Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
Ishimwe Vestine yasabye gatanya (divorce) n’umugabo we
Imyidagaduro

Ishimwe Vestine yasabye gatanya (divorce) n’umugabo we

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 146 min gusoma
Ishimwe Vestine yasabye gatanya (divorce) n’umugabo we

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine ubarizwa mu itsinda rya Vestine na Dorcas, yasabye Urukiko kumuha gatanya ya burundu n’umugabo we, Ouedraogo Idrissa, bari barasezeranye mu bukwe bwabaye ku wa 5 Nyakanga 2025.

Amakuru yizewe avuga ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 14 Nzeri 2026, habaye inama ntengura rubanza ku Rukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro. Ishimwe Vestine yari ahagarariwe n’umunyamategeko we kubera ko atabonetse, ni mu gihe Idrissa nawe yari ahagarariwe n’umunyamategeko we, kuko nawe atabonetse.

Ishimwe Vestine na Idrissa bakoze ubukwe mu birori bikomeye byabaye ku wa 5 Nyakanga 2025 mu Intare Conference Arena, nyuma yo kwemera kubana nk’umugabo n’umugore.

Nyuma y’umwaka urenga gato bakoze ubukwe, umubano wabo wageze aho Vestine yitabaza inkiko, asaba gutandukana n’umugabo we.

Amakuru avuga ko kandi Idrissa yamenyeshejwe n’urukiko ko yarezwe na Vestine.Bivugwa ko  ko Vestine yaba yarageze ku mwanzuro wo gusaba gutandukana n’umugabo we kubera ibintu bitandukanye batumvikanagaho.

Ku rundi ruhande, amakuru yatanzwe avuga ko Idrissa atifuza ko uyu mubano urangira binyuze muri gatanya.

Vestine yari yaraciye amarenga ku buzima bwe bwite

Mbere y’uko amakuru y’uru rubanza amenyekana, Ishimwe Vestine yari yarigeze gusangiza abamukurikira ubutumwa bwatumye benshi bibaza ku buzima bwe bwite.

Ku wa 18 Ugushyingo 2025, nyuma y’amezi make gusa akoze ubukwe, Vestine yanditse ubutumwa burebure ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko atanyuzwe n’ubuzima yarimo ndetse ko yicuza amwe mu mahitamo yakoze.

Yavuze ko ubuzima yari abayeho icyo gihe atari bwo yahisemo, ko yari ari mu bihe bikomeye kandi ko yari yaragize amahitamo atari meza. Muri ubwo butumwa, yagaragaje kandi ko yize amasomo akomeye ku byamubayeho ndetse ko atifuza kongera kunyura mu bihe nk’ibyo.

Yagize ati: “Uyu munsi ubuzima mbayeho si bwo nahisemo, ndi mu bihe bingoye kandi si byo nkwiye. Ndabizi ko nagize amahitamo mabi mu buzima bwanjye, ariko nta kundi. Imana yemera ko ibintu bimwe bitubaho kugira ngo tubyigiremo, narize bihagije. Nta mugabo uzongera kumbeshya ukundi ngo anyangirize ubuzima.”

Vestine kandi yavuze ko igihe kizaza naramuka agize undi mugabo bahisemo kubana, azabanza kumumenya neza, akamenya umuryango we ndetse n’ibijyanye n’ubuzima bwe.

Ati: “Ubutaha ninjya guhitamo umugabo tuzabana, azaba ari uwo tuziranye neza, nzi umuryango we ndetse na buri kimwe kuri we. Nta muntu uzongera kunkoresha ukundi.”

Ubutumwa bwe bwatumye bamwe mu bamukurikira bibaza niba hari ikibazo gikomeye yari arimo kunyuramo, nubwo icyo gihe nta bisobanuro birambuye yatanze ku byari byatumye yandika ayo magambo.

Nyuma y’igihe gito yari amaze gutangaza ubwo butumwa, Vestine yabusibye ku mbuga nkoranyambaga.

Mu bindi byagaragaye nyuma y’ubwo butumwa, ni uko amafoto menshi ya Vestine n’umugabo we Idrissa yari asanzwe kuri Instagram ye yaje kuburirwa irengero.

Ibi byatumye bamwe mu bakurikiranaga ubuzima bw’uyu muhanzikazi bibaza niba hari ibibazo byari bitangiye kuvuka mu muryango we.

Nubwo bimeze bityo, icyo gihe Vestine ntiyigeze atangaza ku mugaragaro ko yatandukanye n’umugabo we cyangwa ko yaba yaritabaje inkiko.

Ubu noneho inyandiko zagejejwe mu rukiko ni zo zigaragaza ko umubano wabo uri mu maboko y’Urukiko.

