
Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe bikorana byagabye ibitero bikomeye mu bice bitandukanye biri ku rugabano rwa Teritwari ya Masisi na Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko guhera saa kumi n’imwe za mu gitondo kuri uyu wa 10 Nzeri 2026, ingabo za Leta ya RDC ziri kurasa mu bice birimo Ihula, Malemo, Minjenje, Kibati no mu tundi duce bihana imbibi.
Kanyuka yavuze ko ibi bitero byateye guhunga kw’abaturage benshi basize ingo zabo n’imitungo yabo mu rwego rwo gukiza amagara.
Ati "Ibitero birakomeje ubu dutangaza aya makuru. Byateye abasivili benshi guhunga, bata ingo zabo n’imitungo yabo kugira ngo barokoke ibitero bya Kinshasa."
Yongeyeho ko ahagana Saa Moya za mu gitondo, ingabo za Leta zagabye ibitero mu gace ka Buhimba no mu nkengero zako muri Teritwari ya Masisi, zifashishije abasirikare barwanira ku butaka n’imbunda zirimo Mortier 82 mm na ‘machine guns’.
Ingabo za Leta n’abarwanyi bo mu ihuriro Wazalendo baherukaga gutakaza bimwe muri ibi bice, bagabye ibitero baturutse mu bice bya Walikale byegereye Masisi, bakaba bafite intego yo kugenzura inzira ya Buhimba-Mahanga ihuza teritwari zombi.
Kanyuka yavuze ko AFC/M23 ihangayikishijwe cyane n’ubwicanyi ingabo za Leta ziri gukorera Abanye-Congo, ashimangira ko iri huriro rizakomeza kurinda abaturage no kubarwanirira rikoresheje uburyo bwose bushoboka.















