Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
Rwamagana: Ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi bwafashwe n’inkongi
Inkuru ku Rwanda

Rwamagana: Ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi bwafashwe n’inkongi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 75 min gusoma
Rwamagana: Ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi bwafashwe n’inkongi

Mu Karere ka Rwamagana ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi bwibasiwe n’inkongi y’umuriro yatumye ibikoresho hafi ya byose bishya bigakongoka.

Iyo nkuru y’iyi nkongi yatangajwe muri iki gice kugicamunsi cyo ku wa Mbere tariki ya 7 Nzeri 2026  mu Mudugudu wa Kavura mu Kagari ka Nyagasenyi mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana.

Bamwe mu baturage baganiriye n’ikinyamakuru igihe dukesha iyi nkuru bavuga ko babonye umwotsi mwinshi mu kirere bituma bajya kureba icyabaye bagezeyo basanga hari gushya mu buryo bukomeye. Bavuze ko nyuma Polisi y’u Rwanda yahise ihagera ariko isanga n’ubundi byinshi mu bikoresho by’amashanyarazi byamaze kwangirika cyane.

SSP Hamduni Twizeyimana umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, yavuze ko kugeza ubu batari bamenya icyateye iyi nkongi y’umuriro, ahamya ko Polisi yahageze ndetse yanatangiye kuzimya.

Mu magambo ye yagize ati:”Ubu ikiri gukorwa ni ukuzimya ibishirira kugira ngo bitaza kongera kuvumbuka nyuma bikongera bigateza ibibazo. Gusa aka kanya ntabwo turamenya icyabiteye ariko turi kubikurikirana.’’

Umuvugizi wa Polisi muri iyo Ntara , SSP Twizeyimana yakomeje asaba abantu kwirinda kubika ibintu mu buryo buvanze cyane cyane mu gihe harimo ibishobora gutera inkongi vuba, yasabye abaturage kandi kwirinda gutwika ibintu aho babonye hose kuko bishobora gukwirakwiza inkongi ndetse no gutunga ibikoresho by’ibanze bishobora kuzimya inkongi.

Kugeza ubu muri ubu bubiko bivugwa ko hahiriyemo Transformateur, intsinga z’amashanyarazi nyinshi zifashishwaga mu gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi n’ibindi byinshi.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

DRC: Abarimu barigusaba ko amashuri afungwa kubera Ebola
Hanze

DRC: Abarimu barigusaba ko amashuri afungwa kubera Ebola

Abarimu bigisha mu mashuri abanza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari gusaba ko amashuri afungwa kubera ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola , gikomeje gukwira hose muri icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial
Imikino

Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial

Ikipe ya DR Congo igiye kongera gushaka itike y’imikino y’igkombe cya Afurika 2027 nyuma yo kuva mu gikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Mexico, Canada na Amerika. Iyi kipe igiye gutangira ihura na Guinea Equatorial nk’uko byatangajwe na CAF.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
Abantu batarifotoza ku ndangamuntu koranabuhanga bahawe andi mahirwe
Inkoranabuhanga

Abantu batarifotoza ku ndangamuntu koranabuhanga bahawe andi mahirwe

Kugeza ubu ikigo cy’igihugu Gishinzwe Indangamuntu NIDA cyatangaje ko abacikanwe na gahunda yo kwifotoza ku ndangamuntu koranabuhanga bagifite amahirwe yo kubikora kugira ngo bajye mu mubare w’abatanze ibimenyetso ndangamiterere bizashyirwa muri iyo ndamgamuntu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
Igihugu cya Tanzania kigiye kwakira irushanwa rya Nyampinga w’Isi
INKURU NYAMUKURU

Igihugu cya Tanzania kigiye kwakira irushanwa rya Nyampinga w’Isi

Igihugu cya Tanzania , kigiye kwakira irushanwa rikomeye mu bwiza rya ‘Miss World’ kibe cyanditse amateka by’umwihariko muri Afurika y’Iburasirazuba dore ko ari nabwo bwa mbere rizaba rihabereye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 17 yashize
Umutwe wa M23 urimo kugenzura agace ka Kazinga nyuma y’intambara yayihuje na FARDC ifatanya na Wazalendo
Hanze

Umutwe wa M23 urimo kugenzura agace ka Kazinga nyuma y’intambara yayihuje na FARDC ifatanya na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye yahuje umutwe wa AFC/M23 n’ingabo za Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Umutwe wa M23, yafashe agace ka Kazinga gaherereye mu Karere ka Masisi , muri Kivu y’Amajyaruguru.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 17 yashize
‎Umwarimu wasabye abana b'abakobwa ko yararana nabo yirukanwe burundu mukazi
Hanze

‎Umwarimu wasabye abana b'abakobwa ko yararana nabo yirukanwe burundu mukazi

‎Umwarimu wari umaze imyaka ibiri yigisha yirukanwe burundu muri izo nshingano nyuma yo kubwira abakobwa babiri bigaga ku Kigo yakoragaho ko ashaka kuryamana nabo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize