Umunsi.comstudent.umunsi.com
Kawempe Muslim Ladie WFC niyo yegukanye CAF Women's Champions League 2026
Imikino

Kawempe Muslim Ladie WFC niyo yegukanye CAF Women's Champions League 2026

ADAM Yannick2026 Nzeri 18 min gusoma
Kawempe Muslim Ladie WFC niyo yegukanye CAF Women's Champions League 2026

Kawempe Muslim Ladie WFC yegukanye Igikombe cya CAF Women's Champions League 2026. CECAFA QUALFIERS itsinze Kenya Police Bullet WFC ku mukino wa nyuma ihita ibona itike yo guhagararira CECAFA mu mikino ya Champions League yo mu matsinda ishobora kubera mu Rwanda.

‎Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 31 Kanama 2026, ni bwo kuri Kigali Pelé Stadium habereye umukino wa nyuma w’iri rushanwa rihuza amakipe yahize andi mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’iyo Hagati mu mupira w'abari n'abategarugori ndetse no guhatanira Umwanya wa gatatu (CAF Women's Champions League. CECAFA QUALFIERS).

Umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu watangiye saa saba (13H00) . 

Uhuza CBE WFC yo muri Ethiopian na Yei JOINT Stars WFC yo muri Sudan Y'epfo. Igice cya mbere cyarangiye CBE WFC itsinze ibitego 2-1. 
Mu gice cya kabiri, CBE WFC wabonaga iri hejuru cyane kurusha Yei Joint yaje gutsinda ibindi bitego 4. Maze umukino urangira ‎Commercial Bank of Ethiopia yo muri Ethiopia yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Yei Joint Stars WFC yo muri Sudani y’Epfo ibitego 6-1.
CBE WFC yo muri Ethiopian niyo yegukanye umwanya wa gatatu
CBE WFC yo muri Ethiopian niyo yegukanye umwanya wa gatatu 

 ‎Nyuma y'uyu mukino hahise hakurikiraho umukino wa nyuma (Final) wahuje Kawempe Muslim Ladie WFC yo muri Uganda na Kenya Police Bullet WFC yo muri Kenya. Ni Umukino wari witabiriwe na Perezida wa CECAFA,Visi Perezida wa Kabiri wa Ferwafa ushyinzwe Technique Richard, uhagarariye umupira w'abagore muri Ferwafa Gicanda.

Kenya Police Bullets WFC yarigeze ku mukino wa nyuma ku nshuro ya kabiri
Kenya Police Bullets WFC yarigeze ku mukino wa nyuma ku nshuro ya kabiri 
Kenya Police Bullet WFC yarigeze ku mukino wa nyuma ku nshuro ya kabiri mu gihe Kawempe Muslim Ladie WFC ari ku nshuro ya mbere yarigeze ku mukino wa nyuma (Final).

‎Ni umukino wari ukomeye ku mpande zombi kuko buri kipe yashakaga iki gikombe.

Kawempe Muslim Ladies WFC yarigeze ku mukino wa nyuma ku nshuro ya mbere
Kawempe Muslim Ladies WFC yarigeze ku mukino wa nyuma ku nshuro ya mbere 
Igice cya mbere cyarangiye nta kipe ishoboye kubona igitego mu izamu ry'indi ari 0-0.

Mu Gice cya kabiri 

Igice cya kabiri nacyo cyari gikomeye ku mpande zombi. Abatoza bagiye bakora impinduka ariko ntizagira icyo zitanga. Imikino y'umukino yarangiye nta kipe ibonye igitego ari 0-0.

Bongeyeho iminota 30 nkuko amategeko abiteganya.

Ku muunota wa 10 winyongera bihwanye n'umunota wi 100 w'umukino nibwo Kawempe yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Agnes NABUKENYA kuburangare bwabakinnyi b'inyuma ba Kenya Police. Nyuma y'icyo gitego nta kindi gitego cyabonetse mu mukino kugeza urangiye.

Kawempe Muslim Ladies WFC yegukana igikombe yegukana Igikombe cya CAF Women’s Champions League CECAFA Qualifiers 2026, ku nshuro yayo ya mbere ihita inabona itike yo kujya mu matsinda y’amakipe yahize andi muri Afurika aho izaba ihagarariye CECAFA.

‎Nyuma y'umukino, Umutoza Mukuru wa Kawempe Muslim Ladies WFC isanzwe ari ikipe y’ikigo cy’amashuri, Ayub Khalifa Kiyingi, yavuze ko ikipe ye yitwaye neza kandi ari bwo urugendo rugitangira mu rwego rwo kurushaho kuzitwara neza mu matsinda.

Kawempe Muslim Ladies WFC yatsinze ibitego 12 yinjizwa igitego kimwe mu irushanwa ryose, inatsinda imikino yose kugeza igeze ku gikombe. Agnes Nabukenya yayitsindiye ibitego bitanu, akabinganya na Martha Amunyolete Emedot wa Kenya Police Bullets WFC.
Kawempe Muslim Ladies WFC
Kawempe Muslim Ladies WFC 

Iyi kipe yegukanye CECAFA izahagararira akarere mu mikino ya nyuma ya CAF Women’s Champions League, ari na bwo bwa mbere igiye kurikina. 

Iyi mikino ishobora kubera mu Rwanda

Umuzamu wa Kawempe Muslim Ladies WFC niwe wabaye umuzamu w'irushanwa.

Umuzamu wa Kawempe Muslim Ladies WFC niwe wabaye umuzamu w'irushanwa yatsinzwe igitego kimwe gusa
Umuzamu wa Kawempe Muslim Ladies WFC niwe wabaye umuzamu w'irushanwa yatsinzwe igitego kimwe gusa 

Inkuru zerekeye

‎Njyanye amahoro yo mu mutima ! Lionel Messi yasezeye ruhago avuga ko atazongera gukinira ikipe y'Igihugu ya Argentine
Imikino

‎Njyanye amahoro yo mu mutima ! Lionel Messi yasezeye ruhago avuga ko atazongera gukinira ikipe y'Igihugu ya Argentine

‎Rutahizamu wa Argentine nyuma yo gukina imikino y'igikombe cy'Isi cya 2026 yakinaga nk'icyanyuma mu mboni y'abakunzi b'umupira w'amaguru ariko bikarangira nta gikombe atwaye nyamara yarafashijwe n'ingeri zose kugitwara.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Hakim Hamissi afashije Kiyovu Sports Club gutwara igikombe nyuma y'imyaka 33.
Imikino

Hakim Hamissi afashije Kiyovu Sports Club gutwara igikombe nyuma y'imyaka 33.

Igitego cya Hakim Hamissi cyo ku munota wa 84 nicyo gihesheje Kiyovu Sports Club gutwara igikombe nyuma y'imyaka 33.

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi
Imikino

Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi

KNC nyuma yo kutemera ibyavuye muri komisiyo y'amategeko. Akajurira. Akanama kigenga k'ubujurire katesheje agaciro ubujurire bwe.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation
Imikino

Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation

Kugeza ubu amakuru avuga ko bamwe mu bakinnyi bashya b’ikipe ya Rayon Sports, Mohamed Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere wa CAF Confederation Cup bitewe n’uko urwego rwabo rukiri hasi.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
KNC yaguririye icyemezo cyo kurekura Hamiss Hakim nyuma yo kumutsinda muri Ferwafa
Imikino

KNC yaguririye icyemezo cyo kurekura Hamiss Hakim nyuma yo kumutsinda muri Ferwafa

KNC nyuma yo gutsindwa na Hakim Hamiss avuga ko yasuzuguwe ngo Kiyovu niba imushaka nize baganire

ADAM Yannickiminsi 3 yashize
Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026
Imikino

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma zimaze gusezerera Mukura VS na Rayon Sports FC.

ADAM Yannickiminsi 4 yashize

Inkuru zishyashya

‎Keliiy yashimagije Burna Boy amwita umugiraneza
Imyidagaduro

‎Keliiy yashimagije Burna Boy amwita umugiraneza

‎Umunyamideri Keliiy Morgan yasobanuye ko gukorana na Burna boy wo muri Nigeria byari byiza kuri we ngo na cyane ko byahinduye ubuzima bwe mu buryo butandukanye agereranyije n'abandi.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
FC Barcelona igiye gusinyisha Jesus ku kayabo k’agera kuri 17,114,122,350 RWF
Imyidagaduro

FC Barcelona igiye gusinyisha Jesus ku kayabo k’agera kuri 17,114,122,350 RWF

Ikipe ya Arsenal igiye gusinyisha umukinnyi ukomeye Gabriel Jesus wa Arsenal ku kayabo k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri 17,114,122,350 nk’uko amasoko atandukanye dukesha iyi nkuru abitangaza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Abakopeye ibizamini bya Leta bagiye kongera gukora bwa Kabiri
INKURU NYAMUKURU

‎Abakopeye ibizamini bya Leta bagiye kongera gukora bwa Kabiri

‎Nk'uko bigaragara mu itangazo ryasohowe abanyeshuri bakopeye bagiye kongera gukora mu rwego rwo kubarengera.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Impanga z'abagore babiri ku myaka 49 basanze badahuje ba Se
Izindi nkuru

‎Impanga z'abagore babiri ku myaka 49 basanze badahuje ba Se

‎Lavinia na Michelle Obsbourne ntabwo bahuje ba Se nyamara baravutse ari impanga. Aba bagore kuri ubu bafite imyaka 49 y'amavuko.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko
INKURU NYAMUKURU

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko

‎Nyuma y'imyaka itatu, Diamond Platnumz yongeye guha ibyishimo Abanyarwanda mu gitaramo cyabereye mu Mugi wa Kigali.Ni igitaramo Simba yahuriyemo na Bruce Melodie , Nel Ngabo na Ish Kevin.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira
Hanze

‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira

‎Gen Muhoozi Kainarugaba , Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko kubera amashusho y'aba-general bashyizwe mu kiruhuko cy'izabukuru yabagaragaye bari kubyina cyane , agomba kubafunga bose.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize