Nyamasheke: Bashyamiranye bapfa umukino w’u Bufaransa na Maroc umwe arapfa
Inkuru ku Rwanda

Nyamasheke: Bashyamiranye bapfa umukino w’u Bufaransa na Maroc umwe arapfa

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 114 min gusoma
Nyamasheke: Bashyamiranye bapfa umukino w’u Bufaransa na Maroc umwe arapfa

Kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihombo mu Karere ka Nyamasheke hafungiye abasore batanu bakurikiranyweho urupfu rwa mugenzi wabo bakoranaga muri resitora witwaga Niyonzima Egide w’imyaka 40, ukomoka mu Bugarama mu Karere ka Rusizi, nyuma yo gushyamirana bapfa umukino w’Igikombe cy’Isi wabaye ku wa Kane wari urangiye, u Bufaransa bwari butsinzemo Maroc ibitego 2-0, batawuvugaho rumwe.

Kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihombo mu Karere ka Nyamasheke hafungiye abasore batanu bakurikiranyweho urupfu rwa mugenzi wabo bakoranaga muri resitora witwaga Niyonzima Egide w’imyaka 40,

ukomoka mu Bugarama mu Karere ka Rusizi, nyuma yo gushyamirana bapfa umukino w’Igikombe cy’Isi wabaye ku wa Kane wari urangiye, u Bufaransa bwari butsinzemo Maroc ibitego 2-0, batawuvugaho rumwe.

Ngirabakunzi Elie wareberaga uwo mukino mu kandi kabari, yabwiye Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru ko aba batandatu basangiraga inzoga n’abandi mu kabari k’uwitwa Niyibitanga Paul mu ma saa saba z’igicuku gishyira ku wa 10 Nyakanga 2026.

Ati: “Bapfaga umupira w’u Bufaransa na Maroc wari warangiye. Abari bashyigikiye u Bufaransa bishima ku bafana ba Maroc, bababwira ko babatsinze, bizamura uburakari. Uwitwa Iradukunda Félicien w’imyaka 24 yabwiye nyakwigendera ngo batahe bajye kuryama babone uburyo bazindukira mu kazi, undi aranga kubera ko bari barakaranije bikomeye. Iradukunda aramusimbukira amukubita hasi, nyakwigendera agwa agaramye ata ubwenge.”

Avuga ko babonye ibibaye, uwari umutuye hasi na bagenzi be baramuterura bamujyana kuryama. Mu gitondo bamubyukije ngo batangire akazi ntiyanyeganyega, bagira ngo ni ukubera ubusinzi n’umunaniro wo gufana cyane. Bigeze mu ma saa moya n’igice bagaruka kumubyutsa bavuga ngo nabyuke areke kubicisha akazi, bamukozeho na bwo babona atanyeganyega, barebye basanga yapfuye.

Avuga ko bahise bahamagara nyiri resitora barabimubwira, atanga amakuru mu buyobozi. Bahageze basanga koko yapfuye.

Kuradusenge Joel utuye kuri iyi santere y’ubucuruzi ya Mugonero byabereyemo, yavuze ko gufana cyangwa gukunda ikipe bidakwiye kuba intandaro y’ubushyamirane bugeze ku kwamburana ubuzima.

Ati: “Gufana ntibikwiye kuba impamvu yo gushyamirana bigera aho kwamburana ubuzima. Iyo bafana neza, uwafanaga u Bufaransa akishimira ko bwatsinze, uwafanaga Maroc akemera ko ikipe ye itsinzwe ariko ntibibabere intandaro y’ubushyamirane bugeze hariya.

Bari gukomeza imibanire yabo n’akazi kabo. None mugenzi wabo arapfuye, abafashwe uzahamwa n’icyaha azafungwa, nyiri akabari yabuze kandi yagombaga kwirirwa mu kazi kamutungiye umuryango, n’ibindi bihombo biva ku makimbirane nk’ayo adafite impamvu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mahembe, Hagabimfura Pascal, avuga ko batanu batawe muri yombi mu rwego rw’iperereza, nyir’akabari n’undi wasangiraga n’aba bandi bo babuze, baracyashakishwa.

Ati: “Hafunzwe Iradukunda Félicien w’imyaka 24 washyamiranye na nyakwigendera, bagenzi be banavuga ko ari we wamukubise hasi akagwa agaramye. Hanafungwa abandi bane, bose bakoranaga muri resitora, barimo abamuteruye n’abo bararanye. Nyiri akabari n’undi umwe bacitse baracyashakishwa. Umurambo wajyanywe mu Bitaro bya Mugonero gukorerwa isuzuma.”

Yongeyeho ati: “Muri iki gihe harimo imikino y’Igikombe cy’Isi, turasaba abayikurikira gufana badahutazanya. Umupira ukwiriye gusabanya abantu aho kubabera inzira y’ubushyamirane buvamo kwamburana ubuzima. Nk’aba uzahamwa n’icyaha azafungwa bimuhombye n’umuryango we, mu gihe undi muryango wabuze umuntu mu bintu nk’ibi by’amaherere.”

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 3 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido
INKURU NYAMUKURU

Ibyo amaze kunguka ! Diamond Platnumz yishyuye agera kuri 8,821,692 RWF ngo ahure na Ne-Yo yishyura 147,028,200 Rwf ngo ahure na Davido

Umuhanzi Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Tanzania, ntabwo yazuyaje mu kwishyura agera kuri 8,821,692 Rwf kugira ngo ahure na kimwe mu byamamare muri muzika y’Isi Ne-Yo ndetse ngo yishyure n’andi menshi mu guhura na Davido wo muri Nigeria.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 17 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'
Imyidagaduro

‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'

Itsinda rya The Same na  Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize