
Kugeza ubu ikigo cy’igihugu Gishinzwe Indangamuntu NIDA cyatangaje ko abacikanwe na gahunda yo kwifotoza ku ndangamuntu koranabuhanga bagifite amahirwe yo kubikora kugira ngo bajye mu mubare w’abatanze ibimenyetso ndangamiterere bizashyirwa muri iyo ndamgamuntu.
Iby’iyo gahunda byatangajwe na Leta y’u Rwanda igamije
kuvugurura umutekano w’amakuru y’abaturajye, kwihutisha serivisi ndetse no
gutuma umuturage agenzura akanemeza uwemerewe kubona amakuru ye bwite.
Kuva iyi gahunda yatangizwa mu gihugu hose, hari bamwe
mu baturage kugeza magingo aya bari baracikanywe no kwifotoza ngo bajye muri
iyo. Mu Mujyi wa Kigali hashyizweho site imwe ya Gikondo aho abacikanwe bose
bari i Kigali bashobora kugana kugira ngo bafashwe.
Bamwe mu baturage basanzwe kuri iyo site ya Gikondo
batangarije RBA ko bishimiye kuba NIDA yabahaye andi mahirwe yo kwifotoza nyuma
yaho ubushize bari bacikanywe kubw’impamvu zitandukanye.
Umwe yagize ati " Birashimije kuba bongeye kuduha
amahirwe yo kwifotoza. Ubu nari nziko bizansaba kujya mu ntara aho iyi gahunda
itaragera ariko kuba babigaruye ni amahirwe kubari i Kigali”.
Undi nawe yasobanuye ko ubwo baheruka gufotora i
Kigali we yari yaragiye mu ntara aza gusubira i Kigali gahunda yararangiye.Yashishikarije
n’abandi batarifotoza gufatirana aya mahirwe NIDA yongeye gutanga.
Ati " Ndashishikariza abantu kwifotoza kuko ni
ingenzi kubera ko buri munyarwanda akwiriye kugira ikimuranga kandi ntakindi
cyamuranga uretse indangamuntu". Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe
Indangamuntu, Umulisa Munyankindi Arcesta yakanguriye abandi bacikanwe kugana
amasite azashyirwaho mu gihugu maze abakozi ba NIDA bakabafasha.
Yakomeje avuga ko umuntu aho ari hose mu gihugu
yemerewe kujya kuri site imwegereye agafashwa.
Ati " Aho waba utuye hose waba warahavukiye
cyangwa utarahavukiye wemerewe kuhibaruriza. Hari n’abandi bavuga ko badafite
nimero z’indangamuntu z’ababyeyi ariko ibyo si ikibazo kuko iyo ugeze kuri site
abakozi ba NIDA bagufasha kuzibona".
Mu bipimo bifatwa harimo; ifoto y’isura, ibikumwe,
imboni ndetse n’umukono gusa abana bari munsi y’imyaka itanu bo bafotorwa isura
gusa, mugihe abafite itandatu kugeza kuri 15 nta mukono batanga. Gahunda yo
kwifotoza mu mujyi wa Kigali yari yatangijwe kumugaragaro kuwa 7 Gashyantare
2026. Byari biteganyijwe ko izamara ibyumweru birindwi, bivuze ko yari gusozwa
taliki 4 Mata 2024. Gusa byagaragaye ko hari abo iyi gahunda yasojwe
batarifotoza.
NIDA ivuga ko guhera taliki 8 Nzeri 2026 iyi gahunda
izakomereza mu tundi turere twa Nyabihu, Nyamasheke, Nyamagabe na Nyaruguru,
igakomereza mu karere ka Rusizi guhera taliki 14 Nzeri ikazasorezwa mu turere
twa Musanze, Burera na Rubavu. Kugeza ubu NIDA itangaza ko abagera kuri
miliyoni umunani n’ibihumbi 300 ari bo bamaze gutanga imyirondoro yabo kugeza
mu mpera z’ukwezi kwa Kanama.









