Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda , Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Oman
Inkuru ku Rwanda

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda , Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Oman

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 74 min gusoma
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda , Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Oman

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yageze i Salalah muri Oman, aho yakiriwe na Sultan Haitham bin Tariq, atangira uruzinduko rw’iminsi ibiri muri icyo gihugu.

Urwo ruzinduko ni ubwa mbere Perezida w’u Rwanda arugiriye muri Oman, rugamije kurushaho gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi no kwagura inzego z’ubufatanye.Uruzinduko rwatangijwe n’umuhango wo kwakira Perezida Kagame.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Sultan Haitham bin Tariq bagiranye ibiganiro, binakurikirwa n’ibiganiro bihuza intumwa z’ibihugu byombi. Ibyo biganiro birimo kwibanda ku gushimangira umubano usanzwe hagati y’u Rwanda na Oman no kurebera hamwe izindi nzego ibihugu byombi byakwaguriramo ubufatanye.

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko, Perezida Kagame ateganyijwe gusura Museum of the Frankincense Land, iherereye muri Al Baleed Archaeological Park, ahantu hashyizwe ku rutonde rw’Umurage w’Isi rwa UNESCO.

Iyo nzu ndangamurage igizwe n’ibice bibiri by’ingenzi. Heritage Hall yibanda ku mateka y’ibisigaratongo, umurage w’akarere ndetse n’uruhare ubucuruzi bwa frankincense bwagize ku mibereho n’ubukungu bw’akarere ka Dhofar. Maritime Hall yo igaragaza amateka ya Oman mu bijyanye n’ingendo n’ubucuruzi bwo mu nyanja.

Perezida Kagame azanasura Razat Royal Farm, umurima wa cyami ufite ubuso burenga hegitari 404.686. Ni kimwe mu bigo by’ingenzi by’ubuhinzi muri Dhofar Governorate, kandi unifashishwa mu bukerarugendo bushingiye ku buhinzi no mu bikorwa by’uburezi.

Sultan Haitham bin Tariq azakira Perezida Kagame n’intumwa ze mu musangiro.

U Rwanda na Oman bisanzwe bifitanye umubano ushingiye ku mateka. Muri uru ruzinduko kandi hateganyijwe gusinywa amasezerano n’inyandiko z’ubwumvikane mu nzego zitandukanye, mu rwego rwo kurushaho kwagura ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

DRC: Abarimu barigusaba ko amashuri afungwa kubera Ebola
Hanze

DRC: Abarimu barigusaba ko amashuri afungwa kubera Ebola

Abarimu bigisha mu mashuri abanza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari gusaba ko amashuri afungwa kubera ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola , gikomeje gukwira hose muri icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial
Imikino

Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial

Ikipe ya DR Congo igiye kongera gushaka itike y’imikino y’igkombe cya Afurika 2027 nyuma yo kuva mu gikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Mexico, Canada na Amerika. Iyi kipe igiye gutangira ihura na Guinea Equatorial nk’uko byatangajwe na CAF.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
Abantu batarifotoza ku ndangamuntu koranabuhanga bahawe andi mahirwe
Inkoranabuhanga

Abantu batarifotoza ku ndangamuntu koranabuhanga bahawe andi mahirwe

Kugeza ubu ikigo cy’igihugu Gishinzwe Indangamuntu NIDA cyatangaje ko abacikanwe na gahunda yo kwifotoza ku ndangamuntu koranabuhanga bagifite amahirwe yo kubikora kugira ngo bajye mu mubare w’abatanze ibimenyetso ndangamiterere bizashyirwa muri iyo ndamgamuntu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
Igihugu cya Tanzania kigiye kwakira irushanwa rya Nyampinga w’Isi
INKURU NYAMUKURU

Igihugu cya Tanzania kigiye kwakira irushanwa rya Nyampinga w’Isi

Igihugu cya Tanzania , kigiye kwakira irushanwa rikomeye mu bwiza rya ‘Miss World’ kibe cyanditse amateka by’umwihariko muri Afurika y’Iburasirazuba dore ko ari nabwo bwa mbere rizaba rihabereye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 17 yashize
Umutwe wa M23 urimo kugenzura agace ka Kazinga nyuma y’intambara yayihuje na FARDC ifatanya na Wazalendo
Hanze

Umutwe wa M23 urimo kugenzura agace ka Kazinga nyuma y’intambara yayihuje na FARDC ifatanya na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye yahuje umutwe wa AFC/M23 n’ingabo za Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Umutwe wa M23, yafashe agace ka Kazinga gaherereye mu Karere ka Masisi , muri Kivu y’Amajyaruguru.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 17 yashize
‎Umwarimu wasabye abana b'abakobwa ko yararana nabo yirukanwe burundu mukazi
Hanze

‎Umwarimu wasabye abana b'abakobwa ko yararana nabo yirukanwe burundu mukazi

‎Umwarimu wari umaze imyaka ibiri yigisha yirukanwe burundu muri izo nshingano nyuma yo kubwira abakobwa babiri bigaga ku Kigo yakoragaho ko ashaka kuryamana nabo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize