Umunsi.com
KNC yaguririye icyemezo cyo kurekura Hamiss Hakim nyuma yo kumutsinda muri Ferwafa
Imikino

KNC yaguririye icyemezo cyo kurekura Hamiss Hakim nyuma yo kumutsinda muri Ferwafa

ADAM Yannick2026 Kanama 295 min gusoma
KNC yaguririye icyemezo cyo kurekura Hamiss Hakim nyuma yo kumutsinda muri Ferwafa

KNC nyuma yo gutsindwa na Hakim Hamiss avuga ko yasuzuguwe ngo Kiyovu niba imushaka nize baganire

KNC Umuyobozi wa Gasogi United FC yajuriye muri komisiyo y'ubujurire nyuma yo gutsindwa na Hakim Hamis.

KNC nyuma yo gutsindwa urubunza Hamis yari yamurezemo muri Ferwafa ko yamwimye urwandiko rumwemerera kujya mu yindi kipe ashaka(Release Letter). Yajuriye avuga ko bamusuzuguye (Kiyovu Sports Club) kuko ngo akiri umukinnyi wa Gasogi United FC.

Uko ikibazo giteye 
Hamis Hakim yagiye muri Gasogi United FC avuye muri Vision FC,aguzwe milioni umunani (8M) akavuga ko atari ayakwiye ndetse ko yahembwaga ibihumbi ijana na mirongo itandatu (160K) akagenda amuzamura akamugeza ku bihumbi magana atanu (500K),avuga ko yamusinyishije imyaka ine(4) mu mwaka wa 2022-2023 amasezerano ayasinya tariki 16/8/2022. 

Bivuze ko amasezerano ye yagombaga kurangira  mu mwaka w'imikino 2025-2026. Ariko KNC we avuga ko agifite amasezerano y'umwaka azarangira mu mwaka w'imikino wa 2026-2027. Bivuze ko yaba ayikiniye imyaka itanu kandi mu masezerano ari imyaka 4.

Uko KNC yireguye muri Komisiyo 
KNC araburana urubanza rwa ndanze
KNC araburana urubanza rwa ndanze
KNC mu kwiregura yavuze ko habayeho kwibeshya mu kwandika amasezerano ye (contrat) kuko bayanditse mu yundi mukinnyi witwa Papy wari waziye rimwe na Hakim yagombaga kurangira mu mwaka wa 2026-2027. 
Mu masezerano mu magambo havugwamo imyaka ine (4). Mu gihe mu mibare banditse imyaka itanu(5). Komisiyo y'amategeko muri Ferwafa ivuga ko kuba KNC yaribeshye mu kwandika amasezerano (contrat) ya Hakim muya Papy nta bimeyetso bigaragara abitangira kwibeshya ntabwo arikosa ry'umukinnyi ni kosa ry'uwanditse amasezerano niwe ugomba kubyirengera.
Hakim Hamiss KNC avuga ko akiri umukinnyi we
Hakim Hamiss KNC avuga ko akiri umukinnyi we
Hakim avuga ko we yasinye amasezerano y'imyaka ine(4) mu gihe Gasogi yo ivuga ko yasinye imyaka itanu (5) mu gihe mu masezerano handitsemo imyaka ine (4) atari imyaka itanu(5). Akavuga ko mu gihe yasinyaga amasezerano (contract) ntayo bamuhaye ahubwo bayimuhaye amasezerano ye agiye kurangira, akavuga ko icyo gihe kuko bari babonye ikosa bagombaga kurikosora ariko ntabyo bakoze.

Umwanzuro wa Komisiyo y'amategeko 

Nyuma yo kumva ibisobanuro bya buri Ruhande komisiyo yategetse ko Gasogi United FC iha urwandiko (Release Letter) rurekura Hakim akajya mu ikipe ashaka. Nyuma y'uko urubanza ruciwe agatsindwa Hakim yahise ajya muri Kiyovu Sports Club ariko kugeza n'ubu KNC ntabwo yemera ko yatsinzwe akaba yarajuriye ndetse anavuga ko azakomeza akagera muri TAS.

Gusa nk'uko bigaragara araburana urabanza rwa ndanze gusa kuko nta ngingo n'imwe afite imurengera. KNC avuga ko azakomeza kurega ndetse azagera ngo baramusuguye.
Tuzakomeza gukurikirana uko iki kirego kizarangira nyuma y'ubujurire yatanze.

Inkuru zerekeye

Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi
Imikino

Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi

KNC nyuma yo kutemera ibyavuye muri komisiyo y'amategeko. Akajurira. Akanama kigenga k'ubujurire katesheje agaciro ubujurire bwe.

ADAM Yannickiminota 11 zashize
Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation
Imikino

Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation

Kugeza ubu amakuru avuga ko bamwe mu bakinnyi bashya b’ikipe ya Rayon Sports, Mohamed Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere wa CAF Confederation Cup bitewe n’uko urwego rwabo rukiri hasi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026
Imikino

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma zimaze gusezerera Mukura VS na Rayon Sports FC.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026
Imikino

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona nyuma yo Gutsinda Patriots BBC imikino ine kubusa (4-0). Bikaba bibaye inshuro ya kabiri yegukana igikombe yikurikiranya kuko numwaka ushyize niyo yari3yagitwaye.

ADAM Yannickiminsi 5 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannick2026 Kanama 22
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 20

Inkuru zishyashya

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko
INKURU NYAMUKURU

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko

‎Nyuma y'imyaka itatu, Diamond Platnumz yongeye guha ibyishimo Abanyarwanda mu gitaramo cyabereye mu Mugi wa Kigali.Ni igitaramo Simba yahuriyemo na Bruce Melodie , Nel Ngabo na Ish Kevin.

KWIZERA Jean de Dieuiminota 15 zashize
‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira
Hanze

‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira

‎Gen Muhoozi Kainarugaba , Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko kubera amashusho y'aba-general bashyizwe mu kiruhuko cy'izabukuru yabagaragaye bari kubyina cyane , agomba kubafunga bose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 11 yashize
Nyagatare: Minisitiri Habimana yibukije abaturage gufatanya kurandura ibyuma n’inzoga zitujuje ubuziranenge
Rwanda

Nyagatare: Minisitiri Habimana yibukije abaturage gufatanya kurandura ibyuma n’inzoga zitujuje ubuziranenge

Mu murenge wa Rwimiyanga habereye Umuganda ngarukakwezi wahuje abaturage, abayobozi bo mu nzego za Leta, inzego z’umutekano n’urubyiruko rwo muri gahunda ya 'Soberchou', hagamijwe gukomeza ubufatanye mu gukemura ibibazo bibangamira umutekano, ubuzima n’iterambere ry’abaturage.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60
Izindi nkuru

‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60

‎Abagabo hari igihe kigera bagasubiza amaso inyuma bagashaka kugarura ibyahise nyamara bitarashoboka. Muri iyi nkuru turibanda ku byo abagabo bageze mu myaka 60 bicuza cyane.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize
‎Yatunguwe cyane ! Celine Dion yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y'imyaka ibiri
INKURU NYAMUKURU

‎Yatunguwe cyane ! Celine Dion yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y'imyaka ibiri

‎Umuhanzikazi Celine Dion yatunguwe n'imbaga nyamwinshi mu Mugi wa Paris mu Bufaransa ubwo yari yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y'imyaka ibiri.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
‎Ubushakashatsi: Abagabo bafite amabya manini bagira umujinya mwinshi kandi ntibazi kwita ku bana babo ugereranyije n'abafite amato
Health

‎Ubushakashatsi: Abagabo bafite amabya manini bagira umujinya mwinshi kandi ntibazi kwita ku bana babo ugereranyije n'abafite amato

‎Niba ufite amabya manini , ukaba utumva uburibwe cyangwa ngo wiyumvemo ikindi kibazo , ntugahangayike, ariko niba warabonye akura (Amabya) ugeze mu myaka mikuru, ushobora kuba ufite ikibazo cy'ubuzima. Muri iyi nkuru tugiye kureba hamwe isano yo kugira udusabo tubika intanga tunini no kugira uduto.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 17 yashize