Ishimwe Vestine azwi cyane mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, aho amaze imyaka akorana na murumuna we Kamikazi Dorcas. Muri iki gihe, bomi batuye muri Canada.

Bombi bazwi cyane mu muziki wa Gospel, aho bagiye bakora ibitaramo n’indirimbo zitandukanye zabagize bamwe mu bahanzi bakomeye muri uru rwego mu Rwanda.

Ubuzima bwabo bw’umuziki bwagiye bukurikiranwa cyane n’abakunzi babo, ndetse n’ubuzima bwite bwa Vestine bwaje kwitabwaho cyane ubwo yakoraga ubukwe na Idrissa mu 2025.

Ubu, nyuma y’umwaka urenga gusa, Vestine yamaze kwitabaza urukiko asaba ko ahabwa gatanya ya burundu n’umugabo we.

Itegeko rishya ryongereye impamvu zishingirwaho mu gusaba ubutane

Itegeko rigenga abantu n’umuryango ryasohotse ku wa 30 Nyakanga 2024, ryashyizeho impamvu nshya zishobora gutuma umwe mu bashyingiranywe asaba urukiko kubatandukanya burundu.

Ingingo ya 248 y’iri tegeko ivuga ko buri wese mu bashyingiranywe ashobora gusaba ubutane, ashingiye ku mpamvu ziteganywa n’amategeko.

Mu mpamvu zisanzwe harimo ubusambanyi, kuba umwe mu bashyingiranywe yarataye urugo nta mpamvu ifite ishingiro mu gihe cy’amezi 12 akurikirana, guhamwa n’icyaha gisebeje no kwanga gutanga ibitunga urugo.

Iri tegeko rishya kandi ryongereyeho izindi mpamvu, zirimo ihohoterwa rikorerwa ku mubiri, ku mitekerereze, ihohoterwa rishengura umutima, irishingiye ku mutungo cyangwa imyitwarire ibangamiye bikabije umwe mu bashyingiranywe usaba ubutane.

Harimo kandi imyitwarire ibangamiye umwana bahuriyeho bombi, cyangwa umwana w’urega cyangwa w’uregwa.

Indi mpamvu nshya iteganywa ni igihe abashyingiranywe batabanye mu gihe kirenze amezi atandatu akurikirana uhereye igihe bashyingiriwe, nta mpamvu ifite ishingiro ihari.

Itegeko kandi riteganya ko umwe mu bashyingiranywe ashobora gusaba ubutane iyo kubana kwabo bitagishobotse kubera indi mpamvu itakwihanganirwa n’umwe muri bo.

Mu zindi mpamvu zari zisanzwe zishobora gutuma abashyingiranywe batana, harimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse no kumara nibura imyaka ibiri batabana ku bushake bwabo.

Bivuze ko mu gihe urukiko rusuzuma ubusabe bw’ubutane, rureba impamvu zatanzwe n’usaba ubutane, ibimenyetso bihari ndetse n’ibisobanuro by’uruhande arega, mbere yo gufata umwanzuro.

Ishimwe Vestine yasabye Urukiko rw'Ibanze rwa Kicukiro kumuha gatanya ya burundu na Idrissa nyuma y'igihe gishize biyemeje kubana

Ibyifuzo by’abasomyi

Andika igitekerezo cyawe

0/2000

Igitekerezo cyawe kizemezwa n’abaditsi mbere y’uko cyagaragara. Ibyanditsse n’ababotsi cyangwa spam ntibyemewe.

Inkuru zerekeye

Umunyamakuru Taikun Ndahiro yahakanye ibyo kwiyahura, ashinja DJ Lenzo kumunywesha urumogi
Imyidagaduro

Umunyamakuru Taikun Ndahiro yahakanye ibyo kwiyahura, ashinja DJ Lenzo kumunywesha urumogi

Taikun Ndahiro uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha ibiyobyabwenge no kwigomeka ku nzego z’umutekano, yatakambiye Urukiko arusaba kurekurwa akajyanwa muri ‘Rehab’ aho gufungwa iminsi 30 y’agateganyo nk’uko Ubushinjacyaha bwabimusabiye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize
‎Byarambabaje ! Harmonize yongeye gutandukana na Frida Kajala
Imyidagaduro

‎Byarambabaje ! Harmonize yongeye gutandukana na Frida Kajala

‎Umuhanzi ukomeye muri muzika ya Tanzania Harmonize, yemeje amakuru avuga ko yatandukanye na Frida Kajala byongera gushimangirwa ko bombi badashobotse iyo bigeze mu rukundo.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 6
‎Keliiy yashimagije Burna Boy amwita umugiraneza
Imyidagaduro

