
Abarimu bigisha mu mashuri abanza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari gusaba ko amashuri afungwa kubera ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola , gikomeje gukwira hose muri icyo Gihugu.
Abo barimu bigisha mu bigo bya Leta by’umwihariko,
bavuga ko bananiwe guhangana n’ingamba zo gutandukanya abana. Abasaba ihagarikwa
ry’amashuri cyane cyane ni abo muri Ituri mu gace ka Mambasa , aho
babitangarije mu Ihuriro Rikuru rihuza abarimu bigisha mu mashuri abanza mu
cyiciro cya 3 muri Mambasa.
Abo barimu bagaragaje ko ubwo busabe bwabo buterwa n’ubwiyongere
bw’abantu bamaze kwandura icyorezo cya Ebola mu gace ka Niania gaherereye muri
Metero 350 mu Majyepfo y’Intara ya Bunia ahari ‘Santere’ ivurirwamo abagaragaweho
n’ibimenyetso bya Ebola.
Bavuga ko amashuri akwiriye gufungwa cyangwa se bagahabwa
ubufasha bwose bushoboka kugira ngo hashyirweho uburyo bwo kwiga abanyeshuri
batandukanye by’umwihariko bafashijwe na Minisiteri y’Uburezi muri icyo Gihugu.
Ku rundi ruhande kandi umuyobozi ushinzwe uburezi mu
Ntara ya Ituri I, we yasabye abarimo gukomeza amashuri abana bakiga nk’uko
bisanzwe, abibutsa gukomeza kwibuka ko Ebola ihari birinda uko bashoboye
hagendewe ku ngamba z’ubwirinzi.
Yavuze ko gutandukanya abana aricyo gisubizo mu gihe ,
byaba byagaragaye ko Ebola ibegereye.
Muri Teritwari ya Djugu , ibigo bimwe biherereye mu
gace ka Nizi, ntabwo byari byafungura imiryango aho ababyeyi bamwe banze
kohereza abana babo ku ishuri kubera gutinya icyorezo cya Ebola.
Umuyobozi ushinzwe uburezi muri iyo Ntara, yijeje
abaturage ko binyuze mu bafatanyabikorwa babo , bazakomeza gutanga ubufasha
hagambiriwe kwirinda no gukumira icyo cyorezo mu Ntara ya Ituri.
Kugeza ubu Ebola imaze guhitana ubuzima bw’abatari
bake mu Gihugu hose, mu gihe n’abagaragayeho icyo cyorezo ari benshi mu bice
bitandukanye by’Igihugu.













