RD Congo: Constant Mutamba wabaye Minisitiri w'ubutabera yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato kubera kunyereza imari ya leta
Hanze

RD Congo: Constant Mutamba wabaye Minisitiri w'ubutabera yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato kubera kunyereza imari ya leta

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 193 min gusoma
RD Congo: Constant Mutamba wabaye Minisitiri w'ubutabera yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato kubera kunyereza imari ya leta

Uwahoze ari Minisitiri w'Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakatiwe igifungo cy'imyaka 10 nyuma yo guhamwa n'icyaha cya ruswa.

Urukiko rusesa imanza muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) rwakatiye Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w'ubutabera igihano cyo kumara imyaka 10 akora imirimo y'agahato (idahemberwa), nyuma yo gusanga ahamwa n'icyaha muri ruswa nyinshi ifitanye isano n'ibivugwa ko ari ikoreshwa nabi ry'imari ya leta.

Uwo mugabo Mutamba, utarigeze yitabira amaburanisha kugeza ageze ku musozo, yahakanye ayo maburanisha asobanura ko urwo rubanza ari igikorwa gishingiye ku mpamvu za politike cyakozwe n'abatavuga rumwe na we.

Iyo dosiye ishingiye kuri miliyoni zigera kuri 20 z'amadolari y'Amerika  ni ukuvuga hafi miliyari 30 uyavunje mu mafaranga y'u Rwanda , bivugwa ko zanyerejwe, zari zigenewe kujya mu kigega cy'indishyi ku bagizweho ingaruka n'ibikorwa binyuranyije n'amategeko bya Uganda muri DRC, ikigega kizwi mu Gifaransa nka 'Fonds spécial de réparation et d'indemnisation des victimes des activités illicites de l'Ouganda en République démocratique du Congo' (FRIVAO).

Ibyo bikorwa ni ibyo Uganda yakoze mu ntambara zabaye mu burasirazuba bwa DRC kuva mu 1998 kugeza mu 2003.

Inkuru zerekeye

Umuryango wa Barack Obama uri mu gahinda ko gupfusha imbwa
Hanze

Umuryango wa Barack Obama uri mu gahinda ko gupfusha imbwa

Barack Obama yatangaje ko imbwa y’umuryango we yitwaga Sunny, yari imaze imyaka 13, yapfuye. Yavuze ko iyi mbwa yari imwe mu bagize umuryango we bakundaga cyane.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
AFC/M23 n’ingabo za Leta ya RDC bihanganiye i Masisi na Point-Zéro
Hanze

AFC/M23 n’ingabo za Leta ya RDC bihanganiye i Masisi na Point-Zéro

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe bikorana byagabye ibitero mu bice bituwe cyane muri Teritwari ya Masisi no muri Point-Zéro hafi ya Komini Minembwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Inzu Trump yakuriyemo yagurishijwe
Hanze

Inzu Trump yakuriyemo yagurishijwe

Inzu Donald Trump yabayemo akiri umwana, iherereye mu gace ka Jamaica Estates muri Queens, mu Mujyi wa New York, yagurishijwe miliyoni 1,93 z’Amadolari ku wa 11 Nzeri 2026.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize
AFC-M23 yatangaje umubare w’abapfiriye mu nkongi y’umuriro y’i Bukavu
Hanze

AFC-M23 yatangaje umubare w’abapfiriye mu nkongi y’umuriro y’i Bukavu

Ihuriro AFC-M23 ryatangaje ko abana n’abanyeshuri 24, barimo abakobwa 19 n’abahungu batanu, ari bo bapfiriye mu nkongi y’umuriro yibasiye amazu yo mu gace ka Tshimpunda ho muri Komini ya Kadutu, mu Mujyi wa Bukavu.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 11
AMERIKA : Perezida Donald Trump yashinjwe ruswa nyuma yo kwemerera buri munyamerika arenga 7,000,000 RWF
Hanze

AMERIKA : Perezida Donald Trump yashinjwe ruswa nyuma yo kwemerera buri munyamerika arenga 7,000,000 RWF

Umukuru w'Igihugu cya Amerika Donald Trump, yasezeranyije ko buri muntu mukuru ufite ubwenegihugu bwa Amerika azahabwa amadolari 5,000, mu gihe Ishyaka ry’Abarepubulikani ritsinze amatora ya manda yo hagati rikagumana ubuyobozi mu Nteko Ishinga Amategeko.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 10
AFC/M23 n’ingabo za Leta ya RDC bihanganiye ku rugabano rwa Masisi na Walikale
Hanze

AFC/M23 n’ingabo za Leta ya RDC bihanganiye ku rugabano rwa Masisi na Walikale

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe bikorana byagabye ibitero bikomeye mu bice bitandukanye biri ku rugabano rwa Teritwari ya Masisi na Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 10

Inkuru zishyashya

Umuhanzi Nyarwanda Ish Kevin yashyize hanze umuzingo mushya
Imyidagaduro

Umuhanzi Nyarwanda Ish Kevin yashyize hanze umuzingo mushya

Semana Kevin wamamaye nka Ish Kevin muri muzika Nyarwanda no mu mukino wo gutwara imodoka, yashyize hanze Album nshya yise “Trapish III: Win Some, Lose Some” iriho indirimbo 10.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
Yababereye urugero ! Minisitiri wa siporo yasabye urubyiru kureka kunywa icyuma bagaterura  icyuma
Imyidagaduro

Yababereye urugero ! Minisitiri wa siporo yasabye urubyiru kureka kunywa icyuma bagaterura icyuma

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda guhitamo ibikorwa bibafitiye akamaro birimo siporo, aho gukoresha ibinyobwa bitemewe bizwi nka ‘ibyuma’ bishobora kugira ingaruka ku buzima.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize
Intambara y’amagambo ya DJ Brianne na Yago yubuye
Imyidagaduro

Intambara y’amagambo ya DJ Brianne na Yago yubuye

Amakimbirane hagati ya DJ Brianne na Yago yongeye gufata indi ntera, nyuma y’uko Yago agarutse ku byo ashinja uyu mugore uvanga imiziki, na we akamusubiza mu butumwa burebure bumvikanamo ko atagishaka ubwiyunge hagati yabo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Vinicius yambitse impeta umukunzi we w’abana batatu nyuma y’umwaka bakundana
Imyidagaduro

Vinicius yambitse impeta umukunzi we w’abana batatu nyuma y’umwaka bakundana

Rutahizamu wa Real Madrid, Vinicius Jr yambitse impeta umukunzi we w’umunyamideli akaba azwi no ku mbuga nkoranyambaga, Virginia Fonseca, nyuma y’umwaka umwe bakundana.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Kamonyi: Umwana na nyina barezwe kwica se w’umwana
Inkuru ku Rwanda

Kamonyi: Umwana na nyina barezwe kwica se w’umwana

Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwaburanishije urubanza rw’umwana na nyina baregwa kwica se w’umwana akaba umugabo w’uregwa.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umusaza w’i Rusizi yasanzwe mu bwiherero bw’ishuri yapfuye
Inkuru ku Rwanda

Umusaza w’i Rusizi yasanzwe mu bwiherero bw’ishuri yapfuye

Umusaza w’imyaka 61 witwa Sengumuremyi Modeste yasanzwe yapfiriye mu bwiherero bw’Urwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende, ruherereye mu Mudugudu wa Bikinga, Akagari ka Kamanu, Umurenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize