
Miss Muyango Claudine waburanye urwo kumutandukanya n'umugabo we , yifurije isabukuru nziza y'amavuko, umwana wabo Miguel Kimenyi. Muri ubwo butumwa, Muyango Claudine yifurije ubuzima bwiza uwo mwana amusabira umugisha no gukurana ubwenge.
Muyango avuga ko hari ubwo aba ababaye, ananiwe cyangwa afite ibibazo byinshi uyu mwana akamubera ubuhungiro. Ati:"Mwana wange , sinzi aho nahera kuko iyo nkurebye mbona uburyo urimo gukura vuba. Ufite imyaka 5 ariko ufite umutima ukomeye (....). Rimwe na rimwe nibagirwa ko aringe na we gusa. Uri muto ariko wa mbereye ubuhungiro mu bihe bigoye. Hari igihe mba naniwe , ntameze neza, aho niho utuma ngaruka ibuntu".
Muyango Claudine yatangaje ko yishimira kugeza umwana we ku ishuri ahishura ko iyo ahamugejeje atangira kubara amasaha kugira ngo aze kongera kugaruka kumutwara (Ku mucyura), agaragaza ko hari n'ubwo ajya ku ishuri amasaha atari yagera akamutegereza kuko aba yumva hari ikintu kiri kubura mu rugo.
Uyu mwana kandi ngo ni we utuma Muyango Claudine aseka nyuma y'amarira (Umubabaro) , amwenyura ndetse anabaho yishimye kuko ngo ntawundi nkawe.
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze zitandukanye, yakomeje agira ati:"Mwana wange, ndagusengera ngo uzagumane uwo mutima mwiza, Imana izakurinde , ikuyobore , iguhe ubuzima bwiza".
Muyango Claudine yasoje ubutumwa bwe, amubwira ko amukunda cyane kandi ko amwifuriza gukindwa na buri wese.
Si Muyango Claudine gusa kuko na Kimenyi Yves yafashe umwanya akifuriza isabukuru nziza umusore we amubwira ko asobanuye byinshi kuri we.












