‎Marina yise Yvan Muziki umugabo we nyuma yo kumuha impano y'imodoka
Akazi

‎Marina yise Yvan Muziki umugabo we nyuma yo kumuha impano y'imodoka

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 165 min gusoma
‎Marina yise Yvan Muziki umugabo we nyuma yo kumuha impano y'imodoka

‎Umuhanzikazi Marina yifashishije indirimbo 'Uwera' ya Yvan Muziki , yamutanze amwita umugabo we nyamara batari babana mu buryo bwemewe n'amategeko.

‎Ni amagambo yatunguye benshi bituma bibaza niba koko Marina Deborah abana n'uwo musore wamwambitse impeta  ariko ntamugeze imbere y'imiryango cyangwa Imana mu rusengero nk'uko umuco Nyarwanda umeze n'ubwo ntawakwemeza niba bitarabaye mu ibanga ryabo nyuma y'amagambo ya Marina.

‎Anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze zitandukanye umuhanzi Marina yatangaje ko yishimiye impano yahawe n'uwo musore ndetse ko ari yiyumvamo nk'umugabo we nk'uko yabivuze.

‎Yanditse ati:"Umugabo wanjye wantunguye umpa imodoka mu ijoro ryashize. Nukuri nishimye cyane . Wakoze cyane mugabo wanjye. Ndagukunda cyane".

‎Nyuma y'ayo magambo Marina yarengejeho imitima ndetse na 'Imoji' zigaragaza ko ashobora kuba yakoresheje amagambo akomeye kandi ko atabyicuza.

‎Ibyo kuba Marina na Yvan Muziki bakundana bimaze igihe kitari gito ku karuhanda aho Marina yagiye yumvikana avuga ko akunda cyane Yvan Muziki ndetse na we akavuga ko ari uko ndetse byagiye binavugwa ko babana mu nzu imwe ariko ntibyemezwe naba nyiri ubwite.

‎Yvan Muziki ni umuhanzi wibanda cyane ku ndirimbo ziganjemo umuco Nyarwanda mu gihe Marina we ntaho ahurira nabyo cyakora bakaba barahuriye mu ndirimbo zitari imwe.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Umuryango wa Barack Obama uri mu gahinda ko gupfusha imbwa
Hanze

Umuryango wa Barack Obama uri mu gahinda ko gupfusha imbwa

Barack Obama yatangaje ko imbwa y’umuryango we yitwaga Sunny, yari imaze imyaka 13, yapfuye. Yavuze ko iyi mbwa yari imwe mu bagize umuryango we bakundaga cyane.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Perezida Kagame na Wadagni basabye impande zombi kongera inzego ibihugu bifatanyamo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Wadagni basabye impande zombi kongera inzego ibihugu bifatanyamo

Perezida Kagame na mugenzi we wa Benin Romuald Wadagni bagiranye ibiganiro nyuma basaba abayobozi ku mpande zombi gushyira imbaraga mu bufatanye bw’ibihugu byombi no gushyira imbaraga mu nzego z’ubufatanye nshya, habyazwa inyungu gahunda zihuriweho.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 17 yashize
‎Ndashaka umukunzi twazabana  sinitaye ku kuba yarabaye ! Soma inkuru irambuye
Inkuru z'urukundo

‎Ndashaka umukunzi twazabana sinitaye ku kuba yarabaye ! Soma inkuru irambuye

‎Hambere aha , nta rugo rwabagaho rudafite umuranga (Umuntu wahuzaga imitima ibiri yaburanye). Umusore wabaga amaze kwitegura yahuraga n'umuntu baziranye wamwitegereje akabona ko yujuje byose yarangiza akamurangira umukobwa azi wujuje ubwiza , imico ndetse n'imyifatire y'Umunyarwandakazi. Iyo niyo mpamvu twahisemo kuba umuranga.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Dore ibintu 5 byo kwitaho mbere yo kurongora
Inkuru z'urukundo

Dore ibintu 5 byo kwitaho mbere yo kurongora

Gukunda umuntu cyane ntibihagije ngo uhite ufata umwanzuro wo kubakana na we. Mbere yo gushinga urugo, hari ibintu by’ingenzi umuntu akwiye gusuzuma kugira ngo amenye niba uwo mubano ufite umusingi ukomeye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Kayonza: Umucuruzi bamufatiyeho icyuma bamwiba miliyoni 2,4 Frw
Inkuru ku Rwanda

Kayonza: Umucuruzi bamufatiyeho icyuma bamwiba miliyoni 2,4 Frw

Umucuruzi wo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza ararira ayo kwarika nyuma yo gufatirwaho icyuma n’abajura bakamwiba arenga miliyoni 2,4 Frw yari afite kuri Mobile Money.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Uwamwise amazina yamenyekanye ! Diamond Platnumz na Zuchu berekanye umwana wabo
Imyidagaduro

Uwamwise amazina yamenyekanye ! Diamond Platnumz na Zuchu berekanye umwana wabo

Umuhanzikazi Zuchu hamwe n'umugabo we babyaranye bakoze ibirori byo kwerekana umwana baherutse kwibaruka. Ni ibirori batumiyemo imiryango, inshuti ndetse na bamwe mu bafite icyo basobanuye kuri bo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize