
Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Sénégal, Sadio Mané, yongeye kugaragaza uruhare agira mu iterambere ry’iwabo, aho agiye gushora miliyoni 19,5 z’Amadolari ya Amerika, asaga miliyari 28 Frw, mu mushinga mugari w’ubuhinzi n’inganda zitunganya umusaruro uzashyirwa mu gace ka Bambali avukamo.
Uyu mukinnyi yatangije umushinga yise ‘SM10 AGRO Project’, uzaba ugamije guteza imbere ubuhinzi bugezweho, gutunganya umusaruro no guha abaturage bo muri Bambali akazi ndetse n’ubumenyi bushobora kubafasha kwihangira imirimo.
Uyu mushinga uzashyirwa ku buso bungana na hegitari 500, ukazibanda cyane ku buhinzi bw’imyembe ndetse no kuyitunganya kugira ngo ibashe kugera ku masoko yo mu gihugu no hanze yacyo.
Biteganyijwe ko muri uyu mushinga hazajya hakorerwa ibikorwa bitandukanye birimo gutunganya imyembe igenewe koherezwa mu mahanga, gukora amavuta akomoka ku myembe ndetse no kuyumisha.
Abategura uyu mushinga bavuga ko uzagira uruhare runini mu guteza imbere ubuhinzi muri aka gace, aho biteganyijwe ko uzatanga akazi ku bantu barenga 1,000, mu gihe abahinzi bo muri Bambali n’amakoperative yabo na bo bazajya bawugemurira umusaruro.
Uretse guhanga imirimo, SM10 AGRO izaba ifite n’ikigo cy’amahugurwa, kizafasha abaturage kubona ubumenyi ku buhinzi bugezweho ndetse n’uburyo bwo gutunganya umusaruro ukongerwa agaciro.
Biteganyijwe ko uyu mushinga uzajya ubyaza umusaruro mwinshi, aho buri mwaka hateganyijwe umusaruro ushobora kugera kuri toni 50,000.
Imirimo yo kubaka uyu mushinga iratangira kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 19 Nzeri 2026, ubwo hazaterwa ibuye ry’ifatizo. Kubaka ibikorwa remezo by’uyu mushinga biteganyijwe ko bizamara amezi 18.














