenyekanye cyane nanone kubwo kuvugira abaryamana bahuje ibitsina ibintu bivumirwa kugahera n'abantu benshi ndetse bikamaganwa cyane n'ubwo hari ababiha umuryango bakabicumbikira nk'uko Dolly Parton yabikoze.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira
Imyidagaduro

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira

Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , 50 Cent, yatangaje byinshi ku gushyingiranwa , gutandukana no gutangira bundi bushya mu gihe ababanaga batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 5 yashize
‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 22
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 21

Inkuru zishyashya

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko
INKURU NYAMUKURU

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko

‎Nyuma y'imyaka itatu, Diamond Platnumz yongeye guha ibyishimo Abanyarwanda mu gitaramo cyabereye mu Mugi wa Kigali.Ni igitaramo Simba yahuriyemo na Bruce Melodie , Nel Ngabo na Ish Kevin.

KWIZERA Jean de Dieuiminota 14 zashize
Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi
Imikino

Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi

KNC nyuma yo kutemera ibyavuye muri komisiyo y'amategeko. Akajurira. Akanama kigenga k'ubujurire katesheje agaciro ubujurire bwe.

ADAM Yannickiminota 11 zashize
‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira
Hanze

‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira

‎Gen Muhoozi Kainarugaba , Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko kubera amashusho y'aba-general bashyizwe mu kiruhuko cy'izabukuru yabagaragaye bari kubyina cyane , agomba kubafunga bose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 11 yashize
Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation
Imikino

Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation

Kugeza ubu amakuru avuga ko bamwe mu bakinnyi bashya b’ikipe ya Rayon Sports, Mohamed Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere wa CAF Confederation Cup bitewe n’uko urwego rwabo rukiri hasi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
Nyagatare: Minisitiri Habimana yibukije abaturage gufatanya kurandura ibyuma n’inzoga zitujuje ubuziranenge
Rwanda

Nyagatare: Minisitiri Habimana yibukije abaturage gufatanya kurandura ibyuma n’inzoga zitujuje ubuziranenge

Mu murenge wa Rwimiyanga habereye Umuganda ngarukakwezi wahuje abaturage, abayobozi bo mu nzego za Leta, inzego z’umutekano n’urubyiruko rwo muri gahunda ya 'Soberchou', hagamijwe gukomeza ubufatanye mu gukemura ibibazo bibangamira umutekano, ubuzima n’iterambere ry’abaturage.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60
Izindi nkuru

‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60

‎Abagabo hari igihe kigera bagasubiza amaso inyuma bagashaka kugarura ibyahise nyamara bitarashoboka. Muri iyi nkuru turibanda ku byo abagabo bageze mu myaka 60 bicuza cyane.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize