
Ikipe ya Arsenal igiye gusinyisha umukinnyi ukomeye Gabriel Jesus wa Arsenal ku kayabo k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri 17,114,122,350 nk’uko amasoko atandukanye dukesha iyi nkuru abitangaza.
Amakuru avuga ko ibiganiro hagati ya FC Barcelona na
Arsenal byarangiye ndetse ko igisigaye ari ibizamini by’ubuzima bizafatwa
Gabriel Jesus ku wa 31 Kanama 2026 nk’uko biteganyijwe aho Arsenal izakira akayo
k’amafaranga menshi cyane.
Gabriel Jesus ni umwe mu bakinnyi bakomeye bazava muri
Shampiyona y’Ubwongereza baguzwe bakajya muyandi makipe atandukanye abashaka
kubera uburyo bitwaye mu mikino itandukanye bakinnye haba mu ikipe yabo cyangwa
mu makipe y’ibihugu na cyane ko benshi bashimwe mu mikino y’igikombe cy’Isi.
Jesus wakiniye amakipe arimo Manchester City na Palmeiras, yashakishijwe n’amakipe akomeye
arimo Napoli ndetse n’andi yabashije kuvugisha ikipe ya mbere ya tariki 29
Kanama uyu mwaka.
Arsenal icyo yifuzaga kwari ukugurisha uyu mukinnyi
watsinze ibitego 32 agatanga n’imipira yavuyemo ibitego 22 mu mikino 123 ,
nyuma y’aho aviriye muri Manchester City muri 2022.
Uretse Jesus kandi Arsenal ishobora kurekura Martinelli wifuzwa cyane n’amakipe yo muri
Saudi Arabia by’umwihariko Al Hilal.
Jesus yagiye abura umwanya wo gukina muri Arsenal kubera igurwa rya Viktor Gyokeres wavuye muri Sporting Lisbon muri iyi mpeshyi irimo kurangira.













