
Uwahoze ari Minisitiri w'Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakatiwe igifungo cy'imyaka 10 nyuma yo guhamwa n'icyaha cya ruswa.
Urukiko rusesa imanza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) rwakatiye Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w'ubutabera igihano cyo kumara imyaka 10 akora imirimo y'agahato (idahemberwa), nyuma yo gusanga ahamwa n'icyaha muri ruswa nyinshi ifitanye isano n'ibivugwa ko ari ikoreshwa nabi ry'imari ya leta.
Uwo mugabo Mutamba, utarigeze yitabira amaburanisha kugeza ageze ku musozo, yahakanye ayo maburanisha asobanura ko urwo rubanza ari igikorwa gishingiye ku mpamvu za politike cyakozwe n'abatavuga rumwe na we.
Iyo dosiye ishingiye kuri miliyoni zigera kuri 20 z'amadolari y'Amerika ni ukuvuga hafi miliyari 30 uyavunje mu mafaranga y'u Rwanda , bivugwa ko zanyerejwe, zari zigenewe kujya mu kigega cy'indishyi ku bagizweho ingaruka n'ibikorwa binyuranyije n'amategeko bya Uganda muri DRC, ikigega kizwi mu Gifaransa nka 'Fonds spécial de réparation et d'indemnisation des victimes des activités illicites de l'Ouganda en République démocratique du Congo' (FRIVAO).
Ibyo bikorwa ni ibyo Uganda yakoze mu ntambara zabaye mu burasirazuba bwa DRC kuva mu 1998 kugeza mu 2003.















