Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
Rubavu: Yagiye kwiba insinga z’amashanyarazi umuriro uramufata arapfa
Inkuru ku Rwanda

Rubavu: Yagiye kwiba insinga z’amashanyarazi umuriro uramufata arapfa

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 93 min gusoma
Rubavu: Yagiye kwiba insinga z’amashanyarazi umuriro uramufata arapfa

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu Karere ka Rubavu yafashwe n’umuriro w’amashanyarazi ubwo yageragezaga kwiba insinga zayo arapfa.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, tariki 9 Nzeri 2026, mu Murenge wa Gisenyi, Akagari ka Kivumu, Umudugudu w’Itangazamakuru, mu masaha ya saa 7h00.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yabwiye IGIHE ko amakuru bayamenye ubwo bari bahawe amakuru ko hari intsinga z’amashanyarazi zafashwe n’inkongi y’umuriro.

Ati “Amakuru twayamenye nyuma y’uko umuturage ahamagaye avuga ko insinga z’amashanyarazi zirimo kwaka, tuhageze dusanga n’umuntu wibaga insinga z’amashanyarazi, aho yari amaze gushishura insinga zingana na metero 25, dusaba REG kuba ivanyeho amashanyarazi, birababaje kandi bigaragara ko atakoraga ubu bujura wenyine.”

SP Twajamahoro akomeza agaragaza ko bibabaje kuba umuntu umwe ashobora kwishora mu bujura bw’insinga z’amashanyarazi agatuma umujyi wa Gisenyi wose ubura umuriro w’amashanyarazi, ndetse batazihanganira uwo ari we wese wishora mu bujura bw’insinga z’amashanyarazi.

SP Twajamahoro yahishuye ko abaguzi b’izi nsinga biganje mu gihugu cy’abaturanyi cya Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, na bake b’imbere mu gihugu bacyishora muri ubu bucuruzi.

Yanaboneyeho kwibutsa abaturage ko bibujijwe kugura ibikoresho byibwe ku bikorwaremezo ko ubifatiwemo abihanirwa n’amategeko, ababigura ko bagomba kumenya inkomoko zabyo ndetse no kugira ibitabo bandikamo.

Umurambo wa nyakwigendera utaramenyekana imyirondoro wajyanwe mu bitaro bya Gisenyi gukorerwa isuzumwa mbere y’uko ushyingurwa.

Isoko: Igihe 

Inkuru zerekeye

Ruhango: Akurikiranyweho kwica umuntu bapfuye 1.700 Frw
Inkuru ku Rwanda

Ruhango: Akurikiranyweho kwica umuntu bapfuye 1.700 Frw

Umugabo wo mu Karere ka Ruhango yaburanye ubujurire ku gihano cy’igifungo cy’imyaka umunani yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, byateye urupfu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
Rwamagana: Ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi bwafashwe n’inkongi
Inkuru ku Rwanda

Rwamagana: Ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi bwafashwe n’inkongi

Mu Karere ka Rwamagana ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi bwibasiwe n’inkongi y’umuriro yatumye ibikoresho hafi ya byose bishya bigakongoka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda , Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Oman
Inkuru ku Rwanda

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda , Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Oman

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yageze i Salalah muri Oman, aho yakiriwe na Sultan Haitham bin Tariq, atangira uruzinduko rw’iminsi ibiri muri icyo gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Nyamasheke: Bashyamiranye bapfa umukino w’u Bufaransa na Maroc umwe arapfa
Inkuru ku Rwanda

Nyamasheke: Bashyamiranye bapfa umukino w’u Bufaransa na Maroc umwe arapfa

Kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihombo mu Karere ka Nyamasheke hafungiye abasore batanu bakurikiranyweho urupfu rwa mugenzi wabo bakoranaga muri resitora witwaga Niyonzima Egide w’imyaka 40, ukomoka mu Bugarama mu Karere ka Rusizi, nyuma yo gushyamirana bapfa umukino w’Igikombe cy’Isi wabaye ku wa Kane wari urangiye, u Bufaransa bwari butsinzemo Maroc ibitego 2-0, batawuvugaho rumwe.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 11
Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda
Inkuru ku Rwanda

Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda

Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 1
Minisitiri Habimana yagize icyo abwira Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola abamara impungenge
Inkuru ku Rwanda

Minisitiri Habimana yagize icyo abwira Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola abamara impungenge

Minisitiri Habimana yagize icyo abwira Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola abamara impungenge

Admin User2026 Gicurasi 23

Inkuru zishyashya

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo
Imikino

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo

Ikipe yo muri Turikiya, Turgutluspor, yakoze amateka yo guha akazi Zeynep Mestan nk’umutoza mushya w’ikipe yayo nkuru y’abagabo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Abo mu muryango w’Umwami Oyo Nyimba bateye utwatsi ibyo kwimika Edward Rukidi mu bwami bwa Tooro
Hanze

Abo mu muryango w’Umwami Oyo Nyimba bateye utwatsi ibyo kwimika Edward Rukidi mu bwami bwa Tooro

Igikomangoma Ruth Komuntale, mushiki w’Umwami Oyo Nyimba wa Tooro, yahakanye amakuru avuga ko Edward Rukidi Kijanangoma ari we washyizweho nk’Umwami wa Tooro, avuga ko ayo makuru atari ukuri kandi ko atandukanye n’irage ry’umuvandimwe we wapfuye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Kagarara ‘Ashton Small’ agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bwe
INKURU NYAMUKURU

Kagarara ‘Ashton Small’ agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bwe

Enock Uwizeye uzwi nka ‘Kagarara’, ariko ku rundi ruhande wamamaye nka Ashton Small, agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bushaririye yakuriyemo, nk’umuntu ufite ubumuga.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize
Umudepite  wakubise umukozi wa RwandAir arafunzwe
Hanze

Umudepite wakubise umukozi wa RwandAir arafunzwe

Augustin Lobelle Yembi, Umudepite wo muri Gabon wagaragaye akubita urushyi umukozi wa sosiyete y’indege ya RwandAir ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali yatawe muri yombi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Icupa rimwe ry’inzoga ku munsi ryongera ibyago bya kanseri
Health

Icupa rimwe ry’inzoga ku munsi ryongera ibyago bya kanseri

Ubushakashatsi bushya bugaragaza ko kunywa inzoga buri munsi, ndetse n’iyo umuntu yaba anywa icupa rimwe gusa, bishobora kongera ibyago byo kurwara kanseri ndetse no guhitanwa na yo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ingano za DR Congo FARDC zateye utwatsi amakuru y’ifatwa rya Mulima
Hanze

Ingano za DR Congo FARDC zateye utwatsi amakuru y’ifatwa rya Mulima

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zahakanye amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko agace ka Mulima, gaherereye muri Teritwari ya Fizi, kafashwe n’abarwanya ubutegetsi, ndetse ko ubwoba ari bwose muri Teritwari ya Uvira.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize