Karongi: Umusaza wari ufitanye amakimbirane n’umugore we yitwikiye mu nzu arapfa
Inkuru ku Rwanda

Karongi: Umusaza wari ufitanye amakimbirane n’umugore we yitwikiye mu nzu arapfa

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 193 min gusoma
Karongi: Umusaza wari ufitanye amakimbirane n’umugore we yitwikiye mu nzu arapfa

Umusaza wari ufite imyaka 62 yasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye, hakekwa ko ariwe wiyahuye anitwikiraho inzu kugira ngo asige ahimye umugore we bari babanye mu makimbirane asigare ntaho kuba afite.

Byabereye mu Mudugudu wa Karehe, Akagari ka Gacaca, Umurenge wa Rubengera ku wa 17 Nzeri 2026.

Mu masaha y’umugoroba nibwo umugore we yavuye mu gasoko guhaha asanga inzu iri gushya atabaza abaturanyi n’inzego z’umutekano inzu barayizimya.

Mu kuzimya babanje kwica urugi ngo basohore bimwe mu byari mu nzu basanga umusaza amanitse mu mugozi yapfuye.

Nyakwigendera yari aherutse kubwira umugore wari usanzwe amwunga n’umugore we ngo "Ni igihe gito" undi ntiyahita atahura ngo amubwire ko ari gutegura kwiyahura.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gacaca yavuze byinshi mu byari muri iyo nzu byahiriyemo.

Ati "Umuntu aho kugira ngo yiyambure ubuzima afite ikibazo yakigeza ku bandi bantu bakamufasha. Ntagere aho yiyambura ubuzima. Ingamba dufite nk’ubuyobozi ni ugukomeza kwigisha imiryango ibanye mu makimbirande kugira ngo ibashe kuyasohokamo".

Abazi nyakwigendera Ntakatababaza Kasimu bavuga ko ari umugabo wahoraga acecetse, akananyuzamo akanywa itabi.

Isoko: igihe 

Inkuru zerekeye

Kamonyi: Umwana na nyina barezwe kwica se w’umwana
Inkuru ku Rwanda

Kamonyi: Umwana na nyina barezwe kwica se w’umwana

Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije urubanza rw’umwana na nyina baregwa kwica se w’umwana akaba umugabo w’uregwa.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umusaza w’i Rusizi yasanzwe mu bwiherero bw’ishuri yapfuye
Inkuru ku Rwanda

Umusaza w’i Rusizi yasanzwe mu bwiherero bw’ishuri yapfuye

Umusaza w’imyaka 61 witwa Sengumuremyi Modeste yasanzwe yapfiriye mu bwiherero bw’Urwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende, ruherereye mu Mudugudu wa Bikinga, Akagari ka Kamanu, Umurenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Kayonza: Umucuruzi bamufatiyeho icyuma bamwiba miliyoni 2,4 Frw
Inkuru ku Rwanda

Kayonza: Umucuruzi bamufatiyeho icyuma bamwiba miliyoni 2,4 Frw

Umucuruzi wo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza ararira ayo kwarika nyuma yo gufatirwaho icyuma n’abajura bakamwiba arenga miliyoni 2,4 Frw yari afite kuri Mobile Money.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize
Gicumbi: Umugabo akurikiranweho gusambanya umukobwa we w’imyaka 19 ku gahato
Inkuru ku Rwanda

Gicumbi: Umugabo akurikiranweho gusambanya umukobwa we w’imyaka 19 ku gahato

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kabeza, yasabiwe n’Ubushinjacyaha gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera icyaha cyo gukoresha umukobwa we imibonano mpuzabitsina ku gahato.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize
Rutsiro: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya umwana amwizeza kumugira umugore
Inkuru ku Rwanda

Rutsiro: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya umwana amwizeza kumugira umugore

Umusore w’imyaka 21 wo mu Karere ka Rutsiro afunzwe akekwaho gushukisha umwana w’imyaka 16 kumugira umugore akarara amusambanya ijoro ryose.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 12
Bugesera: Umusaza w’imyaka 80 yafatiwe mu cyuho asambana n’umugore w’abandi
Inkuru ku Rwanda

Bugesera: Umusaza w’imyaka 80 yafatiwe mu cyuho asambana n’umugore w’abandi

Umusaza w’imyaka yafatiwe mu Mudugudu wa Kigusa, Akagari ka Musenyi mu Murenge wa Musenyi aryamanye n’umugore w’undi mugabo, umugore ahita ajyanwa kwa muganga.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 10

Inkuru zishyashya

‎Yashutswe urukundo n'uwo yise sekibi ! ‎Ishimwe Vestine yavugiye mu migani asobanura urugendo rwe rwo kubabazwa kugeza ku mwana we
Iyobokamana

‎Yashutswe urukundo n'uwo yise sekibi ! ‎Ishimwe Vestine yavugiye mu migani asobanura urugendo rwe rwo kubabazwa kugeza ku mwana we

‎Ni mu butumwa burebure yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze by'umwihariko Instagram konti ye aho natwe twakuye , ubwo butumwa tugiye kubagezaho muri iyi nkuru.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
Impamvu 6 zituma abantu batandukanye basubirana
Inkuru z'urukundo

Impamvu 6 zituma abantu batandukanye basubirana

Kuki ukomeza gusubirana na we? Ni ikibazo abantu benshi babazwa iyo bakomeje gusubira mu rukundo n’umuntu batandukanye, cyane cyane iyo urwo rukundo rwigeze kubagiraho ingaruka mbi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
Sadio Mané yashoye miliyari zirenga 28 Frw mu mushinga ukomeye w’ubuhinzi iwabo
Imikino

Sadio Mané yashoye miliyari zirenga 28 Frw mu mushinga ukomeye w’ubuhinzi iwabo

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Sénégal, Sadio Mané, yongeye kugaragaza uruhare agira mu iterambere ry’iwabo, aho agiye gushora miliyoni 19,5 z’Amadolari ya Amerika, asaga miliyari 28 Frw, mu mushinga mugari w’ubuhinzi n’inganda zitunganya umusaruro uzashyirwa mu gace ka Bambali avukamo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
RD Congo: Constant Mutamba wabaye Minisitiri w'ubutabera yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato kubera kunyereza imari ya leta
Hanze

RD Congo: Constant Mutamba wabaye Minisitiri w'ubutabera yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato kubera kunyereza imari ya leta

RD Congo: Constant Mutamba wabaye Minisitiri w'ubutabera yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato kubera kunyereza imari ya leta

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Ish Kevin yashyize hanze umuzingo mushya
Imyidagaduro

Umuhanzi Nyarwanda Ish Kevin yashyize hanze umuzingo mushya

Semana Kevin wamamaye nka Ish Kevin muri muzika Nyarwanda no mu mukino wo gutwara imodoka, yashyize hanze Album nshya yise “Trapish III: Win Some, Lose Some” iriho indirimbo 10.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Yababereye urugero ! Minisitiri wa siporo yasabye urubyiru kureka kunywa icyuma bagaterura  icyuma
Imyidagaduro

Yababereye urugero ! Minisitiri wa siporo yasabye urubyiru kureka kunywa icyuma bagaterura icyuma

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda guhitamo ibikorwa bibafitiye akamaro birimo siporo, aho gukoresha ibinyobwa bitemewe bizwi nka ‘ibyuma’ bishobora kugira ingaruka ku buzima.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize