Iradukunda Pascal yabonye ikipe nshya muri Arabie Saoudite
Imikino

Iradukunda Pascal yabonye ikipe nshya muri Arabie Saoudite

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 153 min gusoma
Iradukunda Pascal yabonye ikipe nshya muri Arabie Saoudite

Iradukunda Pascal ukina mu kibuga hagati ariko washeshe amasezerano yari afitanye na Rayon Sports, yabonye ikipe nshya ya Nova Star SC ikina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri muri Arabie Saoudite.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 14 Nzeri 2026, ni bwo uyu mukinnyi yahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali, atangira urugendo rumwerekeza i Dubai.

Uyu mukinnyi w’imyaka 21 ni umwe mu bamaze imyaka ibiri muri Rayon Sports atabona umwanya uhagije wo gukina, gusa impano ye idasanzwe ikaba yarasunikiye andi makipe kumushaka.

Mu gihe haburaga umwaka umwe ku masezerano ye muri Gikundiro, yemeye kugirana ibiganiro na yo barayasesa, hanyuma yishakira ahandi, ari na yo mpamvu yamaze kumvikana na Nova Star SC.

Iyi kipe igiye kumuha amasezerano y’imyaka itatu, akaba ari umwe mu bazayifasha muri uyu mwaka w’imikino wa 2026/27, dore ko ari bwo ikizamuka mu Cyiciro cya Kabiri.

Nova Star SC ni ikipe ishingiye ku bakinnyi bakiri bato, ari na yo mpamvu yashimye Iradukunda Pascal.

Iradukunda afite ubushobozi bwo gukina mu kibuga hagati afasha ba rutahizamu, ndetse akaba yanakina asatira izamu anyuze mu mpande.

Inkuru zerekeye

Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima
Imikino

Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko Leta y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga bwo kurwanya ibisindisha ndetse n’ibiyobyabwenge kubera ko byibasira urubyiruko kandi ari rwo igihugu gitezeho amaboko yo kucyubaka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026
Imikino

Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026

Abakinnyi b’Abanyafurika umunya Morocco Achraf Hakimi n'umunya Senegal Sadio Mané bari mu bakinnyi 30 bahatanira Ballon d’Or 2026, mu gihe Afurika ifite abandi bakinnyi bahataniye ibihembo bitandukanye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 kuva ibi bihembo byatangira gutangwa.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize
Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo
Imikino

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo

Ikipe yo muri Turikiya, Turgutluspor, yakoze amateka yo guha akazi Zeynep Mestan nk’umutoza mushya w’ikipe yayo nkuru y’abagabo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize
Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027
Imikino

Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027

Bk Pro League 2026-2027 yatangiye ku wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Aho amakipe amwe yatunguwe andi nayo aratungurana.

ADAM Yannickiminsi 5 yashize
Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial
Imikino

Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial

Ikipe ya DR Congo igiye kongera gushaka itike y’imikino y’igkombe cya Afurika 2027 nyuma yo kuva mu gikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Mexico, Canada na Amerika. Iyi kipe igiye gutangira ihura na Guinea Equatorial nk’uko byatangajwe na CAF.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 8
Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026
Akazi

Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026

Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira kuri uyu wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho bimwe byahindutse muri uyu mwaka w'imikino.

ADAM Yannick2026 Nzeri 5

Inkuru zishyashya

Ishimwe Vestine yasabye gatanya (divorce) n’umugabo we
Imyidagaduro

Ishimwe Vestine yasabye gatanya (divorce) n’umugabo we

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine ubarizwa mu itsinda rya Vestine na Dorcas, yasabye Urukiko kumuha gatanya ya burundu n’umugabo we, Ouedraogo Idrissa, bari barasezeranye mu bukwe bwabaye ku wa 5 Nyakanga 2025.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
Inzu Trump yakuriyemo yagurishijwe
Hanze

Inzu Trump yakuriyemo yagurishijwe

Inzu Donald Trump yabayemo akiri umwana, iherereye mu gace ka Jamaica Estates muri Queens, mu Mujyi wa New York, yagurishijwe miliyoni 1,93 z’Amadolari ku wa 11 Nzeri 2026.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 19 yashize
Ikipe ya Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10
INKURU NYAMUKURU

Ikipe ya Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10

Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10 mu mukino wo ku munsi wa 4 wa Shampiyona y’u Bwongereza wakinwe kuri iki Cyumweru saa Kumi n'Imwe n’iminota 30 kuri Old Trafford.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Gicumbi: Umugabo akurikiranweho gusambanya umukobwa we w’imyaka 19 ku gahato
Inkuru ku Rwanda

Gicumbi: Umugabo akurikiranweho gusambanya umukobwa we w’imyaka 19 ku gahato

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kabeza, yasabiwe n’Ubushinjacyaha gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera icyaha cyo gukoresha umukobwa we imibonano mpuzabitsina ku gahato.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Rutsiro: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya umwana amwizeza kumugira umugore
Inkuru ku Rwanda

Rutsiro: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya umwana amwizeza kumugira umugore

Umusore w’imyaka 21 wo mu Karere ka Rutsiro afunzwe akekwaho gushukisha umwana w’imyaka 16 kumugira umugore akarara amusambanya ijoro ryose.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Weekend yageze  ! Tekereza El Classico Beach Chez West niba ushaka gusohoka ukishimira ibyo wagezeho !
Inkuru zamamaza

Weekend yageze ! Tekereza El Classico Beach Chez West niba ushaka gusohoka ukishimira ibyo wagezeho !

Urashaka gutembera n'umuryango wawe ? Urashaka gusohokana n'abawe ? Tekereza kuri El Classico Beach kuko ariho hafite ibyo wifuza byose. Hari amafunguro meza ayobowe n'Ifi, hari inkoko , ndetse hakaba n'ibyo kunywa bigezweho. Bagufitiye amacumbi meza kandi abari mu kwezi kwa buki bo bahabwa na Poromosiyo yo gutembera mu Kiyaga cya Kivu mu bwato ku buntu iyo barahamara kabiri.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize