
Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yageze i Salalah muri Oman, aho yakiriwe na Sultan Haitham bin Tariq, atangira uruzinduko rw’iminsi ibiri muri icyo gihugu.
Urwo ruzinduko ni ubwa mbere Perezida w’u Rwanda arugiriye
muri Oman, rugamije kurushaho gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi no
kwagura inzego z’ubufatanye.Uruzinduko rwatangijwe n’umuhango wo kwakira
Perezida Kagame.
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Sultan Haitham bin
Tariq bagiranye ibiganiro, binakurikirwa n’ibiganiro bihuza intumwa z’ibihugu
byombi. Ibyo biganiro birimo kwibanda ku gushimangira umubano usanzwe hagati
y’u Rwanda na Oman no kurebera hamwe izindi nzego ibihugu byombi byakwaguriramo
ubufatanye.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko, Perezida Kagame
ateganyijwe gusura Museum of the Frankincense Land, iherereye muri Al Baleed
Archaeological Park, ahantu hashyizwe ku rutonde rw’Umurage w’Isi rwa UNESCO.
Iyo nzu ndangamurage igizwe n’ibice bibiri by’ingenzi.
Heritage Hall yibanda ku mateka y’ibisigaratongo, umurage w’akarere ndetse
n’uruhare ubucuruzi bwa frankincense bwagize ku mibereho n’ubukungu bw’akarere
ka Dhofar. Maritime Hall yo igaragaza amateka ya Oman mu bijyanye n’ingendo
n’ubucuruzi bwo mu nyanja.
Perezida Kagame azanasura Razat Royal Farm, umurima wa
cyami ufite ubuso burenga hegitari 404.686. Ni kimwe mu bigo by’ingenzi
by’ubuhinzi muri Dhofar Governorate, kandi unifashishwa mu bukerarugendo
bushingiye ku buhinzi no mu bikorwa by’uburezi.
Sultan Haitham bin Tariq azakira Perezida Kagame
n’intumwa ze mu musangiro.
U Rwanda na Oman bisanzwe bifitanye umubano ushingiye
ku mateka. Muri uru ruzinduko kandi hateganyijwe gusinywa amasezerano
n’inyandiko z’ubwumvikane mu nzego zitandukanye, mu rwego rwo kurushaho kwagura
ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.