‎Keliiy yashimagije Burna Boy amwita umugiraneza

‎Umunyamideri Keliiy Morgan yasobanuye ko gukorana na Burna boy wo muri Nigeria byari byiza kuri we ngo na cyane ko byahinduye ubuzima bwe mu buryo butandukanye agereranyije n'abandi.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 31
FC Barcelona igiye gusinyisha Jesus ku kayabo k’agera kuri 17,114,122,350 RWF
Imyidagaduro

FC Barcelona igiye gusinyisha Jesus ku kayabo k’agera kuri 17,114,122,350 RWF

Ikipe ya Arsenal igiye gusinyisha umukinnyi ukomeye Gabriel Jesus wa Arsenal ku kayabo k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri 17,114,122,350 nk’uko amasoko atandukanye dukesha iyi nkuru abitangaza.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 30
‎Ni mubyara wa Diamond Platnumz !  RJ the DJ yashimagije Abanyarwanda avuga ko abafata nk'abavandimwe
Imyidagaduro

‎Ni mubyara wa Diamond Platnumz ! RJ the DJ yashimagije Abanyarwanda avuga ko abafata nk'abavandimwe

‎Romeo George Bangula wamamaye nka RJ The DJ , Rom Jon(e)s mu Gihugu cya Tanzania ari mu Rwanda aho yazanye na Diamond Platnumz mu gitaramo bahafite. Uyu mugabo w'imyaka 39 y'amavuko watangiye ibijyanye n'umuziki muri 2010 kugeza ubu, mu butumwa yashyize ahagaragara bisa n'aho yabwandikiwe n'undi muntu yatomagije Abanyarwanda cyane.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 29
‎Ni wowe umpoza amarira ndagukunda! Ubutumwa bwa Muyango Claudine ku muhungu we wujuje imyaka Itanu
Imyidagaduro

‎Ni wowe umpoza amarira ndagukunda! Ubutumwa bwa Muyango Claudine ku muhungu we wujuje imyaka Itanu

‎Miss Muyango Claudine waburanye urwo kumutandukanya n'umugabo we , yifurije isabukuru nziza y'amavuko, umwana wabo Miguel Kimenyi. Muri ubwo butumwa, Muyango Claudine yifurije ubuzima bwiza uwo mwana amusabira umugisha no gukurana ubwenge.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 29

Inkuru zishyashya

Inzu Trump yakuriyemo yagurishijwe
Hanze

Inzu Trump yakuriyemo yagurishijwe

Inzu Donald Trump yabayemo akiri umwana, iherereye mu gace ka Jamaica Estates muri Queens, mu Mujyi wa New York, yagurishijwe miliyoni 1,93 z’Amadolari ku wa 11 Nzeri 2026.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 5 yashize
Ikipe ya Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10
INKURU NYAMUKURU

Ikipe ya Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10

Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10 mu mukino wo ku munsi wa 4 wa Shampiyona y’u Bwongereza wakinwe kuri iki Cyumweru saa Kumi n'Imwe n’iminota 30 kuri Old Trafford.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize
Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima
Imikino

Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko Leta y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga bwo kurwanya ibisindisha ndetse n’ibiyobyabwenge kubera ko byibasira urubyiruko kandi ari rwo igihugu gitezeho amaboko yo kucyubaka.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
Gicumbi: Umugabo akurikiranweho gusambanya umukobwa we w’imyaka 19 ku gahato
Inkuru ku Rwanda

Gicumbi: Umugabo akurikiranweho gusambanya umukobwa we w’imyaka 19 ku gahato

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kabeza, yasabiwe n’Ubushinjacyaha gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera icyaha cyo gukoresha umukobwa we imibonano mpuzabitsina ku gahato.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Rutsiro: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya umwana amwizeza kumugira umugore
Inkuru ku Rwanda

Rutsiro: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya umwana amwizeza kumugira umugore

Umusore w’imyaka 21 wo mu Karere ka Rutsiro afunzwe akekwaho gushukisha umwana w’imyaka 16 kumugira umugore akarara amusambanya ijoro ryose.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Weekend yageze  ! Tekereza El Classico Beach Chez West niba ushaka gusohoka ukishimira ibyo wagezeho !
Inkuru zamamaza

Weekend yageze ! Tekereza El Classico Beach Chez West niba ushaka gusohoka ukishimira ibyo wagezeho !

Urashaka gutembera n'umuryango wawe ? Urashaka gusohokana n'abawe ? Tekereza kuri El Classico Beach kuko ariho hafite ibyo wifuza byose. Hari amafunguro meza ayobowe n'Ifi, hari inkoko , ndetse hakaba n'ibyo kunywa bigezweho. Bagufitiye amacumbi meza kandi abari mu kwezi kwa buki bo bahabwa na Poromosiyo yo gutembera mu Kiyaga cya Kivu mu bwato ku buntu iyo barahamara kabiri.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize