Umunsi.com
Minisitiri Habimana yagize icyo abwira Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola abamara impungenge
Inkuru ku Rwanda

Minisitiri Habimana yagize icyo abwira Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola abamara impungenge

Admin User2026 Gicurasi 237 min gusoma
Minisitiri Habimana yagize icyo abwira Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola abamara impungenge

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Dominique Habimana yatangaje ko abaturage bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bakwiye gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda kwandura cyangwa kwanduzwa Ebola, naho imirimo ikazakomeza gukorwa uko bisanzwe kuko mu gihugu nta Ebola ihari.

Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa 23 Gicurasi 2026 kigaruka ku buryo abantu bakwiye kwitwara mu bihe Ebola ikomeje gusya itanzitse mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri Habimana yavuze ko ubuhahirane hagati y’u Rwanda n’ibice by’u Burasirazuba bwa RDC buzakomeza ariko hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Ebola.

Ati “Ni ugukorana neza n’inzego z’ibanze zibegereye kugira ngo uburyo bwashyizweho bwo kubafasha gukomeza ubucuruzi ariko mu buryo budashobora gushyira ubuzima mu kaga ku buryo abantu bakwandura cyangwa bakwanduzanya bibashe kubahirizwa.”

Minisitiri Habimana yavuze ko ubucuruzi bukorwa binyuze muri koperative aho abacuruzi bishyira hamwe, bagahuza ibicuruzwa byabo bikambuka, abo ku rundi ruhande bakabyakira bigacuruzwa.

Imikorere nk’iyi yabayeho no mu bihe bya Covid-19 bituma ubuhahirane bukomeza.

Ati “Twiteguye rero gukomeza gufasha abaturage kugira ngo ibikorwa byabo bibashe gukomeza. Ikindi ni uko ibikorwa byose n’ahandi mu gihugu bikorwa birakomeza nk’ibisanzwe, nta cyorezo gihari mu gihugu, nta n’impamvu yo guhangayika ahubwo icy’ingenzi ni uko dushyira mu bikorwa neza ingamba z’ubwirinzi.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera, yavuze ko Leta yashyizeho ingamba zo kwirinda ko Ebola yinjira mu Rwanda ivuye muri RDC cyangwa muri Uganda.

Ati “Mu Rwanda nta murwayi wa Ebola uhari ariko iyo indwara nka Ebola ije mu Karere habaho ingamba z’ubwirinzi kandi zamaze gushyirwaho.”

Ku wa 22 Gicurasi 2026 u Rwanda rwashyizeho ingamba zo kwirinda Ebola ku mipaka itandukanye aho ku mipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakajijwe ibikorwa byo gupima abinjira hagamijwe gutahura iki cyorezo no kugikumira. Ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, na ho hakajijwe ubugenzuzi ku binjira mu gihugu.

Ku wa 22 Gicurasi, umuryango mpuzamahanga ushinzwe ubuzima (OMS) watangaje ko abo bikekwa ko banduye Ebola muri RDC bageze kuri 750, mu gihe abo bikekwa ko bishwe n’iki cyorezo ari 177.

OMS yagaragaje ko hari impungenge ko imibare y’abanduye iki cyorezo n’abo cyishe ushobora kuba urenga cyane uwamenyekanye, kuko ingamba zo gukumira ikwirakwira ryacyo zakomwe mu nkokora n’ikibazo cy’umutekano muke mu Ntara ya Ituri.

Uduce twugarijwe cyane n’iki cyorezo turimo Mongbwalu, Rwampara n’Umujyi wa Bunia muri Ituri ariko hari umurwayi wanagaragaye mu Mujyi wa Goma na Bukavu, hafi y’umupaka w’u Rwanda na RDC.

Iki cyorezo kandi cyanageze muri Uganda, cyica umuntu umwe waturutse muri RDC. Minisiteri y’Ubuzima muri iki gihugu yatangaje ko umuntu wa kabiri wagaragayeho iki cyorezo i Kampala atakigaragaza ibimenyetso, bityo ko vuba asezererwa n’ibitaro.

ebola-33-1b328.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize