Iby'ingenzi ku musore umaze kumenyekana nka Darius Tech
Inkoranabuhanga

Iby'ingenzi ku musore umaze kumenyekana nka Darius Tech

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gicurasi 270 byayeho5 min gusoma
Iby'ingenzi ku musore umaze kumenyekana nka Darius Tech
Sanga:

‎Dariyusi Tech ni umwe mu rubyiruko rw’Abanyarwanda rukomeje kwigaragaza ku mbuga nkoranyambaga binyuze mu gutanga inyigisho n’amakuru ajyanye n’ikoranabuhanga.

‎Azwi cyane ku mbuga nka TikTok, YouTube ndetse no muri WhatsApp communities aho afasha abantu benshi gusobanukirwa ikoreshwa rya smartphones, software, mobile repairing, social media, ndetse n’amakuru agezweho ajyanye na cryptocurrency n’ikoranabuhanga muri rusange.

‎Aganira na umunsi.com yagize ati:"Gukoresha ikoranabuhanga neza bishobora guhindura ubuzima bw’urubyiruko. Urubyiruko rufite ubumenyi bwa 'Technology' rufite amahirwe menshi yo gutera imbere muri iki gihe ninayo mpamvu nanjye nabigiyemo mfasha n'abandi".

‎Yakomeje agira ati:" Muri 'Dariyusi Tech' ntabwo dukora content gusa, ahubwo dufasha abantu gusobanukirwa ikoranabuhanga mu buryo bworoshye".

‎Abamukurikira bavuga ko uburyo asobanuramo ibintu bworoshye kandi bufasha abantu benshi kumva neza ibijyanye n’ikoranabuhanga kabone n’iyo baba batabifitemo ubumenyi bwinshi.

‎Uretse gukora content, Dariyusi Tech anafasha abantu gukemura ibibazo bitandukanye bya telefoni na software ndetse agakomeza gushishikariza urubyiruko gukoresha ikoranabuhanga mu buryo bubafitiye akamaro.

‎Mu gihe ibikorwa bye bikomeje gukura, benshi batangiye kubona Dariyusi Tech nk’umwe mu rubyiruko rufite uruhare mu guteza imbere ikoranabuhanga n’ubumenyi bwa digital mu Rwanda.

1001702818.jpg

1001702826.jpg

1001702832.jpg

1001702838.jpg

Inkuru zerekeye