Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
AMERIKA : Perezida Donald Trump yashinjwe ruswa nyuma yo kwemerera buri munyamerika arenga 7,000,000 RWF
Hanze

AMERIKA : Perezida Donald Trump yashinjwe ruswa nyuma yo kwemerera buri munyamerika arenga 7,000,000 RWF

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 104 min gusoma
AMERIKA : Perezida Donald Trump yashinjwe ruswa nyuma yo kwemerera buri munyamerika arenga 7,000,000 RWF

Umukuru w'Igihugu cya Amerika Donald Trump, yasezeranyije ko buri muntu mukuru ufite ubwenegihugu bwa Amerika azahabwa amadolari 5,000, mu gihe Ishyaka ry’Abarepubulikani ritsinze amatora ya manda yo hagati rikagumana ubuyobozi mu Nteko Ishinga Amategeko.

Perezida Trump yabitangaje ku wa 9 Nzeri 2026, ubwo yari mu nama ikomeye y’Abarepubulikani yabereye i Dallas muri Texas, aho yashishikazaga abashyigikiye ishyaka rye kuzitabira amatora ateganyijwe mu Ugushyingo.

Yise ayo mafaranga “Trump Dividend”, asobanura ko azaba ari amafaranga ahabwa Abanyamerika nk’uko ikigo cy’ubucuruzi gishobora guha imigabane abacyo. Yagize ati: “Abarepubulikani nibatsinda, namwe muzaba mutsinze” kandi buri muntu mukuru akazahabwa ayo $5,000.”

Yavuze ko gahunda ye ishingiye ku byo avuga ko ari ubukungu bukomeye bwa Amerika ndetse n’amafaranga menshi igihugu kiri kubona. Icyakora, ntiyatangaje ibisobanuro birambuye by’uko ayo mafaranga azakusanywa cyangwa uburyo buri muntu azayabona. Ntiyagaragaje kandi niba Kongere izasabwa kubyemeza mbere y’uko iyo gahunda ishyirwa mu bikorwa.

Visi Perezida JD Vance yavuze ko amafaranga ashobora guturuka ku musaruro ukomoka ku misoro ku bicuruzwa bitumizwa muri Amerika, ariko abahanga mu bukungu bakomeje kwibaza niba ayo mafaranga yaba ahagije.

Ikibazo gikomeye kiri muri iyi gahunda ni ingano y’amafaranga azakenerwa. Amerika ifite abantu bakuru barenga miliyoni 240 bafite ubwenegihugu bw’iki gihugu. Iyo buri wese ahabwa $5,000, amafaranga yose yaba hafi ya tiriyoni $1.2.

Ibi bituma bamwe mu bahanga mu bukungu bibaza niba gahunda nk’iyi yakorwa hatabayeho kongera umwenda wa Leta cyangwa kugabanya amafaranga yagenewe izindi gahunda za Leta.

Abandi kandi bavuga ko gutanga amafaranga menshi ku bantu benshi icyarimwe bishobora kongera amafaranga abantu bafite, bikaba byagira ingaruka ku izamuka ry’ibiciro.

Abanenga Trump bavuga ko ashaka kugura amajwi

Inkuru dukesha ikinyamakurur Sky News ivuga ko, aya masezerano y’amafaranga Trump yatanze yakuruye impaka muri Amerika, cyane cyane kubera ko yashyizwe ku ruhande rumwe n’intsinzi y’Abarepubulikani mu matora.

Abanenga Trump bavuga ko gusezeranya amafaranga azahabwa abaturage mu gihe abasaba gutora Abarepubulikani bishobora gufatwa nk’uburyo bwo kureshya cyangwa gushaka amajwi.

Amatora ateganyijwe ku 3 Ugushyingo 2026 ni amatora ya manda hagati (midterm elections). Muri ayo matora, Abanyamerika bazatora abadepite bose bagize Inteko Ishinga Amategeko ihagarariye abaturage, ndetse n’umubare munini w’abasenateri.

Trump ubwe ntabwo ari umukandida muri ayo matora, ariko yashyize izina rye hagati muri gahunda y’Abarepubulikani, asaba abatora gufata amatora nk’aho ari uburyo bwo gushyigikira ubuyobozi bwe.

Ibi bituma aya matora aba ingenzi cyane kuri Trump, kuko gutsindwa kw’Abarepubulikani muri Kongere bishobora gutuma bigorana ko ubuyobozi bwe bushyira mu bikorwa gahunda zimwe na zimwe.

Ushobora kwibaza uti: “ese Abanyamerika bazabona ayo mafaranga?” Ntabwo biramenyekana. Icyatangajwe na Trump kugeza ubu ni isezerano rya politiki. Kugira ngo gahunda nk’iyi ibe impamo, hakenewe ibisobanuro birambuye ku buryo amafaranga azaboneka, abazayahabwa, igihe azatangirwa ndetse n’uburyo gahunda izemezwa.

Ibyifuzo by’abasomyi

Andika igitekerezo cyawe

0/2000

Igitekerezo cyawe kizemezwa n’abaditsi mbere y’uko cyagaragara. Ibyanditsse n’ababotsi cyangwa spam ntibyemewe.

Inkuru zerekeye

AFC-M23 yatangaje umubare w’abapfiriye mu nkongi y’umuriro y’i Bukavu
Hanze

AFC-M23 yatangaje umubare w’abapfiriye mu nkongi y’umuriro y’i Bukavu

Ihuriro AFC-M23 ryatangaje ko abana n’abanyeshuri 24, barimo abakobwa 19 n’abahungu batanu, ari bo bapfiriye mu nkongi y’umuriro yibasiye amazu yo mu gace ka Tshimpunda ho muri Komini ya Kadutu, mu Mujyi wa Bukavu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
AFC/M23 n’ingabo za Leta ya RDC bihanganiye ku rugabano rwa Masisi na Walikale
Hanze

AFC/M23 n’ingabo za Leta ya RDC bihanganiye ku rugabano rwa Masisi na Walikale

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’imitwe bikorana byagabye ibitero bikomeye mu bice bitandukanye biri ku rugabano rwa Teritwari ya Masisi na Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 23 yashize
Abo mu muryango w’Umwami Oyo Nyimba bateye utwatsi ibyo kwimika Edward Rukidi mu bwami bwa Tooro
Hanze

Abo mu muryango w’Umwami Oyo Nyimba bateye utwatsi ibyo kwimika Edward Rukidi mu bwami bwa Tooro

Igikomangoma Ruth Komuntale, mushiki w’Umwami Oyo Nyimba wa Tooro, yahakanye amakuru avuga ko Edward Rukidi Kijanangoma ari we washyizweho nk’Umwami wa Tooro, avuga ko ayo makuru atari ukuri kandi ko atandukanye n’irage ry’umuvandimwe we wapfuye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umudepite  wakubise umukozi wa RwandAir arafunzwe
Hanze

Umudepite wakubise umukozi wa RwandAir arafunzwe

Augustin Lobelle Yembi, Umudepite wo muri Gabon wagaragaye akubita urushyi umukozi wa sosiyete y’indege ya RwandAir ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali yatawe muri yombi.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Ingano za DR Congo FARDC zateye utwatsi amakuru y’ifatwa rya Mulima
Hanze

Ingano za DR Congo FARDC zateye utwatsi amakuru y’ifatwa rya Mulima

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zahakanye amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko agace ka Mulima, gaherereye muri Teritwari ya Fizi, kafashwe n’abarwanya ubutegetsi, ndetse ko ubwoba ari bwose muri Teritwari ya Uvira.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Uganda: Uwabaye umunyamakuru wa Televiziyo Rwanda yahindutse Umwami wa Tooro
Hanze

Uganda: Uwabaye umunyamakuru wa Televiziyo Rwanda yahindutse Umwami wa Tooro

Edward Rukidi Kijanangoma, wahoze ari umunyamakuru kuri Televiziyo y’Igihugu ya Uganda, UBC TV, wanakoze kuri Televiziyo Rwanda yatangajwe nk’Umwami mushya w’Ubwami bwa Tooro.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize

Inkuru zishyashya

NESA igiye gutangaza amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye
INKURU NYAMUKURU

NESA igiye gutangaza amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026 azatangazwa kuri uyu wa 11 Nzeri 2026, saa munani z’amanywa (2:00 PM).

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Umuhanzi Sat B ari gukorana indirimbo na The Ben
Akazi

Umuhanzi Sat B ari gukorana indirimbo na The Ben

Umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben ari gukorana indirimbo nshya n’umuhanzi w’Umurundi Sat B, umaze iminsi i Kigali.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026
Imikino

Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026

Abakinnyi b’Abanyafurika umunya Morocco Achraf Hakimi n'umunya Senegal Sadio Mané bari mu bakinnyi 30 bahatanira Ballon d’Or 2026, mu gihe Afurika ifite abandi bakinnyi bahataniye ibihembo bitandukanye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 kuva ibi bihembo byatangira gutangwa.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 19 yashize
Bugesera: Umusaza w’imyaka 80 yafatiwe mu cyuho asambana n’umugore w’abandi
Inkuru ku Rwanda

Bugesera: Umusaza w’imyaka 80 yafatiwe mu cyuho asambana n’umugore w’abandi

Umusaza w’imyaka yafatiwe mu Mudugudu wa Kigusa, Akagari ka Musenyi mu Murenge wa Musenyi aryamanye n’umugore w’undi mugabo, umugore ahita ajyanwa kwa muganga.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 20 yashize
Umunyamakuru Taikun Ndahiro yahakanye ibyo kwiyahura, ashinja DJ Lenzo kumunywesha urumogi
Imyidagaduro

Umunyamakuru Taikun Ndahiro yahakanye ibyo kwiyahura, ashinja DJ Lenzo kumunywesha urumogi

Taikun Ndahiro uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha ibiyobyabwenge no kwigomeka ku nzego z’umutekano, yatakambiye Urukiko arusaba kurekurwa akajyanwa muri ‘Rehab’ aho gufungwa iminsi 30 y’agateganyo nk’uko Ubushinjacyaha bwabimusabiye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 23 yashize
Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo
Imikino

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo

Ikipe yo muri Turikiya, Turgutluspor, yakoze amateka yo guha akazi Zeynep Mestan nk’umutoza mushya w’ikipe yayo nkuru y’abagabo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize