
Amakimbirane hagati ya DJ Brianne na Yago yongeye gufata indi ntera, nyuma y’uko Yago agarutse ku byo ashinja uyu mugore uvanga imiziki, na we akamusubiza mu butumwa burebure bumvikanamo ko atagishaka ubwiyunge hagati yabo.
DJ Brianne na Yago bamaze igihe batumvikana, aho buri ruhande rwagiye rugaragaza ko hari ibibazo byagiye bibatanya. Ubu noneho iki kibazo cyongeye kuvugisha benshi nyuma y’amagambo akomeye bombi bagiye bavuga.
Yago yakoze ikiganiro agarukamo kuri DJ Brianne, avuga ko azakora ibishoboka byose kugira ngo uyu mugore afungwe. Yago kandi yamushinje gukoresha ibiyobyabwenge ndetse avuga ko afite ibindi byaha byinshi bishobora gutuma afungwa mu Rwanda.
Aya magambo akimara kumugeraho, DJ Brianne ntiyacecetse. Yahise yandika ubutumwa burebure asubiza Yago, amushinja kumuvugaho ibitagira ibimenyetso kandi amubwira ko atazongera kumwinginga ngo biyunge.
Brianne yavuze ko yagerageje inshuro zitandukanye gushaka uko amakimbirane yabo yarangira mu mahoro, ariko ko ibyo byanze. Yagaragaje ko kuri ubu yumva igisigaye ari ugukomeza inzira ye no kutongera gusaba Yago ubwiyunge.
Mu butumwa bwe, Brianne yanenze Yago kuba avuga ko azamufungisha, nyamara nk’uko yabivuze, nta muntu n’umwe mu batangabuhamya Yago avuga wigeze atanga ubuhamya ku byaha amushinja.
Ati “Ibyo biyobyabwenge ntabyo nywa nk’uko byose wabivuze. Ikindi uzapfa utambonye muri gereza kuko nta cyaha mfite nagukoreye cyatuma mfungwa. Ikindi ibyo waje n’abatangabuhamya bawe urabizi ko habuze n’umwe ujya gutanga ubuhamya ngo basi hakorwe iperereza.”
Brianne kandi yavuze ko ibyo Yago amwifuriza atabyitayeho, ahubwo ko abona ubuzima bwe bukomeza gutera imbere.
Mu buryo bw’umwihariko, yagarutse ku bikorwa bye bya muzika, agaragaza ko kuba akomeje gutera imbere mu kazi ke ari kimwe mu bintu yishimira, nubwo avuga ko Yago akomeza kumuvugaho.
Yanditse ati: “Ariko iyo ubona byagucanze ni njye uzukira ho. Naka ka ‘message’ karakugaburira nk’icyumweru. Rero musore niba byarakuyobeye komeza ubwerabwere undeke nikorere akazi.”
Brianne yanakomoje ku kuba Yago ari muri Uganda, we akaba ari muri Canada, amubwira ko niba ikibazo ari ukumurega, ashobora kubikora kuko atari mu Rwanda. Ati: “Niba bikunaniye komeza ubwejagurire Kampala nanjye ncakaze Canada.”
Brianne kandi yakoresheje igice cy’ubutumwa bwe agaragaza ko ari mu bihe byiza mu kazi, aho yavuze ku bikoresho bya DJ afite no ku buryo akomeje kwagura ibikorwa bye.
Yavuze ko yicaranye na Denon DJ X1800 Prime, anongeraho ko nyuma yaje kwiyongeramo DDJ REV 7, abikoresha mu buryo bwo gusubiza Yago wari umaze igihe amuvugaho.
Ati: “Nari nibagiwe, uzi uyu munsi se? Shumiiiii, nicaranye Denon DJ X1800 Prime urayihura noneho… uwakwereka ukuntu ndi kubibyimbamo. Nari nibagiwe, n’akandi kantu mukanya niteretsemo na DDJ REV 7.”
Mu gice gikomeye cy’ubutumwa bwe, Brianne yavuze ko hari igihe yagerageje gushaka uko yakemura amakimbirane afitanye na Yago, ariko ko ibyo bitagenze neza.
Yavuze ko hari ibyo yasabye Yago birimo kumva uruhande rwe no kureba uko ibintu byagenze mbere yo gufata imyanzuro. Ati: “Njye nagerageje kugira ngo nkorohere ibintu, ariko niba ntabyo ukeneye sinkwinginga.”
Yongeye gushimangira ko atumva ko hari impamvu yatuma afungwa, avuga ko nta cyaha yakoze kuri Yago cyatuma afatwa.
Brianne kandi yavuze ko atifuza kongera guhura na Yago, ndetse avuga ko icyamushimisha ari uko buri wese yakomeza ubuzima bwe atongera kubangamira undi. Ati “Nzapfe ntahuye nawe aho kuzahura bikakubuza amahoro.”
Yavuze ko yagiye amusaba imbabazi no gushaka amahoro inshuro nyinshi, ariko ko yumva ibyo byose bitakiri ngombwa.
“Ujyuvuga uzana n’ibimenyetso”
Mu gusoza ubutumwa bwe, DJ Brianne yasabye Yago kujya avuga ibyo ashobora gushyigikira n’ibimenyetso, aho gutanga ibirego gusa. Ati “Ikindi ujyuvuga uzana n’ibimenyetso, siko bimeze ubu.”
Yamaganye kandi amagambo avuga ko Yago azaruhuka ari uko abonye afunzwe, avuga ko ibibazo byabo bidakwiye gukemurwa binyuze mu magambo akomeye no kumwifuriza gufungwa. Ati “Harya ngo uzaruhuka mfunze? Ni nde wakubwiyeko Leta y’u Rwanda igendera mu cyuka?”
Brianne yasoreje ku kumusaba ko yamureka agakomeza akazi ke, na Yago agakomeza ubuzima bwe, agaragaza ko atifuza kongera kumusubiza mu gihe cyose azaba atamuvuzeho.
Ati “Ka ngusubiriremo akanyuma: bwejagurira Kampala mbe ncakaza Canada… Nuruha uzaceceka cyangwa ukomeze umugabane uhigiraho siwo mpigiraho.”
Amagambo mashya hagati ya DJ Brianne na Yago yongeye gutuma amakimbirane yabo agaruka mu biganiro by’abakurikiranira hafi imyidagaduro, cyane ko bombi bakomeje gutanga ubutumwa bukomeye ku bijyanye n’ibibatandukanya.















