
Kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihombo mu Karere ka Nyamasheke hafungiye abasore batanu bakurikiranyweho urupfu rwa mugenzi wabo bakoranaga muri resitora witwaga Niyonzima Egide w’imyaka 40,
ukomoka mu Bugarama mu Karere ka Rusizi, nyuma yo gushyamirana bapfa umukino w’Igikombe cy’Isi wabaye ku wa Kane wari urangiye, u Bufaransa bwari butsinzemo Maroc ibitego 2-0, batawuvugaho rumwe.
Ngirabakunzi Elie wareberaga uwo mukino mu kandi kabari, yabwiye Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru ko aba batandatu basangiraga inzoga n’abandi mu kabari k’uwitwa Niyibitanga Paul mu ma saa saba z’igicuku gishyira ku wa 10 Nyakanga 2026.
Ati: “Bapfaga umupira w’u Bufaransa na Maroc wari warangiye. Abari bashyigikiye u Bufaransa bishima ku bafana ba Maroc, bababwira ko babatsinze, bizamura uburakari. Uwitwa Iradukunda Félicien w’imyaka 24 yabwiye nyakwigendera ngo batahe bajye kuryama babone uburyo bazindukira mu kazi, undi aranga kubera ko bari barakaranije bikomeye. Iradukunda aramusimbukira amukubita hasi, nyakwigendera agwa agaramye ata ubwenge.”
Avuga ko babonye ibibaye, uwari umutuye hasi na bagenzi be baramuterura bamujyana kuryama. Mu gitondo bamubyukije ngo batangire akazi ntiyanyeganyega, bagira ngo ni ukubera ubusinzi n’umunaniro wo gufana cyane. Bigeze mu ma saa moya n’igice bagaruka kumubyutsa bavuga ngo nabyuke areke kubicisha akazi, bamukozeho na bwo babona atanyeganyega, barebye basanga yapfuye.
Avuga ko bahise bahamagara nyiri resitora barabimubwira, atanga amakuru mu buyobozi. Bahageze basanga koko yapfuye.
Kuradusenge Joel utuye kuri iyi santere y’ubucuruzi ya Mugonero byabereyemo, yavuze ko gufana cyangwa gukunda ikipe bidakwiye kuba intandaro y’ubushyamirane bugeze ku kwamburana ubuzima.
Ati: “Gufana ntibikwiye kuba impamvu yo gushyamirana bigera aho kwamburana ubuzima. Iyo bafana neza, uwafanaga u Bufaransa akishimira ko bwatsinze, uwafanaga Maroc akemera ko ikipe ye itsinzwe ariko ntibibabere intandaro y’ubushyamirane bugeze hariya.
Bari gukomeza imibanire yabo n’akazi kabo. None mugenzi wabo arapfuye, abafashwe uzahamwa n’icyaha azafungwa, nyiri akabari yabuze kandi yagombaga kwirirwa mu kazi kamutungiye umuryango, n’ibindi bihombo biva ku makimbirane nk’ayo adafite impamvu.”
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mahembe, Hagabimfura Pascal, avuga ko batanu batawe muri yombi mu rwego rw’iperereza, nyir’akabari n’undi wasangiraga n’aba bandi bo babuze, baracyashakishwa.
Ati: “Hafunzwe Iradukunda Félicien w’imyaka 24 washyamiranye na nyakwigendera, bagenzi be banavuga ko ari we wamukubise hasi akagwa agaramye. Hanafungwa abandi bane, bose bakoranaga muri resitora, barimo abamuteruye n’abo bararanye. Nyiri akabari n’undi umwe bacitse baracyashakishwa. Umurambo wajyanywe mu Bitaro bya Mugonero gukorerwa isuzuma.”
Yongeyeho ati: “Muri iki gihe harimo imikino y’Igikombe cy’Isi, turasaba abayikurikira gufana badahutazanya. Umupira ukwiriye gusabanya abantu aho kubabera inzira y’ubushyamirane buvamo kwamburana ubuzima. Nk’aba uzahamwa n’icyaha azafungwa bimuhombye n’umuryango we, mu gihe undi muryango wabuze umuntu mu bintu nk’ibi by’amaherere.”


