
Augustin Lobelle Yembi, Umudepite wo muri Gabon wagaragaye akubita urushyi umukozi wa sosiyete y’indege ya RwandAir ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali yatawe muri yombi.
Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga , agaragara uyu mugabo wari wuzuye uburakare, asatira umukozi wa RwandAir, akamukubita urushyi ari na ko amubwira amagambo atari meza.
Gusa uyu mukozi wa RwandAir wari utuje, yaramwihororeye ndetse na bagenzi be baza guhosha uwo munyamahanga wagaragazaga amahane.
Ikinyamakuru cyo muri Gabon, Gabonclic.info kivuga ko ubutabera bw’u Rwanda bwahise bumuta muri yombi.
Iki kinyamakuru kivuga ko iki kibazo cyabaye ku wa Kane tariki ya 3 Nzeri 2026, ariko inzego zitandukanye zigahita zitangira kugishakira umuti.
Gabonclic.info ivuga ko ku wa Mbere tariki ya 7 Nzeri 2026, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ushinzwe no guhuza ibikorwa by’abenegihugu baba mu mahanga, Marie Edithe Tassyla-Ye-Doumbeneny, yavuze ko nyuma y’iminsi afunzwe kubera iki gikorwa, inzego z’u Rwanda zemeje ko uyu mudepite ashobora kuva mu gihugu ku wa 6 Nzeri 2026.
Ngo iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku mubano mwiza n’ubuvandimwe uri hagati y’u Rwanda na Gabon, ndetse no kubera ububucuti hagati y’Abakuru b’Ibihugu byombi.
Ati “Kubera ubudasa bw’umubano w’ubuvandimwe hagati ya Repubulika ya Gabon na Repubulika y’u Rwanda, ndetse n’ubucuti bukomeje gushimangirwa hagati y’Umukuru w’Igihugu Paul Kagame na mugenzi we Oligui Nguema, u Rwanda rwemereye Augustin Lobelle Yembi kuva ku butaka bwarwo.”
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Gabon yongeyeho ko uyu mudepite azashyikirizwa inzego z’ubutabera za Gabon akimara kugera i Libreville kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera bw’igihugu cye.
Amakuru yatangajwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya Gabon avuga ko yafashwe nyuma y’ibikorwa by’urugomo yakoreye umuyobozi ushinzwe kugenzura ibikorwa bya RwandAir ku kibuga cy’indege.
Ku wa Mbere tariki ya 7 Nzeri, Perezida wayo, Michel Régis Onanga Ndiaye, yayoboye inama y’Ibiro by’Inteko yabaye mu buryo bwihariye, iganira ku kibazo cy’uyu mudepite wari umaze iminsi afungiwe i Kigali.
Amakuru yatangajwe n’Inteko ya Gabon avuga ko ikibazo cyakemuwe binyuze mu nzira za dipolomasi, nyuma y’ibiganiro hagati y’abayobozi ba Gabon n’u Rwanda.
Yavuze ko umubano mwiza hagati ya Perezida wa Gabon, Brice Clotaire Oligui Nguema, na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, wagize uruhare mu gushaka umuti w’ikibazo.
Ku wa 6 Nzeri, abayobozi b’u Rwanda bemereye Yembi kuva ku butaka bw’u Rwanda, maze ashyikirizwa abayobozi ba Gabon.















